• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018 Mu Rwanda

Umucamanza w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) rukorera i Arusha muri Tanzania, yandikiye Leta y’u Rwanda ayisaba kugira icyo ivuga ku ngingo ishobora gufatwa yo kurekura Col. Simba Aloys wahamwe n’ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba afungiye muri Benin.

Col. Simba Aloys yahamwe n’ibyaha bya jenoside, aho ashinjwa kuyobora ibitero bitandukanye by’ingabo n’Interahamwe zishwe Abatutsi muri Butare na Gikongoro mu 1994, yakatiwe igifungo cy’imyaka 25.

Uyu mugabo w’imyaka 80 yari afite ipeti rya Lt. koloneli, yafatiwe muri Senegal aho yari yarahungiye mu 2001, mu mwaka wa 2002 ashyikirizwa urukiko i Arusha, mu mwaka wa 2005 akatirwa igihano cy’imyaka 25.

Kuva mu mwaka wa 2009, nibwo Col. Simba Aloys yoherejwe muri Benin kugirango arangirizeyo igihano yari yakatiwe n’urukiko.

Uru rukiko rutangaza ko Simba yarwandikiye arusaba kurekurwa bitewe n’uko arangije 2/3 by’igihano yahawe n’uru rukiko rwashyiriweho u Rwanda.

Nk’uko Radiyo Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo Umucamanza mukuru w’uru rukiko, Theodor Meron, yatangarije u Rwanda ko bafatanyije n’umwanditsi w’imanza, basuzumye basanga Simba azaba arangije bibiri bya gatatu by’igihe cy’igifungo yakatiwe ku wa 27 Nyakanga 2018.

Umucamanza Theodor Meron, abwira Leta y’u Rwanda ko amategeko yemerera imfungwa yitwaye neza muri gereza kuba yarekurwa imaze gufungwa bibiri bya gatatu by’igihe yahawe, avuga kandi ko Simba afite ibibazo by’ubuzima bishobora kwiyongera mu gihe yaba agumye muri gereza.

Uyu mucamanza yasabye Leta y’u Rwanda niba hari icyo ifite cyo gutangaza kuri iyi ngingo, ko yakivuga bitarenze iminsi 14, ni ukuvuga ku wa 10 Gicurasi 2018.

Uyu mucamanza na we yasabye Simba kuzagira icyo avuga mu gihe cy’iminsi itarenze 10 nyuma y’ubwo Leta y’u Rwanda izaba yagize icyo ibivuzeho.

N’ubwo Leta y’u Rwanda ntacyo yari yatangaza kuri iyi ngingoireba Simba, kugabanyirizwa ibihano cyangwa gufungura abahamwe n’ibyaha bya jenoside, Komisiyo ishinzwe kurwanya jenoside (CNLG) itangaza ko ingingo nk’izo zifatwa nko guhakana no gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi, ubu yibukwa ku nshuro ya 24.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunama ku wa 6 Mata 2018, hibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana J.Damascene, yagaye imikorere y’uyu mucamanza, Theodor Meron.

Yagize ati “…, Nubwo hari intambwe yatewe hari ibyemezo bimwe na bimwe by’amahanga byakomeje kugenda bica intege, urugero twafata ni ibyemezo bimwe na bimwe byagiye bifatwa, ndetse bifatwa n’urwego rwasimbuye urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruyobowe n’umucamanza Theodor Meron, kuva ku itariki ya 1 Werurwe 2012, aho usanga ibyaha bya ruhamwa bigabanywa, hagamijwe kubafungura, hari abantu 6 bahawe igifungo cya burundu yagabanyirije igihano, barimo Col. Bagosora,…

Akomeza avuga ko uyu mucamanza hari ingingo yagiye avana mu mategeko agenga uru rukiko, agamije kurekura abo ashaka, ati “yafashe umwanzuro wa mbere wo guhindura amategeko urukiko rugenderaho kuko yasabaga ko mbere yo gufata icyemezo cyo gufungura abantu by’agateganyo agomba kugisha inama u Rwanda cyangwa se umushinjacyaha mukuru w’urukiko rwa Arusha, izi ngingo yazivanyemo kugirango ashobore kuja afungura abantu uko abyishakiye”.

Simba Aloys yavutse ku wa 28 Ukuboza 1938, mu cyahoze ari Komini Musebeya, Perefegitura ya Gikongoro, akaba yari afite ipeti rya Liyetona Koloneli mu ngabo z’u Rwanda (FAR). Uyu mugabo ni umwe mu bateguye Coup d’Etat yo mu 1973, yakozwe n’ikipe yiyise ‘Les camarades du 5 juillet 1973”.

2018-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Ubwanditsi 03 Apr 2017
René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Amateka ya Étienne Tshisekedi  waharaniye kuba Perezida wa  RDC kugeza apfuye

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Ubwanditsi 08 Nov 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Rukundo
    April 29, 20183:20 pm -

    Aliko uyu muvunamuheto ngo ni Mero, abona ubukambwe bwabuza umuntu kwitwa umugome?
    None we ko atari yasezera kukazi kandi akukuza nkugiye guhenuka?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda
Amakuru

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022
Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi
Mu Rwanda

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]
UBUKUNGU

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru