• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018 Mu Rwanda

Umucamanza w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) rukorera i Arusha muri Tanzania, yandikiye Leta y’u Rwanda ayisaba kugira icyo ivuga ku ngingo ishobora gufatwa yo kurekura Col. Simba Aloys wahamwe n’ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba afungiye muri Benin.

Col. Simba Aloys yahamwe n’ibyaha bya jenoside, aho ashinjwa kuyobora ibitero bitandukanye by’ingabo n’Interahamwe zishwe Abatutsi muri Butare na Gikongoro mu 1994, yakatiwe igifungo cy’imyaka 25.

Uyu mugabo w’imyaka 80 yari afite ipeti rya Lt. koloneli, yafatiwe muri Senegal aho yari yarahungiye mu 2001, mu mwaka wa 2002 ashyikirizwa urukiko i Arusha, mu mwaka wa 2005 akatirwa igihano cy’imyaka 25.

Kuva mu mwaka wa 2009, nibwo Col. Simba Aloys yoherejwe muri Benin kugirango arangirizeyo igihano yari yakatiwe n’urukiko.

Uru rukiko rutangaza ko Simba yarwandikiye arusaba kurekurwa bitewe n’uko arangije 2/3 by’igihano yahawe n’uru rukiko rwashyiriweho u Rwanda.

Nk’uko Radiyo Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo Umucamanza mukuru w’uru rukiko, Theodor Meron, yatangarije u Rwanda ko bafatanyije n’umwanditsi w’imanza, basuzumye basanga Simba azaba arangije bibiri bya gatatu by’igihe cy’igifungo yakatiwe ku wa 27 Nyakanga 2018.

Umucamanza Theodor Meron, abwira Leta y’u Rwanda ko amategeko yemerera imfungwa yitwaye neza muri gereza kuba yarekurwa imaze gufungwa bibiri bya gatatu by’igihe yahawe, avuga kandi ko Simba afite ibibazo by’ubuzima bishobora kwiyongera mu gihe yaba agumye muri gereza.

Uyu mucamanza yasabye Leta y’u Rwanda niba hari icyo ifite cyo gutangaza kuri iyi ngingo, ko yakivuga bitarenze iminsi 14, ni ukuvuga ku wa 10 Gicurasi 2018.

Uyu mucamanza na we yasabye Simba kuzagira icyo avuga mu gihe cy’iminsi itarenze 10 nyuma y’ubwo Leta y’u Rwanda izaba yagize icyo ibivuzeho.

N’ubwo Leta y’u Rwanda ntacyo yari yatangaza kuri iyi ngingoireba Simba, kugabanyirizwa ibihano cyangwa gufungura abahamwe n’ibyaha bya jenoside, Komisiyo ishinzwe kurwanya jenoside (CNLG) itangaza ko ingingo nk’izo zifatwa nko guhakana no gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi, ubu yibukwa ku nshuro ya 24.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunama ku wa 6 Mata 2018, hibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana J.Damascene, yagaye imikorere y’uyu mucamanza, Theodor Meron.

Yagize ati “…, Nubwo hari intambwe yatewe hari ibyemezo bimwe na bimwe by’amahanga byakomeje kugenda bica intege, urugero twafata ni ibyemezo bimwe na bimwe byagiye bifatwa, ndetse bifatwa n’urwego rwasimbuye urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruyobowe n’umucamanza Theodor Meron, kuva ku itariki ya 1 Werurwe 2012, aho usanga ibyaha bya ruhamwa bigabanywa, hagamijwe kubafungura, hari abantu 6 bahawe igifungo cya burundu yagabanyirije igihano, barimo Col. Bagosora,…

Akomeza avuga ko uyu mucamanza hari ingingo yagiye avana mu mategeko agenga uru rukiko, agamije kurekura abo ashaka, ati “yafashe umwanzuro wa mbere wo guhindura amategeko urukiko rugenderaho kuko yasabaga ko mbere yo gufata icyemezo cyo gufungura abantu by’agateganyo agomba kugisha inama u Rwanda cyangwa se umushinjacyaha mukuru w’urukiko rwa Arusha, izi ngingo yazivanyemo kugirango ashobore kuja afungura abantu uko abyishakiye”.

Simba Aloys yavutse ku wa 28 Ukuboza 1938, mu cyahoze ari Komini Musebeya, Perefegitura ya Gikongoro, akaba yari afite ipeti rya Liyetona Koloneli mu ngabo z’u Rwanda (FAR). Uyu mugabo ni umwe mu bateguye Coup d’Etat yo mu 1973, yakozwe n’ikipe yiyise ‘Les camarades du 5 juillet 1973”.

2018-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ubwanditsi 25 Sep 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Rukundo
    April 29, 20183:20 pm -

    Aliko uyu muvunamuheto ngo ni Mero, abona ubukambwe bwabuza umuntu kwitwa umugome?
    None we ko atari yasezera kukazi kandi akukuza nkugiye guhenuka?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru
Mu Mahanga

Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga
Amakuru

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )
ITOHOZA

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru