• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 30 Mar 2019 Mu Mahanga

Inzego z’umutekano muri Uganda zashimuse Abanyarwanda batanu barimo n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero ADEPR Uganda, Ntakirutimana Théoneste, kuri ubu bitazwi aho aherereye.

Ibikorwa byo guta muri yombi no gushimuta Abanyarwanda bakorera muri Uganda byakajije umurego kuva mu myaka ibiri ishize aho inzego z’umutekano zibafata zikajya kubatotereza muri za kasho zitazwi.

Virunga Post dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu minsi 14 ishize Abanyarwanda batanu bashimuswe n’inzego z’umutekano bashinjwa impamvu yabaye icyita rusange yo kwitwa ‘intasi z’u Rwanda.’

Umuyobozi w’Itorero rya ADEPR muri Uganda, Ntakirutimana Théoneste ni we uheruka gushimutwa vuba kuko yaburiwe irengero i Kampala ku wa 28 Werurwe 2019.

Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) nirwo rwagiye ruba inyuma ibi bikorwa bigirira inabi abanyarwanda aho rufata abantu nta nyandiko zashyizweho cyangwa ubundi buryo bwemewe butuma umuntu atabwa muri yombi.

Ibura rya Ntakirutimana rirakurikira irya Cyusa Jean Paul, umukirisitu wo muri ADEPR i Kampala wabuze ku wa 22 Werurwe 2019.

Muri Mata 2015, nibwo ADEPR yaguye amarembo ishinga ishami ryayo muri Uganda, hashyirwaho umushumba mukuru ukuriwe n’Umuvugizi w’iri torero mu Rwanda.

Iri torero rikorera muri Uganda byemewe n’amategeko y’iki gihugu, abayoboke baryo batangiye kwinjirirwa nyuma y’abandi bashimuswe barimo Peace Lydia Mahoro wafashwe ku wa 18 Werurwe; Karangwa Daniel watwariwe i Kiboga ku wa 26 Werurwe na Habimana Issa wafashwe ku wa 19 Werurwe 2019.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda bagiye bafatwa bakajyanwa ahantu hatazwi akaba ariho bakorerwa iyicarubozo.

Mu buhamya bwabo, abafashwe bagafungwa muri ubwo buryo bavuga ko uburenganzira bwabo buhonyorwa bidasanzwe kugeza aho bibaza icyo baremewe.

Abafungiwe muri izo kasho bahamya ko abakozi ba CMI nibura batanu baba bazengurutse umusivili w’Umunyarwanda umwe. Ngo iyo bakimufata, bamusunikira mu modoka ifite ibirahuri bitabona, bakamwambika ikintu kimeze nk’ingofero mu mutwe gituma atabona.

Abanyuze muri ubu buzima bavuga ko ibi bikurikirwa no kujyanwa ahantu hatazwi mu habarirwa ku 100, CMI igenzura nka kasho ifungiramo abantu binyuranye n’amategeko mpuzamahanga. Hari igihe bajyanwa ku Biro bikuru bya CMI biri mu Kigo cya Gisirikare cya Mbuya.

U Rwanda rushinja Uganda gushyigikira abashaka kuruhungabanyiriza umutekano barimo umutwe RNC wa Kayumba Nyamwasa ufite ibirindiro mu mashyamba ya Congo muri Kivu y’Amajyepfo na FDLR.

Rwagaragarije iki gihugu ko rubangamiwe n’uburyo abaturage barwo bafatwa, bagafungwa, bagatotezwa abandi bakirukanwa muri Uganda nta mpamvu ifatika.

Muri kasho za CMI, abagejejwemo barakubitwa, bakicishwa inzara, bakagaburirwa ibyo kurya byamenwe hasi mu myanda n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri.

Umunyemari ukomoka mu Rwanda, Niyigena Patrick watotejwe na CMI mu Ukwakira 2018, yavuye imuzi uko yamaze iminsi itatu ahatwa inkoni kugeza akubiswe umunwa urasaduka.

Yavuze ko bamuteye ikintu ‘kimeze nk’urushinge’ yaketse ko cyarimo uburozi mbere yo kumujugunya ku muhanda i Kampala bamaze kumucucura $ 2600 yari afite.

Mu buhamya bw’Abanyarwanda bashobora kurokoka kasho ya CMI iri Mbuya bayigereranya n’ikuzimu ku Isi.

Muhawenimana Damascène washimuswe mu Ukuboza 2018, yatangaje ko “Abakozi ba CMI ni abagome batigeze ubumuntu muri bo.’’

Yakomeje avuga ko “Bakubita abantu bakoresheje insinga z’amashanyarazi cyangwa ubuhiri. Bafungira abantu mu mwijima, hari umunuko udasanzwe kandi buri gihe baba bafunze ikintu mu mutwe ngo amaso yabo acike intege. Ntibabarira n’abasaza kuko hari uwo nabonye uruhu ruri gutonyoka kubera inkoni.’’

Muhawenimana yafashwe agerekwaho kuba ‘maneko w’u Rwanda’ mu gihe yinjiranye muri Uganda na nyina agiye gusura murumuna we witwa Kwizera Bernard.

Abashimutiwe muri Uganda bavuga ko CMI ikorana mu buryo busesuye n’abakozi ba RNC, iyobowe na Kayumba Nyamwasa, uyu yagize uruhare mu bitero bya grenade byibasiye Kigali hagati ya 2010 na 2015, bikagwamo abantu 17, abarenga 400 bagakomereka.

Intumwa za RNC nka Rugema Kayumba, wifashisha imbuga nkoranyambaga mu guharabika u Rwanda, nibo bakunze gushyirwa mu majwi nk’abatungira agatoki CMI abo izatoteza.

Rugema na mugenzi we bakorana muri RNC witwa Mukombozi, batije umurindi ishimutwa n’itotezwa ry’Umunyarwanda Gatsinzi Fidèle ashinjwa kuba ‘intasi y’u Rwanda’.

Uyu mugabo wafashwe agiye gusura umwana we wiga muri Uganda, ngo azi neza Rugema na Mukombozi nk’abacengezamatwara ba RNC kuri Facebook.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda bose bafashwe n’inzego zitandukanye muri Uganda nk’Urushinzwe Umutekano w’Imbere (ISO) ruyobowe na Col (Rtd) Kaka Byagenda n’urw’Ubutasi rwa Gisirikare muri iki gihugu (CMI) ruri mu bubasha bwa Brig Gen Abel Kandiho; ntawe uragezwa imbere y’ubutabera ngo aburanishwe ku byaha aregwa. Umunyamahirwe ararekurwa, agakomereza ubuzima ahandi ariko yarabaye igisenzegeri.

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Umupasiteri yafatiwe muri Lodge asambanya umwe mubo bafatanya umurimo w’Imana

Kigali: Umupasiteri yafatiwe muri Lodge asambanya umwe mubo bafatanya umurimo w’Imana

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Ubwanditsi 17 May 2016
Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jonathan Musonera  yatetse umutwe abeshya ko  yatumwe n’ umuryango  Col. Karegeya?
ITOHOZA

Jonathan Musonera yatetse umutwe abeshya ko yatumwe n’ umuryango Col. Karegeya?

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo
ITOHOZA

Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Agahuru kimbwa kahiye
ITOHOZA

Agahuru kimbwa kahiye

Ubwanditsi 08 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru