• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 30 Mar 2019 Mu Mahanga

Inzego z’umutekano muri Uganda zashimuse Abanyarwanda batanu barimo n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero ADEPR Uganda, Ntakirutimana Théoneste, kuri ubu bitazwi aho aherereye.

Ibikorwa byo guta muri yombi no gushimuta Abanyarwanda bakorera muri Uganda byakajije umurego kuva mu myaka ibiri ishize aho inzego z’umutekano zibafata zikajya kubatotereza muri za kasho zitazwi.

Virunga Post dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu minsi 14 ishize Abanyarwanda batanu bashimuswe n’inzego z’umutekano bashinjwa impamvu yabaye icyita rusange yo kwitwa ‘intasi z’u Rwanda.’

Umuyobozi w’Itorero rya ADEPR muri Uganda, Ntakirutimana Théoneste ni we uheruka gushimutwa vuba kuko yaburiwe irengero i Kampala ku wa 28 Werurwe 2019.

Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) nirwo rwagiye ruba inyuma ibi bikorwa bigirira inabi abanyarwanda aho rufata abantu nta nyandiko zashyizweho cyangwa ubundi buryo bwemewe butuma umuntu atabwa muri yombi.

Ibura rya Ntakirutimana rirakurikira irya Cyusa Jean Paul, umukirisitu wo muri ADEPR i Kampala wabuze ku wa 22 Werurwe 2019.

Muri Mata 2015, nibwo ADEPR yaguye amarembo ishinga ishami ryayo muri Uganda, hashyirwaho umushumba mukuru ukuriwe n’Umuvugizi w’iri torero mu Rwanda.

Iri torero rikorera muri Uganda byemewe n’amategeko y’iki gihugu, abayoboke baryo batangiye kwinjirirwa nyuma y’abandi bashimuswe barimo Peace Lydia Mahoro wafashwe ku wa 18 Werurwe; Karangwa Daniel watwariwe i Kiboga ku wa 26 Werurwe na Habimana Issa wafashwe ku wa 19 Werurwe 2019.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda bagiye bafatwa bakajyanwa ahantu hatazwi akaba ariho bakorerwa iyicarubozo.

Mu buhamya bwabo, abafashwe bagafungwa muri ubwo buryo bavuga ko uburenganzira bwabo buhonyorwa bidasanzwe kugeza aho bibaza icyo baremewe.

Abafungiwe muri izo kasho bahamya ko abakozi ba CMI nibura batanu baba bazengurutse umusivili w’Umunyarwanda umwe. Ngo iyo bakimufata, bamusunikira mu modoka ifite ibirahuri bitabona, bakamwambika ikintu kimeze nk’ingofero mu mutwe gituma atabona.

Abanyuze muri ubu buzima bavuga ko ibi bikurikirwa no kujyanwa ahantu hatazwi mu habarirwa ku 100, CMI igenzura nka kasho ifungiramo abantu binyuranye n’amategeko mpuzamahanga. Hari igihe bajyanwa ku Biro bikuru bya CMI biri mu Kigo cya Gisirikare cya Mbuya.

U Rwanda rushinja Uganda gushyigikira abashaka kuruhungabanyiriza umutekano barimo umutwe RNC wa Kayumba Nyamwasa ufite ibirindiro mu mashyamba ya Congo muri Kivu y’Amajyepfo na FDLR.

Rwagaragarije iki gihugu ko rubangamiwe n’uburyo abaturage barwo bafatwa, bagafungwa, bagatotezwa abandi bakirukanwa muri Uganda nta mpamvu ifatika.

Muri kasho za CMI, abagejejwemo barakubitwa, bakicishwa inzara, bakagaburirwa ibyo kurya byamenwe hasi mu myanda n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri.

Umunyemari ukomoka mu Rwanda, Niyigena Patrick watotejwe na CMI mu Ukwakira 2018, yavuye imuzi uko yamaze iminsi itatu ahatwa inkoni kugeza akubiswe umunwa urasaduka.

Yavuze ko bamuteye ikintu ‘kimeze nk’urushinge’ yaketse ko cyarimo uburozi mbere yo kumujugunya ku muhanda i Kampala bamaze kumucucura $ 2600 yari afite.

Mu buhamya bw’Abanyarwanda bashobora kurokoka kasho ya CMI iri Mbuya bayigereranya n’ikuzimu ku Isi.

Muhawenimana Damascène washimuswe mu Ukuboza 2018, yatangaje ko “Abakozi ba CMI ni abagome batigeze ubumuntu muri bo.’’

Yakomeje avuga ko “Bakubita abantu bakoresheje insinga z’amashanyarazi cyangwa ubuhiri. Bafungira abantu mu mwijima, hari umunuko udasanzwe kandi buri gihe baba bafunze ikintu mu mutwe ngo amaso yabo acike intege. Ntibabarira n’abasaza kuko hari uwo nabonye uruhu ruri gutonyoka kubera inkoni.’’

Muhawenimana yafashwe agerekwaho kuba ‘maneko w’u Rwanda’ mu gihe yinjiranye muri Uganda na nyina agiye gusura murumuna we witwa Kwizera Bernard.

Abashimutiwe muri Uganda bavuga ko CMI ikorana mu buryo busesuye n’abakozi ba RNC, iyobowe na Kayumba Nyamwasa, uyu yagize uruhare mu bitero bya grenade byibasiye Kigali hagati ya 2010 na 2015, bikagwamo abantu 17, abarenga 400 bagakomereka.

Intumwa za RNC nka Rugema Kayumba, wifashisha imbuga nkoranyambaga mu guharabika u Rwanda, nibo bakunze gushyirwa mu majwi nk’abatungira agatoki CMI abo izatoteza.

Rugema na mugenzi we bakorana muri RNC witwa Mukombozi, batije umurindi ishimutwa n’itotezwa ry’Umunyarwanda Gatsinzi Fidèle ashinjwa kuba ‘intasi y’u Rwanda’.

Uyu mugabo wafashwe agiye gusura umwana we wiga muri Uganda, ngo azi neza Rugema na Mukombozi nk’abacengezamatwara ba RNC kuri Facebook.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda bose bafashwe n’inzego zitandukanye muri Uganda nk’Urushinzwe Umutekano w’Imbere (ISO) ruyobowe na Col (Rtd) Kaka Byagenda n’urw’Ubutasi rwa Gisirikare muri iki gihugu (CMI) ruri mu bubasha bwa Brig Gen Abel Kandiho; ntawe uragezwa imbere y’ubutabera ngo aburanishwe ku byaha aregwa. Umunyamahirwe ararekurwa, agakomereza ubuzima ahandi ariko yarabaye igisenzegeri.

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27  zari zigiye gutikira

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye  Amadovize
Mu Rwanda

Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo
Amakuru

Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo

Ubwanditsi 28 May 2021
U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu
POLITIKI

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru