• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda yagaragaje ko ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1,09 $, ni ukuvuga arenga miliyari 1.598,3 Frw mu 2024 avuye kuri miliyoni 886,9 $ ryari ririho mu 2023.

Iyi raporo yasohotse ku wa 17 Gashyantare 2026 igaragaza ko mu 2024, urwego rw’imari rwashowemo miliyoni 299,1$ bingana n’izamuka rya 27,2%; urwego rw’inganda rwashowemo miliyoni 267,1 $; urwego rw’ubwubatsi rwashowemo miliyoni 150,5 $; na ho inzego z’ubuhinzi, uburezi n’ubuzima zashowemo ishoramari mvamahanga rya miliyoni 107,7 $.

Ibihugu byagize uruhare runini mu ishoramari mvamahanga biyobowe n’Ibirwa bya Maurice aho abashoramari babikomokamo bashoye miliyoni 251,1 $, muri Kenya havuye ishoramari rya miliyoni 140,3 $, mu Bushinwa havuye ishoramari rya miliyoni 108,6 $, abakomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bashoye miliyoni 103,9 $, naho mu Budage hava ishoramari rya miliyoni 65,3 $.

Iri shoramari mvamahanga rirebwe hagendewe mu miryango n’uturere tw’Isi, umuryango wa COMESA wavuyemo ishoramari mvamahanga ringana na miliyoni 418,6 $, muri OECD hava iringana na miliyoni 340,6 $, muri SADC havuye ishoramari rya miliyoni 293,4 $, ayavuye muri Aziya aba miliyoni 228,2 $, umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ukurikiraho na miliyoni 159,1 $.

Inguzanyo zavuye mu mahanga zinjiye mu bigo by’ubucuruzi byo mu Rwanda, zageze kuri miliyoni 543,6 $ bingana n’izamuka rya 28,5% kuko yari miliyoni 423 $.

Iyi raporo igaragaza ko izi nguzanyo mvamahanga zazamutse kubera ko ibigo biri imbere mu gihugu byagujije mu bigo bikora imirimo imwe byo mu mahanga aho bifitemo uruhare rwa 60,8% mu gihe 39,2% by’izi nguzanyo zavuye mu mahanga zatanzwe n’ibigo bidahuje ibyo bikora.

Ibigo byasubije muri ubu bushakashatsi birenga 380. Igicuruzo rusange cyabyo cyari miliyari 3,9 $ mu gihe mu mwaka wa 2023 igicuruzo rusange cyari miliyari 3,6 $.

Iyi raporo igaragaza ko mu 2024 ibigo by’abikorera bifite ba nyirabyo b’abanyamahanga babifitemo hejuru ya 10% byabonye inyungu iri hejuru ya 36,4%, igera kuri miliyoni 179,5 $ avuye kuri miliyoni 176,5 $ mu 2023.

Inyungu itarasaranganyijwe abanyamigabane, igashorwa muri ibi bigo na yo yiyongereyeho 34,6% igera kuri miliyoni 125,4 $.

Ni mugihe inyungu yasaranganyijwe abanyamigabane b’ibi bigo na yo yiyongereyeho 15,2%, igera kuri miliyoni 38,3 $ mu 2024.

Ishoramari mvamahanga mu 2024 ryatanze akazi ku bantu ibihumbi 69.341, muri bo 97,6% ni Abanyarwanda. Ni mu gihe mu mwaka wari wabanje abari babonye akazi mu Rwanda bivuye ku ishoramari mvamahanga bari 59.916.

2026-02-19
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Ubwanditsi 12 Sep 2019
FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention
POLITIKI

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda
Mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose
POLITIKI

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Ubwanditsi 15 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru