• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda yagaragaje ko ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1,09 $, ni ukuvuga arenga miliyari 1.598,3 Frw mu 2024 avuye kuri miliyoni 886,9 $ ryari ririho mu 2023.

Iyi raporo yasohotse ku wa 17 Gashyantare 2026 igaragaza ko mu 2024, urwego rw’imari rwashowemo miliyoni 299,1$ bingana n’izamuka rya 27,2%; urwego rw’inganda rwashowemo miliyoni 267,1 $; urwego rw’ubwubatsi rwashowemo miliyoni 150,5 $; na ho inzego z’ubuhinzi, uburezi n’ubuzima zashowemo ishoramari mvamahanga rya miliyoni 107,7 $.

Ibihugu byagize uruhare runini mu ishoramari mvamahanga biyobowe n’Ibirwa bya Maurice aho abashoramari babikomokamo bashoye miliyoni 251,1 $, muri Kenya havuye ishoramari rya miliyoni 140,3 $, mu Bushinwa havuye ishoramari rya miliyoni 108,6 $, abakomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bashoye miliyoni 103,9 $, naho mu Budage hava ishoramari rya miliyoni 65,3 $.

Iri shoramari mvamahanga rirebwe hagendewe mu miryango n’uturere tw’Isi, umuryango wa COMESA wavuyemo ishoramari mvamahanga ringana na miliyoni 418,6 $, muri OECD hava iringana na miliyoni 340,6 $, muri SADC havuye ishoramari rya miliyoni 293,4 $, ayavuye muri Aziya aba miliyoni 228,2 $, umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ukurikiraho na miliyoni 159,1 $.

Inguzanyo zavuye mu mahanga zinjiye mu bigo by’ubucuruzi byo mu Rwanda, zageze kuri miliyoni 543,6 $ bingana n’izamuka rya 28,5% kuko yari miliyoni 423 $.

Iyi raporo igaragaza ko izi nguzanyo mvamahanga zazamutse kubera ko ibigo biri imbere mu gihugu byagujije mu bigo bikora imirimo imwe byo mu mahanga aho bifitemo uruhare rwa 60,8% mu gihe 39,2% by’izi nguzanyo zavuye mu mahanga zatanzwe n’ibigo bidahuje ibyo bikora.

Ibigo byasubije muri ubu bushakashatsi birenga 380. Igicuruzo rusange cyabyo cyari miliyari 3,9 $ mu gihe mu mwaka wa 2023 igicuruzo rusange cyari miliyari 3,6 $.

Iyi raporo igaragaza ko mu 2024 ibigo by’abikorera bifite ba nyirabyo b’abanyamahanga babifitemo hejuru ya 10% byabonye inyungu iri hejuru ya 36,4%, igera kuri miliyoni 179,5 $ avuye kuri miliyoni 176,5 $ mu 2023.

Inyungu itarasaranganyijwe abanyamigabane, igashorwa muri ibi bigo na yo yiyongereyeho 34,6% igera kuri miliyoni 125,4 $.

Ni mugihe inyungu yasaranganyijwe abanyamigabane b’ibi bigo na yo yiyongereyeho 15,2%, igera kuri miliyoni 38,3 $ mu 2024.

Ishoramari mvamahanga mu 2024 ryatanze akazi ku bantu ibihumbi 69.341, muri bo 97,6% ni Abanyarwanda. Ni mu gihe mu mwaka wari wabanje abari babonye akazi mu Rwanda bivuye ku ishoramari mvamahanga bari 59.916.

2026-02-19
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024
Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Ubwanditsi 08 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri na Tap and Go
Amakuru

Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri na Tap and Go

Ubwanditsi 23 May 2024
Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana
Mu Mahanga

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda
Mu Mahanga

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru