• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli y’inyenyeri enye ‘Park Inn by Radisson Kigali, yizeza ko Leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo abashoramari bakorere mu mutekano n’umudendezo usesuye kandi bunguke.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15Ukuboza 2017, nibwo Umukuru w’Igihugu yafunguye iyi hoteli yubatswe n’umushoramari w’Umunyarwanda, Joseph Mugisha, ikaba iherereye ahitwa mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko kugira ishoramari rikozwe n’Abanyarwanda ubwabo avuga ko rigira akamaro cyane usibye no kuba ribateza imbere, ngo riba rinafitiwe icyizere kurushaho.

Yagize ati “ Ishoramari nk’iri ry’abanyagihugu mu banyagihugu babo ni ryiza cyane kuko rituma ubukungu bukomera cyane cyane iyo rishingiye ku banyagihugu, gusa iyo mvuze ko rishingiye ku banyagihugu, ntabwo bivuze ko badafatanya n’abandi b’ibindi bihugu.”

Yakomeje agira ati “ Abantu bashobora gukora ishoramari nk’iri ari umuryango cyangwa abanyarwanda bonyine, akenshi biba byiza ndetse birushaho kugira agaciro, bagakorana n’abandi b’ibindi bihugu kuko bafite byinshi nabo bazana.”

Yavuze ko iyo bituruka hanze gusa bidashingira ku banyagihugu ndetse ko iyo habaye ikibazo abo hanze hari igihe bahambira ibyabo bakigendera ha handi hagasigara ubusa ariko iyo ari iby’umunyarwanda ngo ntaho bijya.

Perezida Kagame yashimye umushoramari Mugisha Joseph avuga ko igikorwa yakoze ari icy’indashyikirwa nk’Umunyarwanda asaba n’abandi gukomeza gukora batyo.

Mugisha Joseph yashimye Perezida Kagame, avuga ko ubuyobozi bwe bwiza kandi bworohereza ishoramari ari bwo bwatumye agera ku kubaka hoteli ingana ityo.

Yagize ati “ Ngushimiye byimazeyo uburyo udahwema guteza imbere abikorera ku giti cyabo, uyu musaruro tugezeho uri mu cyerekezo cy’ubuyobozi bwanyu bwiza bwo kugira u Rwanda, igihugu gifite ubukungu bwihagazeho mu rwego rw’ubukerarugendo.”

Park Inn by Radisson Kigali ni hoteli y’inyenyeri enye, iherereye mu Kiyovu ahahoze Hotel Kiyovu. Ibaye iya kabiri ikigo Rezidor Hotel Group gifunguye mu Rwanda nyuma ya Radisson Blu iherereye muri Kigali Convention Centre yafunguwe muri Nyakanga 2016.

Iyo hoteli ifite ibyumba 161, birimo iby’inama, uburiro n’ibindi; ikagira akabyiniro, ubwogero, ahaparikwa imodoka, aho gukorera imyitozo ngororamubiri, sauna n’ibindi bigezweho. Ikoresha abakozi 180, muri bo 178 ni Abanyarwanda.

Perezida Kagame yavuze ko n’abandi bakwiriye gufatira urugero kuri Mugisha ndetse ko Leta yiteguye kubatera inkunga.

Park Inn by Radisson Kigali yiyongereye ku yandi mahoteli menshi yo ku rwego rwo hejuru yamaze kugera muri Kigali ndetse hakaba n’andi akomeje kubakwa muri uyu Mujyi no hirya no hino mu gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda iteganya kuzajya yizinjiza miliyoni $150 buri mwaka ziturutse mu kwakira ibiganiro, inama mpuzamahanga n’ibikorwa bitandukanye muri gahunda ya MICE(Meetings, Incentives, Conferences and Events), aho inateganya kuzamura umubare w’ibyumba by’amahoteli.

 

 

 

Iyi hotel iherereye mu Kiyovu

 

 

Ibyumba byisanzuye abantu bashobora kuruhukiramo

 

Aho abantu bashobora gufatira amafunguro muri iyi hotel

 

 

Ifite akabyiniro kagezweho aho ababishaka bashobora gukesha babyina

 

 

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, James Musoni na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney

 

Mugisha Joseph yashimye Perezida Kagame, avuga ko ubuyobozi bwe bwiza kandi bworohereza ishoramari ari bwo bwatumye agera ku kubaka iyi hoteli

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Amafoto: Village Urugwiro &Nyetera Bachir


2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Ubwanditsi 29 Jul 2019
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF
IMIKINO

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru