• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli y’inyenyeri enye ‘Park Inn by Radisson Kigali, yizeza ko Leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo abashoramari bakorere mu mutekano n’umudendezo usesuye kandi bunguke.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15Ukuboza 2017, nibwo Umukuru w’Igihugu yafunguye iyi hoteli yubatswe n’umushoramari w’Umunyarwanda, Joseph Mugisha, ikaba iherereye ahitwa mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko kugira ishoramari rikozwe n’Abanyarwanda ubwabo avuga ko rigira akamaro cyane usibye no kuba ribateza imbere, ngo riba rinafitiwe icyizere kurushaho.

Yagize ati “ Ishoramari nk’iri ry’abanyagihugu mu banyagihugu babo ni ryiza cyane kuko rituma ubukungu bukomera cyane cyane iyo rishingiye ku banyagihugu, gusa iyo mvuze ko rishingiye ku banyagihugu, ntabwo bivuze ko badafatanya n’abandi b’ibindi bihugu.”

Yakomeje agira ati “ Abantu bashobora gukora ishoramari nk’iri ari umuryango cyangwa abanyarwanda bonyine, akenshi biba byiza ndetse birushaho kugira agaciro, bagakorana n’abandi b’ibindi bihugu kuko bafite byinshi nabo bazana.”

Yavuze ko iyo bituruka hanze gusa bidashingira ku banyagihugu ndetse ko iyo habaye ikibazo abo hanze hari igihe bahambira ibyabo bakigendera ha handi hagasigara ubusa ariko iyo ari iby’umunyarwanda ngo ntaho bijya.

Perezida Kagame yashimye umushoramari Mugisha Joseph avuga ko igikorwa yakoze ari icy’indashyikirwa nk’Umunyarwanda asaba n’abandi gukomeza gukora batyo.

Mugisha Joseph yashimye Perezida Kagame, avuga ko ubuyobozi bwe bwiza kandi bworohereza ishoramari ari bwo bwatumye agera ku kubaka hoteli ingana ityo.

Yagize ati “ Ngushimiye byimazeyo uburyo udahwema guteza imbere abikorera ku giti cyabo, uyu musaruro tugezeho uri mu cyerekezo cy’ubuyobozi bwanyu bwiza bwo kugira u Rwanda, igihugu gifite ubukungu bwihagazeho mu rwego rw’ubukerarugendo.”

Park Inn by Radisson Kigali ni hoteli y’inyenyeri enye, iherereye mu Kiyovu ahahoze Hotel Kiyovu. Ibaye iya kabiri ikigo Rezidor Hotel Group gifunguye mu Rwanda nyuma ya Radisson Blu iherereye muri Kigali Convention Centre yafunguwe muri Nyakanga 2016.

Iyo hoteli ifite ibyumba 161, birimo iby’inama, uburiro n’ibindi; ikagira akabyiniro, ubwogero, ahaparikwa imodoka, aho gukorera imyitozo ngororamubiri, sauna n’ibindi bigezweho. Ikoresha abakozi 180, muri bo 178 ni Abanyarwanda.

Perezida Kagame yavuze ko n’abandi bakwiriye gufatira urugero kuri Mugisha ndetse ko Leta yiteguye kubatera inkunga.

Park Inn by Radisson Kigali yiyongereye ku yandi mahoteli menshi yo ku rwego rwo hejuru yamaze kugera muri Kigali ndetse hakaba n’andi akomeje kubakwa muri uyu Mujyi no hirya no hino mu gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda iteganya kuzajya yizinjiza miliyoni $150 buri mwaka ziturutse mu kwakira ibiganiro, inama mpuzamahanga n’ibikorwa bitandukanye muri gahunda ya MICE(Meetings, Incentives, Conferences and Events), aho inateganya kuzamura umubare w’ibyumba by’amahoteli.

 

 

 

Iyi hotel iherereye mu Kiyovu

 

 

Ibyumba byisanzuye abantu bashobora kuruhukiramo

 

Aho abantu bashobora gufatira amafunguro muri iyi hotel

 

 

Ifite akabyiniro kagezweho aho ababishaka bashobora gukesha babyina

 

 

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, James Musoni na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney

 

Mugisha Joseph yashimye Perezida Kagame, avuga ko ubuyobozi bwe bwiza kandi bworohereza ishoramari ari bwo bwatumye agera ku kubaka iyi hoteli

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Amafoto: Village Urugwiro &Nyetera Bachir


2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Ubwanditsi 19 Feb 2018
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Ubwanditsi 30 May 2019
Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Ubwanditsi 16 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiriye ikizere abagore bazamufasha gutanga umusaruro muri AU
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagiriye ikizere abagore bazamufasha gutanga umusaruro muri AU

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye
Mu Mahanga

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.
Amakuru

Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Ubwanditsi 22 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru