• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Ubwanditsi 18 Jul 2018 UBUKUNGU

Mu myaka hafi ibiri Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), imaze isezeranye na Leta kwishyuza abigiye ku nguzanyo ya buruse mu mashuri Makuru na Kaminuza, yatangaje ko imaze kubasha kugaruza Miliyari 5.1 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu Ukwakira 2016, BRD yasinyanye na Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) amasezerano ayiha inshingano zo gutanga amafaranga ya buruse ku banyeshuri bemerewe inguzanyo yo kwiga na leta ariko ikanishyuza abarangije kwiga bamaze kubona akazi.

Umuyobozi Mukuru wa BRD, Rutabana Eric, yabwiye itangazamakuru ko kugeza ubu hari umubare munini w’amafaranga y’inguzanyo ataragaruzwa ariko hari ayamaze kugaruzwa kandi bagikomeje umurego.

Mu mibare, iyi banki yagaragaje ko inguzanyo zimaze gutangwa zigera kuri miliyari 80 Frw, zahawe abanyeshuri barenga gato 70 000. Rutabana avuga ko bahawe inshingano zo kugaruza aya mafaranga hari miliyari 12 Frw zimaze kugaruzwa.

Yagize ati “Kuva mu 2016 kugeza none aho inshingano zo kwishyuza zaviriye muri Mineduc n’ibigo biyishamikiyeho bikaza muri BRD, tumaze kwishyuza miliyari 5.1 Frw. Muri za miliyari 80 Frw hamaze kugaruka agera kuri miliyari 17 Frw”.

Yakomeje avuga ko bahura n’imbogamizi zikomeye z’abarangije kwiga batinda kubona akazi ngo batangire kwishyura.

Ubusanzwe iyi banki iri kwishyuza umuntu wigiye ku nguzanyo ya buruse buri kwezi yishyura 8% by’umushahara mbumbe we, hishyurwa amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi wongeyeho ahabwa umunyeshuri ngo amutunge buri kwezi. Abishyuzwa ni abize kuva mu 1980.

Umuyobozi muri BRD ushinzwe kugaruza inguzanyo za buruse, Matata Claudine, yagarageje ko bamaze kubona urutonde rw’abigiye ku nguzanyo ariko haba hasigaye gukurikirana imyirondoro yabo n’aho bakorera.

Yahamagariye abafite akazi bigiye ku nguzanyo kwihutira kwegera BRD, bakishyura nk’uko abandi babitangiye.

Yagize ati “N’abandi batere intambwe bakore nk’iby’abandi bakora kugira ngo batugabanyirize imbogamizi[…]Niba bagomba kwishyura amafaranga runaka, bayarangiza bagahagarika. Bagerageze gusoma itegeko. Ikindi ni uko hazagera igihe dutangire gukoresha itegeko, dusabe ko bishyura amande.”

Urete ibyo kwishyuza, BRD yatangaje ko mu gutanga inguzanyo zisigaye zigerera igihe ku bo zigenewe, uretse bake ku giti cyabo baba batujuje neza amakuru asabwa nka konti.

Kugeza ubu BRD itanga inguzanyo ku banyeshuri 28,500 biga imbere mu gihugu, n’abiga hanze 365.

BRD iri mu bukangurambaga bwo kwishyuza abigiye ku nguzanyo, ikagera no mu bigo kujya gusuzuma abakozi bikoresha bagomba kwishyura inguzanyo.

BRD yahawe inshingano yo gutanga no kugaruza inguzanyo za buruse ku buryo mu 2025, amafaranga yinjiza azaba ahagije ikishyura ayo abanyeshuri bakeneye nta gusaba andi leta kandi Abanyarwanda benshi bakagira amahirwe yo kugurizwa bakiga.

2018-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020
U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora
HIRYA NO HINO

RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Akanyamuneza , Amasengesho,  Gusabana no kwidagadura  mu gitaramo cya Noheri
Mu Rwanda

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 b’imfungwa bakoze ibizamini bya leta bagatsinda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 b’imfungwa bakoze ibizamini bya leta bagatsinda

Ubwanditsi 20 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru