• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017 UBUKUNGU

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire y’amadolari miliyoni 255.4, ni ukuvuga agera kuri miliyari 215 Frw, ariho igice kizashorwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura n’ikizajya mu kuzamura ubumenyi mu iterambere ry’urwego rw’inganda.

Iyi nguzanyo yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Clever Gatete, na Gabriel Negatu uyobora AfDB mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba , iriho miliyoni $171 zizashyirwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura na miliyoni $84 zizashyirwa mu kuzamura ubumenyi.

Ku bijyanye n’amazi, Minisitiri Gatete yagize ati “Ni ugusana, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi, kubaka no kuvugurura uruganda rw’amazi rwa Nzove ku buryo ruziyongeraho metero kibe 35,000 hano mu mujyi wa Kigali.”

“Harimo kubaka icyiciro cya kabiri cy’uruganda rw’amazi rwa Gihira II rukiyongeraho metero kibe 15,000 ku munsi, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu mijyi itandatu yunganira Kigali.”

Iyo mijyi ni Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi. Yavuze ko hazanakorwa inyigo z’ishoramari ryo mu gihe kiri imbere mu turere twa Muhanga, Karongi na Ngoma.

Bibarwa ko abaturage miliyoni 1.1 ku bazagerwagaho n’amazi meza kubera iyi gahubda, mu gihe abandi 475, 000 bazagerwaho n’ibikorwa by’isuku n’isukura.

Minisitiri Gatete yavuze ko hari n’ibikorwa remezo by’isukura bizubakwa ibindi bikavugururwa, harimo uburyo bwo guhuriza hamwe imyanda mu Mujyi wa Kigali, ibyo bikorwa bikazagera no mu mijyi ya Rusizi, Karongi, Musanze na Rubavu.

Biteganywa ko gahunda y’amazi n’isukura iteganywa yose hamwe izashorwamo miliyoni 262 $, aho AfDB yatanzemo 171 $, European Investment Bank ikazatanga miliyoni 45 $, Guverinoma ikazatanga miliyoni zisaga 40 $ andi akazatangwa n’abandi baterankunga.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe amazi Isuku n’Isukura (WASAC), Aimé Muzola, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda ya leta yo guha Abanyarwanda amazi ku kigero cya 100% mu myaka irindwi iri imbere.

Yagize ati “Aya mafaranga rero azakoreshwa mu gushyiraho imiyoboro y’amazi, aho dufite imiyoboro henshi ishaje cyangwa se imijyi yagiye yaguka bigatuma n’imiyoboro yari ihari itakibasha kujyana amazi akwiriye kugira ngo abaturage bayabone ari meza kandi ahagije.”

Yavuze ko bazahera mu Mujyi wa Kigali bagakomereza mu tundi duce usanga dufite ikibazo cy’imiyoboro mito kandi ishaje.

Yakomeje agira ati “Iyi gahunda rero izatuma imiyoboro iba myiza, ibe minini, kandi twagiye tureba n’igice abaturage bamaze guturamo cyane ndetse n’ikindi bazaturamo tugendeye ku gishushanyo mbonera cy’umujyi, ku buryo umuntu azajya ajya gutura ahantu agasanga ibikorwa by’amazi byarahagejejwe.”

“Mu mujyi wa Kigali ni ikibazo kizahita gikemuka burundu kuko ubungubu amazi azaba ahabwa Umujyi wa Kigali azaba ahagije, n’imiyoboro nituyibona, umuntu azajya ayabona, ibyo kugenda duhererekanya iminsi kugira ngo tubone amazi, uyu mushinga uzahita ukemura icyo kibazo.”

Muzola yavuze ko ubu bari gushaka ibigo bizubaka iyo miyoboro, ku buryo akazi kazakorwa kakazafata hagati y’imyaka ibiri n’itatu.

Iyo nguzanyo izishyurwa mu myaka 25, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka umunani ku nyungu ya 2.3%.

Hari igice kizajya mu iterambere ry’inganda

Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda, Vincent Munyeshaka, yavuze ko hari igice cyagenewe guteza imbere Made in Rwanda, hagamijwe ko ibigo bishinga imizi mu Rwanda bikora ibintu bikenewe ku isoko ry’imbere mu gihugu ariko bigahatana no ku isoko mpuzamahanga.

Iyo gahunda y’imyaka itatu izashorwamo miliyoni 84 $ zizishyurwa mu myaka 35 azatangira kwishyurwa nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 0.75%.

Yakomeje agira ati “Iyo urebye iterambere ry’inganda aho rigeze, ririmo gusaba ko Abanyarwanda bagira ubumenyi bwihariye, bagira ikoranabuhanga ryihariye, Abanyarwanda bitegura bakiga bakagira ubwo bumenyi bwo gukora ibintu bitandukanye.”

“Izi miliyari 84 $ icyo zije kudufasha ni ukugira ngo tubashe kwigisha Abanyarwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ariko dufatanyije n’ibindi bigo bya Guverinoma.”

Umuyobozi wa AfDB, Gabriel Negatu, yavuze ko iyi nkunga bizeye ko izagira uruhare rukomeye mu guteza imbere Abanyarwanda, ashimangira ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa.

Yavuze ko iterambere ryose rugezeho atari uko rufite abaterankunga ahubwo rukoresha neza ubushobozi rufite.

Yagize ati “Kuri twe dushyira u Rwanda mu gukoresha inkunga ya AfDB ku rwego rwo hejuru, kandi ibimaze kugerwaho bigaragarira buri wese.”

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Oct 2019
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Ubwanditsi 17 Aug 2018
U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga
Amakuru

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga
Amakuru

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame
Amakuru

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru