• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Ubwanditsi 05 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Charlotte Mukankusi akunze kumvikana cyane kuri bya bitangazabinyoma byamamaza ubugome n’ ubujiji bw’imitwe y’iterabwoba nka RNC abereye umwe mu bayobozi bakuru.

Ibitutsi bye, gusebanya ubundi bitamenyerewe ku mutegarugori, ni byo yita “diplomacy” ngo izabageza ku butegetsi mu Rwanda, akibagirwa ko Umunyarwanda w’iki gihe atakiri wa wundi ushukwa n’inzererezi zishakira amaramuko. Uyu mugore-gito, Charlotte Mukankusi aherutse kuvugira kuri RUGALI TV, yidoga cyane ngo bazafunguza Paul Rusesabagina,basangiye amaraso y’inzirakarengane z’Abanyarwanda.

Imwe rero mu nzira ngo bazakoresha, ni ugukomeza gukoronga, bandagaza igihugu cyababyaye imbere y’amahanga, Ubu barakangisha kujya kurocangwa mu Muryango w’Abibumbye, nkaho iyo Loni ifite uburenganzira bwo guhitiramo Abanyarwanda uko bakwiye kubaho, Umwe mu basesenguzi twaganiriye tukimara kumva aya mateshwa ya Mukankusi, yaratubwiye ati:”Biriya ni ukwikiriga ugaseka, kuko na Mukankusi ubwe n’ibigarasha bigenzi bye, bazi neza ko isi yose yahagurukiye kurwanya iterabwoba, kandi Rusesabagina ubwe yiyemereye uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba byabaye I Nyabimata na Nyamagabe”.

Tugarutse kuri Charlotte Mukankusi, ni umugore wigize intyoza kandi mu by’ukuri ari inkotsa, Ni umuntu wahagarariye u Rwanda mu mahanga, aza guhunga atinya ko ubutabera bwazamuryoza ubuhemu yakoze ubwo yari mu myanya y’ubuyobozi, Bidatunguranye, nka ba bihemu bandi, yahise aboneza muri RNC, ka gatsiko k’abanyabusembwa, maze si ukuvuza iya Bahanda yiva inyuma, Byinshi mu bikorwa afatanyije na ba Kayumba Nyamwasa, babiterwamo inkunga na Perezida wa Uganda, Kaguta Museveni, wanamuhaye urwandiko rw’inzira rwa Uganda, kandi ari Umunyarwandakazi bizwi, kugirango ajye abona uko azererana amahomvu yabo, Mu nama zinyuranye zagaragaje ubushotoranyi bwa Uganda, abakuru b’ibihugu by’ uRwanda, RDC na Angola, babajije Museveni impamvu yahaye Mukankusi pasiporo ya Uganda, nomero A000199979, akanamwakira mu biro bye, umusaza akanja amanwa. Nyuma abategetsi ba Uganda baje kuvuga ko bayimwambuye, nyamara amakuru yizewe avuga ko ariyo Mukankusi akigenderaho.

Icyo abantu bibaza rero, ni ukuntu Charlotte Mukankusi n’amashumi ye badakura amasomo ku bikomeje kuba kuri bagenzi babo, barimo Paul Rusesabagina, Nsabimana Calixte”sankara”, Laforge Fils Bazeye, Col J.Pierre Nsekanabo, Deo Mushayidi, n’abandi bari muri gereza y’uRwanda babazwa ubugambanyi n’amaraso y’abanyarwanda bamennye, By’umwihariko, ntibyumvikana uburyo Charlotte Mukankusi atagira ubwoba, azi neza urupfu rw’ abantu 14 bazize grenades zatewe na RNC mu duce tunyuranye tw’uRwanda, abafatiwe muri ibyo bikorwa bakaba barivugiye ko babitumwe na RNC.

Ubwo se akumva bizarangira gutyo gusaaa! Abababeshya ko muri intwari, umunsi mwaguye muri rwagakoco bazaceceka, mutangire murushye iminsi mu butabera!
Amaherezo rero y’inzira ni mu nzu, si kera inkotsa Mukankusi ikibona I Kigali, Yasakuza yagira, ashatse abikore vuba kuko umwanya asigaranye ari muto.

2020-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Ubwanditsi 03 Sep 2025
Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Ubwanditsi 11 Dec 2023
URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Ubwanditsi 17 Aug 2020
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.
POLITIKI

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Ubwanditsi 17 Nov 2017
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano
Mu Mahanga

Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru