• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Ubwanditsi 05 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Charlotte Mukankusi akunze kumvikana cyane kuri bya bitangazabinyoma byamamaza ubugome n’ ubujiji bw’imitwe y’iterabwoba nka RNC abereye umwe mu bayobozi bakuru.

Ibitutsi bye, gusebanya ubundi bitamenyerewe ku mutegarugori, ni byo yita “diplomacy” ngo izabageza ku butegetsi mu Rwanda, akibagirwa ko Umunyarwanda w’iki gihe atakiri wa wundi ushukwa n’inzererezi zishakira amaramuko. Uyu mugore-gito, Charlotte Mukankusi aherutse kuvugira kuri RUGALI TV, yidoga cyane ngo bazafunguza Paul Rusesabagina,basangiye amaraso y’inzirakarengane z’Abanyarwanda.

Imwe rero mu nzira ngo bazakoresha, ni ugukomeza gukoronga, bandagaza igihugu cyababyaye imbere y’amahanga, Ubu barakangisha kujya kurocangwa mu Muryango w’Abibumbye, nkaho iyo Loni ifite uburenganzira bwo guhitiramo Abanyarwanda uko bakwiye kubaho, Umwe mu basesenguzi twaganiriye tukimara kumva aya mateshwa ya Mukankusi, yaratubwiye ati:”Biriya ni ukwikiriga ugaseka, kuko na Mukankusi ubwe n’ibigarasha bigenzi bye, bazi neza ko isi yose yahagurukiye kurwanya iterabwoba, kandi Rusesabagina ubwe yiyemereye uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba byabaye I Nyabimata na Nyamagabe”.

Tugarutse kuri Charlotte Mukankusi, ni umugore wigize intyoza kandi mu by’ukuri ari inkotsa, Ni umuntu wahagarariye u Rwanda mu mahanga, aza guhunga atinya ko ubutabera bwazamuryoza ubuhemu yakoze ubwo yari mu myanya y’ubuyobozi, Bidatunguranye, nka ba bihemu bandi, yahise aboneza muri RNC, ka gatsiko k’abanyabusembwa, maze si ukuvuza iya Bahanda yiva inyuma, Byinshi mu bikorwa afatanyije na ba Kayumba Nyamwasa, babiterwamo inkunga na Perezida wa Uganda, Kaguta Museveni, wanamuhaye urwandiko rw’inzira rwa Uganda, kandi ari Umunyarwandakazi bizwi, kugirango ajye abona uko azererana amahomvu yabo, Mu nama zinyuranye zagaragaje ubushotoranyi bwa Uganda, abakuru b’ibihugu by’ uRwanda, RDC na Angola, babajije Museveni impamvu yahaye Mukankusi pasiporo ya Uganda, nomero A000199979, akanamwakira mu biro bye, umusaza akanja amanwa. Nyuma abategetsi ba Uganda baje kuvuga ko bayimwambuye, nyamara amakuru yizewe avuga ko ariyo Mukankusi akigenderaho.

Icyo abantu bibaza rero, ni ukuntu Charlotte Mukankusi n’amashumi ye badakura amasomo ku bikomeje kuba kuri bagenzi babo, barimo Paul Rusesabagina, Nsabimana Calixte”sankara”, Laforge Fils Bazeye, Col J.Pierre Nsekanabo, Deo Mushayidi, n’abandi bari muri gereza y’uRwanda babazwa ubugambanyi n’amaraso y’abanyarwanda bamennye, By’umwihariko, ntibyumvikana uburyo Charlotte Mukankusi atagira ubwoba, azi neza urupfu rw’ abantu 14 bazize grenades zatewe na RNC mu duce tunyuranye tw’uRwanda, abafatiwe muri ibyo bikorwa bakaba barivugiye ko babitumwe na RNC.

Ubwo se akumva bizarangira gutyo gusaaa! Abababeshya ko muri intwari, umunsi mwaguye muri rwagakoco bazaceceka, mutangire murushye iminsi mu butabera!
Amaherezo rero y’inzira ni mu nzu, si kera inkotsa Mukankusi ikibona I Kigali, Yasakuza yagira, ashatse abikore vuba kuko umwanya asigaranye ari muto.

2020-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021
RBC yaburiye abibeshya ko SIDA yaranduwe

RBC yaburiye abibeshya ko SIDA yaranduwe

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Ubwanditsi 03 Jan 2018
Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango
POLITIKI

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,
Amakuru

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe
ITOHOZA

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Ubwanditsi 02 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru