• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Ubwanditsi 17 Aug 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Guhangana n’icyorezo cya COVID 19, mu Rwanda byasabye kubanza gusobanukirwa imiterere n’ubukana bwacyo, uruhare rwa buri wese mu kuyikumira, hanyuma buri muntu yumva neza ko agomba kwihangana no kwigomwa , byose bigaherekezwa n’imikoranire myiza hagati y’abaturage n’abayobozi. Ibi bitandukanye n’ibyo twabonye muri za Uganda n’ahandi, abaturage barwana n’abapolisi bababuzaga ingendo zitari ngombwa.

Kubera impamvu zishingiye ku ishyari no gushakira inabi Abanyarwanda, hari abanenga ingamba uRwanda rwafashe ngo rurinde abaturage barwo ndetse n’abarugenda bose. Ibi babikora bitwikiriye bimwe bagize igikangisho ngo”uburenganzira bwa muntu”, ukibaza uburenganzira bwa muntu bwaruta kumurinda icyorezo cyangwa ikindi cyahitana ubuzima bwa benshi. Keretse niba uRwanda ruzira kuba rwarahisemo gukorera mu mucyo, rugatangaza buri munsi imibare y’abanduye COVID 19, abakize, abakirwaye ndetse n’abitaba Imana. Keretse niba ruzira gushyiraho no kugenzura amabwiriza ngengamyitwarire, uyarenzeho agahanwa, ku neza ya buri wese. Icyo tuzi ni uko ku isi yose ubuyobozi bwiyubaha nk’uRwanda, butagendera ku marangamutima na politiki yo kwibonekeza, ahubwo bugendera ku nyungu rusange z’abaturage. Abakwiza amagambo ku maradiyo no ku mbuga nkoranyambaga, niba atari umugambi basanganywe wo kwangiza isura y’uRwanda, kuki tutarumva bagaya ibihugu nka Uganda bibeshya imibare y’abandura. Ibihugu nk’uBurundi bitajya bishyira ahagaragara imibare ijyanye n’iki cyorezo, bitagira ingamba zo kugikumira, kandi bishobora kwanduza abaturanyi.
Twumvise abavuga ko bakomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo(RDC), bavuga ko iyo bazanye n’indege ya Rwandair ngo bashyirwa mu kato mu mahoteli ahenze.Ibi nabyo ni ibinyoma bigamije gusebanya.Icya mbere nta gihenze kurusha amagara y’abantu, Icya kabiri iyo abageze mu Rwanda bajya gushyirwa mu kato, ntiharebwa ubwenegihugu bwabo,kuko ibi bireba n’Abanyarwanda batashye bakajya mu mahoteli ajyanye n’ubushobozi bwa buri wese. Buri wese uje mu Rwanda aba afite urutonde rw’amahoteli, ukihitiramo ikubereye. Biratangaje rero kumva ko umuturage wo muri RDC yitirirwa aya magambo, mu gihe ahubwo abenshi tuganira bavuga ko iyo bageze mu Rwanda biruhutsa kubera umutekano usesuye ugereranyije n’ibibera iwabo, cyangwa mu bindi bihugu bagendamo.

Ntabwo Abanyarwanda dukorera ijisho, cyangwa kugira undi dushimisha, ahubwo ibyo dukora byose ni mu nyungu zacu ubwacu, iz’abatugana ndetse n’iz’isi yose muri rusange. Ng’uko uko twashoboye kwishakamo ibisubizo, duhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi. Koronavirus rero nayo yasanze dusanganywe kwanga gutsindwa, disipuline yo mu rwego rwo hejuru, no kubaha ibyemezo by’ubuyobozi kuko tuzi neza ko biba bigamije inyungu za twese.


Ubu isi yose irashima uko uRwanda rwitwaye muri iki kibazo cya Koronavirusi. Ndetse ubu ruri mu bihugu 20 ku isi, byarushije ibindi guhamya ingamba zo kurwanya iki cyorezo, Mu karere ka Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, u Rwanda nirwo rwonyine rwemerewe gusubukura ingendo z’indege mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi. Mu gihe twateguraga iyi nkuru mdetse, Leta ya Israel, kimwe mu bihugu bikomera ku mutekano wabyo ku isi, yamaze kwemeza ko umuntu uzaza muri icyo gihugu avuye mu Rwanda atazashyirwa mu kato, kuko cyagenzuye kigasanga ingamba ziriho mu Rwanda zinoze, kandi zigaragarira buri wese.
Nubwo tutaratsinda urugamba, muri rusange amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi yubahirijwe ku kigero cyiza. Nta cyari kigoye nko kubahiriza gahunda ya GUMA MU RUGO, kuko bizwi ko hari benshi babona ikibatunga ari uko bavuye mu ngo zabo. Byaravunanye, ariko byarashobotse kuko Leta , mu mikoro make iba ifite, yagobotse abari bababaye kurusha abandi, ku buryo ntaho twumvise umuturage wishwe n’inzara. Ntawe udashima uburyo urubyiruko rwacu rwitanga mu gukorera ubushake(youth volunteers),kuko rwatojwe ko ari rwo mbaraga z’igihugu. Byarashobokaga ko inzego za Leta n’iz’abikorera zifunga imiryango, ariko mu bushishozi buhanitse, hafashwe ingamba zo gukoresha abantu ba ngombwa, imirimo irakomeza, abakozi ntibatakaza akazi kabatunze nk’uko byagenze mu bihugu binyuranye, birimo n’iby’ibihangange mu bukungu.
Ingamba zirimo n’izo twibwiraga ko zigoye kubera umuco wacu, nko guhoberana cyangwa duhana ibiganza, gutaha ubukwe turi benshi, gusurana, gusabana n’ibindi….zashobotse kuko imyumvire y’abaturarwanda yazamutse. Gukaraba intoki kenshi ubu twamaze kubitora, mu gihe mu bihugu duturanye nk’uBurundi, RDC, Uganda na Tanzaniya batabikozwa,Ngibyo ibyo inyangabirema zinenga uRwanda, aka wa wundi ubura icyo atuka inka , ati reba igicebe cyayo.

Abanyarwanda twamaze kumenya ko aba bose ntawe udufitiye impuhwe kurusha ubuyobozi bwacu, bushishoza, bukadushakira umuti, niyo waba usharira ariko uvura ngaho rero nimucyo Dukomeze dufatanye, tugamburuze abatwigimba, tutitaye ku baduca intege Ababaswe n’ ubugome bo nibakomeze bavuge ubusa, twe dukore, amateka azerekana ko ikibi kidatsinda icyiza.

2020-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Ubwanditsi 15 Aug 2022
Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Ubwanditsi 29 Jun 2022
Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Ubwanditsi 01 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Uganda ku kirego gisaba ko Museveni atongera kwiyamamaza
POLITIKI

Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Uganda ku kirego gisaba ko Museveni atongera kwiyamamaza

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo
Mu Mahanga

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora
UBUKERARUGENDO

RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora

Ubwanditsi 26 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru