• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Urukiko ruburanisha ibyaha by’ubukungu mu Misiri, kuri uyu wa 16 rwatangiye kumva urubanza ruregwamo Issa Hayatou wahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF.

Uyu mugabo ashinjwa ko yarenze ku mategeko agena uburenganzira bungana mu guhatana ku isoko, ubwo yatangaga isoko rya miliyari y’amadolari ya Amerika rijyanye no kwerekana no kumenyekanisha ibikorwa bya ruhago yo kuri uyu mugabane, ryahawe ikigo Lagardère Sports cyo mu Bufaransa.

Muri uru rubanza rwagiye rusubikwa kenshi mu mezi 13 ashize, Issa Hayatou wayoboye CAF guhera mu 1988 kugeza mu 2017 n’uwari Umunyamabanga mukuru, Hicham El Amrani, bashinjwa n’ubuyobozi bwa Misiri ifite icyicaro cya CAF ko barenze ku mategeko mu gutanga iryo isoko.

Ni amasezerano yasinyweho na Issa Hayatou na Hicham El Amrani mu izina rya CAF hamwe n’ikigo Lagardère Sports ku wa 28 nzeri 2016, agiha uburenganzira bwo kugurisha uburenganzira bwo kwerekana no kumenyekanisha umupira w’amaguru wa Afurika hagati ya 2017-2028.

Ikigo cyo mu Misiri, Presentation Sports (PS), kivuga ko cyashakaga guhatana na Lagardère Sports muri iryo soko ariko ngo byaje kumenyekana ko muri icyo gihe CAF na Lagardère Sports bari baramaze kwinjira mu biganiro guhera ku wa 12 Kamena 2015, cyane ko icyo kigo aricyo cyari kirisanganwe guhera mu 2008 agomba kurangira mu 2016.

Nk’uko RFI yabitangake, ngo habanje kuregerwa urwego rushinzwe kugenzura ihatana ry’ibigo (ECA), ruza kwemeza ko abo bayobozi babiri baregwa mu rukiko rukurikirana ibyaha by’ubukungu, binashyigikirwa n’Umushinjacyaha Mukuru muri Werurwe 2017.

CAF yatangaje ko yiteguye kuburana uru rubanza ivuga ko kuvuga ko habayemo uburiganya nta shingiro bifite.

Yakomeje igira iti “CAF izarwanirira umwanya wayo, uburenganzira n’izina ifite ikoresheje inzira zose z’amategeko mu butabera mpuzamahanga.”

Issa Hayatou yatakaje ubuyobozi bwa CAF ku wa 16 Werurwe nyuma yo gutsinda amatora na Ahmad wo muri Madagascar, mu matora yabereye Addis-Abeba muri Ethiopia. Uyu mugabo yahise yisubirira mu Majyaruguru ya Cameroon mu gihugu akomokamo, aho ayobora Ishuri ry’Igihugu ry’Umupira w’amaguru, Anafoot.

Hicham El Amrani nawe yahise yegura ubwo Ahmad yari amaze gutsinda amatora. Ubu niwe uyoboye ibikorwa byo guhatanira ko Maroc nk’igihugu akomokamo cyazakira igikombe cy’Isi mu 2026.

Gusa hari amakuru ko Ahmad yaba aherutse kwemeza ko amasezerano agejeje aba bagabo mu nkiko yaba ari kongera kuganirwaho bundi bushya.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!

Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!

Ubwanditsi 20 Aug 2024
Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017
Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Ubwanditsi 14 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale
Mu Rwanda

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ubwanditsi 20 Dec 2016
Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru