• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Urukiko ruburanisha ibyaha by’ubukungu mu Misiri, kuri uyu wa 16 rwatangiye kumva urubanza ruregwamo Issa Hayatou wahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF.

Uyu mugabo ashinjwa ko yarenze ku mategeko agena uburenganzira bungana mu guhatana ku isoko, ubwo yatangaga isoko rya miliyari y’amadolari ya Amerika rijyanye no kwerekana no kumenyekanisha ibikorwa bya ruhago yo kuri uyu mugabane, ryahawe ikigo Lagardère Sports cyo mu Bufaransa.

Muri uru rubanza rwagiye rusubikwa kenshi mu mezi 13 ashize, Issa Hayatou wayoboye CAF guhera mu 1988 kugeza mu 2017 n’uwari Umunyamabanga mukuru, Hicham El Amrani, bashinjwa n’ubuyobozi bwa Misiri ifite icyicaro cya CAF ko barenze ku mategeko mu gutanga iryo isoko.

Ni amasezerano yasinyweho na Issa Hayatou na Hicham El Amrani mu izina rya CAF hamwe n’ikigo Lagardère Sports ku wa 28 nzeri 2016, agiha uburenganzira bwo kugurisha uburenganzira bwo kwerekana no kumenyekanisha umupira w’amaguru wa Afurika hagati ya 2017-2028.

Ikigo cyo mu Misiri, Presentation Sports (PS), kivuga ko cyashakaga guhatana na Lagardère Sports muri iryo soko ariko ngo byaje kumenyekana ko muri icyo gihe CAF na Lagardère Sports bari baramaze kwinjira mu biganiro guhera ku wa 12 Kamena 2015, cyane ko icyo kigo aricyo cyari kirisanganwe guhera mu 2008 agomba kurangira mu 2016.

Nk’uko RFI yabitangake, ngo habanje kuregerwa urwego rushinzwe kugenzura ihatana ry’ibigo (ECA), ruza kwemeza ko abo bayobozi babiri baregwa mu rukiko rukurikirana ibyaha by’ubukungu, binashyigikirwa n’Umushinjacyaha Mukuru muri Werurwe 2017.

CAF yatangaje ko yiteguye kuburana uru rubanza ivuga ko kuvuga ko habayemo uburiganya nta shingiro bifite.

Yakomeje igira iti “CAF izarwanirira umwanya wayo, uburenganzira n’izina ifite ikoresheje inzira zose z’amategeko mu butabera mpuzamahanga.”

Issa Hayatou yatakaje ubuyobozi bwa CAF ku wa 16 Werurwe nyuma yo gutsinda amatora na Ahmad wo muri Madagascar, mu matora yabereye Addis-Abeba muri Ethiopia. Uyu mugabo yahise yisubirira mu Majyaruguru ya Cameroon mu gihugu akomokamo, aho ayobora Ishuri ry’Igihugu ry’Umupira w’amaguru, Anafoot.

Hicham El Amrani nawe yahise yegura ubwo Ahmad yari amaze gutsinda amatora. Ubu niwe uyoboye ibikorwa byo guhatanira ko Maroc nk’igihugu akomokamo cyazakira igikombe cy’Isi mu 2026.

Gusa hari amakuru ko Ahmad yaba aherutse kwemeza ko amasezerano agejeje aba bagabo mu nkiko yaba ari kongera kuganirwaho bundi bushya.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Ubwanditsi 25 Feb 2025
Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ubwanditsi 26 May 2019
Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Ubwanditsi 10 May 2024
U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 23 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB
Amakuru

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Ubwanditsi 28 Sep 2023
Vanessa Mdee yatawe muri yombi
ITOHOZA

Vanessa Mdee yatawe muri yombi

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.
HIRYA NO HINO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ubwanditsi 21 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru