• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Urukiko ruburanisha ibyaha by’ubukungu mu Misiri, kuri uyu wa 16 rwatangiye kumva urubanza ruregwamo Issa Hayatou wahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF.

Uyu mugabo ashinjwa ko yarenze ku mategeko agena uburenganzira bungana mu guhatana ku isoko, ubwo yatangaga isoko rya miliyari y’amadolari ya Amerika rijyanye no kwerekana no kumenyekanisha ibikorwa bya ruhago yo kuri uyu mugabane, ryahawe ikigo Lagardère Sports cyo mu Bufaransa.

Muri uru rubanza rwagiye rusubikwa kenshi mu mezi 13 ashize, Issa Hayatou wayoboye CAF guhera mu 1988 kugeza mu 2017 n’uwari Umunyamabanga mukuru, Hicham El Amrani, bashinjwa n’ubuyobozi bwa Misiri ifite icyicaro cya CAF ko barenze ku mategeko mu gutanga iryo isoko.

Ni amasezerano yasinyweho na Issa Hayatou na Hicham El Amrani mu izina rya CAF hamwe n’ikigo Lagardère Sports ku wa 28 nzeri 2016, agiha uburenganzira bwo kugurisha uburenganzira bwo kwerekana no kumenyekanisha umupira w’amaguru wa Afurika hagati ya 2017-2028.

Ikigo cyo mu Misiri, Presentation Sports (PS), kivuga ko cyashakaga guhatana na Lagardère Sports muri iryo soko ariko ngo byaje kumenyekana ko muri icyo gihe CAF na Lagardère Sports bari baramaze kwinjira mu biganiro guhera ku wa 12 Kamena 2015, cyane ko icyo kigo aricyo cyari kirisanganwe guhera mu 2008 agomba kurangira mu 2016.

Nk’uko RFI yabitangake, ngo habanje kuregerwa urwego rushinzwe kugenzura ihatana ry’ibigo (ECA), ruza kwemeza ko abo bayobozi babiri baregwa mu rukiko rukurikirana ibyaha by’ubukungu, binashyigikirwa n’Umushinjacyaha Mukuru muri Werurwe 2017.

CAF yatangaje ko yiteguye kuburana uru rubanza ivuga ko kuvuga ko habayemo uburiganya nta shingiro bifite.

Yakomeje igira iti “CAF izarwanirira umwanya wayo, uburenganzira n’izina ifite ikoresheje inzira zose z’amategeko mu butabera mpuzamahanga.”

Issa Hayatou yatakaje ubuyobozi bwa CAF ku wa 16 Werurwe nyuma yo gutsinda amatora na Ahmad wo muri Madagascar, mu matora yabereye Addis-Abeba muri Ethiopia. Uyu mugabo yahise yisubirira mu Majyaruguru ya Cameroon mu gihugu akomokamo, aho ayobora Ishuri ry’Igihugu ry’Umupira w’amaguru, Anafoot.

Hicham El Amrani nawe yahise yegura ubwo Ahmad yari amaze gutsinda amatora. Ubu niwe uyoboye ibikorwa byo guhatanira ko Maroc nk’igihugu akomokamo cyazakira igikombe cy’Isi mu 2026.

Gusa hari amakuru ko Ahmad yaba aherutse kwemeza ko amasezerano agejeje aba bagabo mu nkiko yaba ari kongera kuganirwaho bundi bushya.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri  yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 23 May 2017
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Minisitiri Sezibera avuga ko abarwanyi ba FDLR, badashobora kuzana amahoro mu Burundi

Minisitiri Sezibera avuga ko abarwanyi ba FDLR, badashobora kuzana amahoro mu Burundi

Ubwanditsi 02 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka

Ubwanditsi 04 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru