• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ubwanditsi 20 Dec 2016 ITOHOZA

Nyakubahwa Munyamabanga wa Leta ushinzwe itegeko Nshinga n’andi mategeko, ndagusuhuje! Mbere ya byose mbanje kukwifuriza kuzasohoza neza inshingano nshya uherutse guhabwa na Leta y’u Rwanda.

-5102.jpg

Njyewe umwanditsi Paulo V (Utari intumwa yo muri Bibiliya) maze kubona uburyo rubanda rwashavujwe n’imvugo ikarishye wakoresheje igihe mwari mu nama ya 14 y’umushyikirano kuwa 16/12/2016, ubwo mwasubizaga Musenyeri Nzakamwita Slyverien, nahise nifuza kukwandikira ibaruwa ifunguye kugira ngo nkubwire agahinda mfite.

Nyakubahwa, ubusanzwe tuzi ko muri Sosiyeti Nyarwanda dukunze kurangwa n’ubwubahane ndetse n’ubupfura mu rwego rwo kurushaho kubaka “UMURYANGO” nyarwanda ufite ejo heza kandi uzira amakemwa. Iyi ngingo nkeka dushobora kuba tuyemeranyaho.

Natangajwe cyane n’uburyo mwasubije “UMUBYEYI” ufite inshingano zo kuyobora imiryango ibihumbi n’agahumbagiza muri Diyoseze ya Byumba. Mbere yo gukomeza iyi baruwa yanjye, Nyakubahwa, nifuzaga kukwibutsa yuko muri Kiliziya ubusanzwe Umusasaridoti afatwa nk’umubyeyi mu muryango wa Gikristo, bityo mu nshingano ze za buri munsi akaba agomba gukemura ibibazo binyuranye biri mu miryango kuko aba yarabihuguriwe ku rwego rw’isanamitima “Counselor” Ibi bituma amenya amabanga y’ibibera mu ngo nubwo rwose aba ari mu buzima bwo kubaho nta mugore cyangwa se umwana yabyaye.

Mbere yo gukomeza kandi, reka nkwibutse ikindi kintu:

Sinzi niba ukunze kujya mu misa ariko nyemerera nkwibutse ivanjiri Yezu yigeze guha abigishwa be. Yarababwiye ati “Mbere yo kuvuga ijambo iryo ari ryo ryose, jya ubanza ukarage ururimi rwawe inshuro ndwi” Nagusabaga ko wasoma iri vanjiri muri Bibiliya yawe (Niba utayifite cyangwa se utayemera, nagutiza iyanjye ukarisoma) kuko no mu bihe bitaha hari icyo byazagufasha.

Nyakubahwa, natunguwe no kubona muvuga amagambo nk’ariya mutabanje byibuze gukaraga ururimi rwanyu inshuro 2 zonyine. Nk’umunyamategeko, nkeka ko mwaba mwarihuse mu mvugo nk’iriya isuzuguza, itesha agaciro umubyeyi twese twubaha kandi ufatiye runini Umuryango Nyarwanda.

Ku bwanjye ndamutse mbonanye nawe, nagusaba ko wazajya kwicara mu ntebe ya “PENETENSIYA” ukicuza iby’imvugo yawe benshi bise “Nyandagazi” maze ugahabwa umugisha wa Kiyobozi ndetse ukanahugurirwa kujya ubanza gukaraga ururimi aho biri ngombwa.

-5103.jpg

Nyakubahwa, iyo usesenguye amagambo wakoresheje, usanga arimo ukutamenya uwo wabwiraga ndetse n’umumaro afitiye igihugu. Nakwibutsaga ko ibyo Musenyeri yavuze byose, ari ikibazo gihangayikishije Umuryango nyarwanda muri iki gihe, ku buryo haramutse hafashwe ingamba zikomeye kuri cyo, twakwizera ko ejo h’urubyiruko rw’u Rwanda haba ari heza kurushaho.

Ntizimbye mu magambo, nasoza nkubaza nti;

Ese kuba twagira umutekano usesuye ariko tudafite umuryango muzima utarangwa n’ikinyabupfura, uburere ndetse n’indangagaciro za kirazira twaba tugana he?

Nsoje nkushimira uburyo urantiza umwanya wawe ugasoma iyi baruwa kuko nzi neza y’uko uba ufite imirimo myinshi.

Nkwifurije kuzagira iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Imana iguhe umugisha.

Umwanditsi Pawulo wa 5.

2016-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

RUSHYASHYA 20 Jun 2026
Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama

Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya
SHOWBIZ

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Lydia Ludic yo mu Burundi  iracakirana  na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu
IMIKINO

Lydia Ludic yo mu Burundi iracakirana na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Bidasubirwaho UTC ya Rujugiro iratezwa cyamunara muri uku kwezi
ITOHOZA

Bidasubirwaho UTC ya Rujugiro iratezwa cyamunara muri uku kwezi

Ubwanditsi 15 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru