• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu 2015 nibwo Perezida Nkurunziza yatangaje ko aziyamamariza indi manda itaravuzweho rumwe igateza imyivumbagatanyo mu gihugu no kubera kugerageza guhirika ubutegetsi. Urubuga rwa GQ rwo mu bwongereza nk’uko twabibagejejeho mu gice cya mbere cy’iyi nkuru, ruvuga ko nubwo mu Rwanda Perezida kagame yiyamamarije manda ya gatatu, yateje igihugu imbere ariko mugenzi we, Nkurunziza, akarushaho gushyira u Burundi mu bukene.

Mu 2015 nibwo urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwahaye uburenganzira Perezida Nkurunziza bwo kwiyamamariza iyi manda ya gatatu. Umwe mu bacamanza yaje gutangaza ko atotezwa kubera ko atemeraga iyi manda, biba ngombwa ko afata iy’ubuhungiro ahungira mu Rwanda.

Muri Gicurasi  2015 imyigaragambyo yaradutse Perezida Nkurunziza yita abayitabiriye abanzi b’igihugu. Kuwa 13 Gicurasi, bamwe mu basirikare bagerageje kumuhirika ku butegetsi ariko ntibyabahira.

Guverinoma yahise itangira ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ihiga abigaragambya n’abatavuga rumwe nayo, ihagarika imbuga nkoranyambaga ndetse zimwe muri radio zigenga ziratwikwa nka RPA. Mu mpera z’ukwezi abigaragambya bari bamaze gucibwa intege bigaragara.

Igipolisi, urwego rushinzwe ubutasi ndetse n’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure bakwijwe hirya no hino mu gihugu habaho ubwicanyi butandukanye.

Uwitwa Patrice wavuganye n’ikinyamakuru dukesha iyi nkuru, avuga ko saa 5:00 za mugitondo ku itariki 04 Nzeri 2016, yumvise itsinda ry’abapolisi ku muryango we, yafungura bakinjira mu nzu bakayitera hejuru bamusaka intwaro ndetse bagasenya n’igisenge cy’inzu ariko bagaheba. Mu gihe biteguraga kugenda, ngo umukecuru w’umuturanyi yasabye abo bapolisi gufata Patrice amwita umwicanyi maze abapolisi batatu bahita bamuhambira bajugunya mu modoka muri boot bamuzengurukana amasaha menshi.

Ngo bahagaze inshuro imwe gusa bahagarara iruhande rw’ umugezi bamujugunyamo barongera bamukuramo yatose bamusubiza mu modoka. Bigeze nka saa 9:00 z’ijoro nibwo imodoka yahagaze Patrice bongera kumusohoramo. Abashinzwe umutekano ngo bari bahagaze iruhande rwa kontineri barangije bamwinjizamo bafunga umuryango. Iyi kontineri ngo ikaba yari irimo abandi bantu batandatu. Rimwe ngo abapolisi barazaga bagasohora umuntu ntibamugarure.

Nyuma y’iminsi itatu muri kontineri ngo abapolisi batwaye Patrice ku nyubako ikorerwamo n’Urwego rw’igihugu rw’Ubutasi, SNR, aho yakorewe iyicarubozo atwikishwa ipasi ndetse bakajya batonyangiriza amasashi batwitse ku mubiri we.

Ku munsi wa kane, umwe mu bakozi ba SNR ngo yaraje afata Patrice amwinjiza inyuma mu modoka ye amwicaza hagati y’abantu babiri bari bishwe amaraso akiri kuvirirana. Ubwo ngo yahise yumva ko nawe agiye gupfa.

Imodoka ikimara gusohoka kuri iyo nyubako, uyu mukozi wa SNR ngo yakiriye telephone abwirwa ko agomba kwica undi muntu utari Patrice. Abapolisi basubije Patrice muri iyo nyubako bamwambura imyenda ariko iryo joro ngo ntiyakubiswe ariko ngo mu by’ukuri nta n’ikintu na kimwe bamushakagaho kuko nta n’icyaha yari yakoze.

Iryo joro ngo bamushyize mu kumba gatoya, bakajya bamusohora agakubitwa buri munsi bakamusubizamo. Abantu batatu bari bafungiye aho ngo bishwe n’inkoni nyuma yaho abapolisi barekeraho kumukubita.

Nyuma y’ukwezi ari muri ubu buzima, Patrice yoherejwe muri Gereza ya Mpimba, aho ngo hari ubwo yamaraga iminsi ibiri atariye, acunzwe bihoraho atemerewe kuvugana cyangwa gusuhuza izindi mfungwa, birangira umucamanza amukatiye imyaka 30 nyuma yo kumuhamya ubujura. Iki gihano nyuma yo kujurira ariko cyaragabanyijwe kigera ku mezi 18 y’igifungo.

Nguko uko Perezida Pierre Nkurunziza yayoboreye manda ya gatatu hejuru y’agahiri n’agahinda ka bamwe mu Barundi none akaba ayihiritse nta kibazo afite ndetse bikaba bikekwa ko ashobora no kuzahatanira indi manda nubwo yavuze ko nta yindi azahatanira.

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Ubwanditsi 07 May 2021
Biragenda gute ko Agathon Rwasa yanga kurindwa n’abapolisi nyuma y’icyemezo cyo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Biragenda gute ko Agathon Rwasa yanga kurindwa n’abapolisi nyuma y’icyemezo cyo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 05 Jan 2018
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu  kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23
Amakuru

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 25 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru