• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu 2015 nibwo Perezida Nkurunziza yatangaje ko aziyamamariza indi manda itaravuzweho rumwe igateza imyivumbagatanyo mu gihugu no kubera kugerageza guhirika ubutegetsi. Urubuga rwa GQ rwo mu bwongereza nk’uko twabibagejejeho mu gice cya mbere cy’iyi nkuru, ruvuga ko nubwo mu Rwanda Perezida kagame yiyamamarije manda ya gatatu, yateje igihugu imbere ariko mugenzi we, Nkurunziza, akarushaho gushyira u Burundi mu bukene.

Mu 2015 nibwo urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwahaye uburenganzira Perezida Nkurunziza bwo kwiyamamariza iyi manda ya gatatu. Umwe mu bacamanza yaje gutangaza ko atotezwa kubera ko atemeraga iyi manda, biba ngombwa ko afata iy’ubuhungiro ahungira mu Rwanda.

Muri Gicurasi  2015 imyigaragambyo yaradutse Perezida Nkurunziza yita abayitabiriye abanzi b’igihugu. Kuwa 13 Gicurasi, bamwe mu basirikare bagerageje kumuhirika ku butegetsi ariko ntibyabahira.

Guverinoma yahise itangira ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ihiga abigaragambya n’abatavuga rumwe nayo, ihagarika imbuga nkoranyambaga ndetse zimwe muri radio zigenga ziratwikwa nka RPA. Mu mpera z’ukwezi abigaragambya bari bamaze gucibwa intege bigaragara.

Igipolisi, urwego rushinzwe ubutasi ndetse n’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure bakwijwe hirya no hino mu gihugu habaho ubwicanyi butandukanye.

Uwitwa Patrice wavuganye n’ikinyamakuru dukesha iyi nkuru, avuga ko saa 5:00 za mugitondo ku itariki 04 Nzeri 2016, yumvise itsinda ry’abapolisi ku muryango we, yafungura bakinjira mu nzu bakayitera hejuru bamusaka intwaro ndetse bagasenya n’igisenge cy’inzu ariko bagaheba. Mu gihe biteguraga kugenda, ngo umukecuru w’umuturanyi yasabye abo bapolisi gufata Patrice amwita umwicanyi maze abapolisi batatu bahita bamuhambira bajugunya mu modoka muri boot bamuzengurukana amasaha menshi.

Ngo bahagaze inshuro imwe gusa bahagarara iruhande rw’ umugezi bamujugunyamo barongera bamukuramo yatose bamusubiza mu modoka. Bigeze nka saa 9:00 z’ijoro nibwo imodoka yahagaze Patrice bongera kumusohoramo. Abashinzwe umutekano ngo bari bahagaze iruhande rwa kontineri barangije bamwinjizamo bafunga umuryango. Iyi kontineri ngo ikaba yari irimo abandi bantu batandatu. Rimwe ngo abapolisi barazaga bagasohora umuntu ntibamugarure.

Nyuma y’iminsi itatu muri kontineri ngo abapolisi batwaye Patrice ku nyubako ikorerwamo n’Urwego rw’igihugu rw’Ubutasi, SNR, aho yakorewe iyicarubozo atwikishwa ipasi ndetse bakajya batonyangiriza amasashi batwitse ku mubiri we.

Ku munsi wa kane, umwe mu bakozi ba SNR ngo yaraje afata Patrice amwinjiza inyuma mu modoka ye amwicaza hagati y’abantu babiri bari bishwe amaraso akiri kuvirirana. Ubwo ngo yahise yumva ko nawe agiye gupfa.

Imodoka ikimara gusohoka kuri iyo nyubako, uyu mukozi wa SNR ngo yakiriye telephone abwirwa ko agomba kwica undi muntu utari Patrice. Abapolisi basubije Patrice muri iyo nyubako bamwambura imyenda ariko iryo joro ngo ntiyakubiswe ariko ngo mu by’ukuri nta n’ikintu na kimwe bamushakagaho kuko nta n’icyaha yari yakoze.

Iryo joro ngo bamushyize mu kumba gatoya, bakajya bamusohora agakubitwa buri munsi bakamusubizamo. Abantu batatu bari bafungiye aho ngo bishwe n’inkoni nyuma yaho abapolisi barekeraho kumukubita.

Nyuma y’ukwezi ari muri ubu buzima, Patrice yoherejwe muri Gereza ya Mpimba, aho ngo hari ubwo yamaraga iminsi ibiri atariye, acunzwe bihoraho atemerewe kuvugana cyangwa gusuhuza izindi mfungwa, birangira umucamanza amukatiye imyaka 30 nyuma yo kumuhamya ubujura. Iki gihano nyuma yo kujurira ariko cyaragabanyijwe kigera ku mezi 18 y’igifungo.

Nguko uko Perezida Pierre Nkurunziza yayoboreye manda ya gatatu hejuru y’agahiri n’agahinda ka bamwe mu Barundi none akaba ayihiritse nta kibazo afite ndetse bikaba bikekwa ko ashobora no kuzahatanira indi manda nubwo yavuze ko nta yindi azahatanira.

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza

Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza

Ubwanditsi 15 May 2019
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Ubwanditsi 22 Mar 2021
Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Ubwanditsi 08 Oct 2025
Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph
IMIKINO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo
HIRYA NO HINO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Ubwanditsi 25 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru