• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Editorial 07 Sep 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma y’iminsi baterana amagambo mu ruhame hagati ya Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe we Alain Guillaume Bunyoni washinjwaga gutegura Coup d’Etat, byafashe indi ntera kuko Bunyoni yeretswe umuryango nkuko yari yarategujwe na Ndayishimiye. Bunyoni yasimbujwe na Gervais Ndirakobuca watowe n’inteko ishinga amategeko 113/113

Mu ruhame Ndayishimiye yavuzeko ntawe ukorera Coup d’Etat General ahubwo ko abo bishyira hejuru bazajya hasi. Byabaye uyu munsi kuko nyuma yuko Perezida Ndayishimiye ashyizeho umukandida witwa Gervais Ndirakobuca ngo asimbure Bunyoni, yemejwe n’amajwi 113/113 by’abagize inteko y’u Burundi (abadepite n’abasenateri)

Mu Burundi, Bunyoni yari yarigize indakorwaho kugeza naho agaye mu ruhame Perezida Evariste Ndayishimiye. Mu bijyanye na ruswa amasosiyeti hafi ya yose acukura amabuye y’agaciro, Bunyoni afitemo imigabane. Igihe mu Burundi hasyirwagaho Urwandiko rw’Inzira (passport) Bunyoni yashyizeho company y’abahinde aho hafi kimwe cyakabiri cy’amafaranga yagurwaga passport yajyaga mu mufuka wa Bunyoni.

Yihenura kuri Perezida Ndayishimiye wamugaye imbere y’abaturage ko yigize intakoreka, Bunyoni yamusubijeko umuntu ukuvuga imbere y’abantu ujye ushimira Imana kuko uba umusumba.

Aya magambo yafashwe nkaho atinyutse umukuru w’igihugu. Ibi kandi byaje bikurikira amagambo yavuzwe n’umugore wa Bunyoni ko Imana yamubwiye ko umugabo we azaba Perezida.

Agaruka ku myitwarire ya Bunyoni, Perezida Ndayishimiye ntabwo yariye iminwa yagize ati

“Uri umuntu usoma Bibiliya ntiwakwigira igihangange ndababwiza ukuri kuko Imana ishobora kugukubita umunsi umwe ikagushyira hasi n’umuryango wawe, abantu bagasigara bibaza icyaha wakoze bakakibura.”
Yakomeje avuga ko uyu munsi hari abantu usanga bishyira hejuru mu bayobozi b’u Burundi nyamara bakirengagiza ko ubuhangange bafite babuhawe n’igihugu.

Ati “Hari umuntu usanga aho kwemera kwicisha bugufi, yigira igihangage, ati njyewe ndakomeye, nta n’umwe ukivuga mu gihugu, nta mategeko akivuga ni njye utanga amategeko.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubutabera bukwiriye guhangana n’abantu bafite iyi myitwarire, kuko “Ntawe ukina n’igihugu’ ko “ugitera akageri cyo kikagutera umugeri”.

Muri iri jambo Perezida Ndayishimiye yatanze urugero kuri Maconco wabaye umutware n’Umukwe w’Umwami Mwezi Gisabo, ariko bikaza kurangira ashatse guhirika sebukwe.

Ati “Muribuka mwezi? Maconco yigometse kuri Mwezi. Maconco aravuga ati ndashaka ya ntebe wicaraho. Mwezi ati “Naguhaye intara urayitwara, ntacyo ntaguhaye, none ushaka n’igihugu?”

“Mwezi yohereza ingabo zijya kurwanya Maconco. None Maconco iyo atagira iyi myitwarire hari icyo yari kuba? Yapfuye atabaye Umwami. Yibazaga ngo kuko ari umukwe w’umwami azaba umwami. Kandi umwami ntacyo atari yaramuhaye, yamuhaye umukobwa, amuha intara aratwara, ariko we akomeza avuga ko ashaka intebe y’ubutware.”

Perezida Ndayishimiye yakomeje avuga ko nta muntu ushobora kumuhirika ku butegetsi.
Ati “Ba Maconco nibasubize inkota mu rwubati kuko bazapfa batageze muri uyu mwanya. Umu-Général hari umuntu wamukangisha coup d’Etat? Uwo muntu ni nde ? Azaze ntacyo duhangane. Ku izina ry’Imana nzamunesha.”

Ndayishimiye yavuze ko uyu muntu ushaka kumuhirika ku butegetsi afite imyitwarire nk’iy’isake yabanaga n’intama mu rugo rumwe ariko ikaza gushaka kuyigambanira ngo bayibage, gusa biza kurangira ba nyiri urugo bafashe umwanzuro wo kubaga isake.

Ibibazo byo muri CNDD FDD byatangiye muri 2010 aho barwanira imyanya bivuye aho umuntu akomoka kandi buri wese akagira akazu ke. Ni ukubitega amaso!!

2022-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Editorial 03 Mar 2021
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Editorial 01 Jun 2023
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Editorial 29 Jun 2023
Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Editorial 13 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0
Amakuru

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Editorial 16 Feb 2022
Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Editorial 19 Oct 2017
Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Editorial 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru