• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 10 Dec 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ifatanyije n’Umuryango Grassroot development Organisation nk’umuryango utari uwa Leta batangaje ko icyo gihugu kizakomeza kizakomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatatu ubwo Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ibinyujije mu Muryango udaharanira Inyungu Grassroot Development Organization (GDO), batangaga ibikoresho byo kwirinda Coronavirus ku baturage bo mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro by’Umwihariko mu isoko rya Gikondo bigizwe na Kandagirukarabe zigezweho.

Mu isoko rya Gikondo hatanzwe ibikoresho birimo kandagirukarabe zigezweho zishobora gukarabirwaho n’abantu batandatu icyarimwe, udupfukamunwa, imiti yo gukaraba yica udukoko n’ibindi, Umuyobozi ushinzwe Politiki muri Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Bhavik Shah, yavuze ko igihugu cyabo kirajwe ishinga no guhashya Coronavirus mu bice byose by’Isi.

Yakomoje kuri gahunda igihugu cye cyatangije kuri uyu wa Kabiri, aho cyatangiye guha abaturage bacyo urukingo rwa Coronavirus rwakozwe na Sosiyete ya Pfizer ifatanyije na BioNTech. Yavuze ko nubwo bahereye ku baturage babo, u Bwongereza burajwe ishinga no kugeza urukingo ku bihugu byose kuko aribwo buzaba butekanye. Yagize ati “U Bwongereza nicyo gihugu cyatangiye gukingira abaturage bacyo kibaha urukingo rwasuzumwe, ubu ikingira rirakomeje rireba abugarijwe cyane. Turajwe ishinga n’uko buri wese ukeneye urukingo arubona kuko ntabwo ushobora kumva utekanye hari abadatekanye.’’

“Turi gukorana na Gavi twubaka ubushobozi ngo duharanire ko haboneka inkingo zihagije zikwirakwizwe hirya no hino. U Bwongereza bwifuza ko ibihugu bikize atari byo bibona urukingo gusa ahubwo bushaka ko rugera ku bihugu byose dufashe abantu kubona urukingo. ”Gavi ni Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe iby’Inkingo riri ku isonga mu guhuriza hamwe ibihugu ngo haboneke ubushobozi buzatuma inkingo zigera kuri bose.

Bhavik yashimiye uburyo u Rwanda rwakomeje kugaragaza umuhate n’ubufatanye muri gahunda ya Gavi, gusa avuga ko mu gihe urukingo rutaraboneka gukomeza kwirinda Coronavirus ari ingenzi ari yo mpamvu bagize uruhare mu gufasha abaturage kubona ibikoresho by’ubwirinzi.Yashimangiye ko ubwo bufasha bagiye kubugeza no mu bindi bice by’igihugu ahari abantu batishoboye.

Umuyobozi w’Umuryango GDO, Sibomana Yassin, yavuze ko batangiye gufasha abaturage bo muri Kicukiro ubwo utugari n’imidugudu imwe n’imwe yo muri ako karere yatangiraga gushyirwa mu kato kubera ubwiyongere bwa Coronavirus. Sibomana yavuze ko abaturage bose batanganya ubushobozi ariyo mpamvu bashatse uko bafasha abatishoboye kugira ngo hatagira uba icyanzu cyo kwanduza cyangwa kwanduzwa kuko atishoboye. Ati “ Twabahaye ibikoresho byo kwirinda, za kandagirukarabe zigezweho kuko nizo za mbere zitangiye gukwirakwizwa mu Rwanda, tubaha udupfukamunwa kuko abenshi usanga bidodera utwo mu bitenge cyangwa ibindi bitambaro bitujuje ubuziranenge, hakabaho no kubaha amasabune.”

Yavuze ko nk’agace gakunze kubamo urujya n’uruza rw’abantu benshi, ibikoresho nka kandagirukarabe ari ingenzi kuko bibafasha kwita ku isuku. Umukozi w’Akarere ka Kicukiro ushinzwe isuku n’isukura, Nduwamungu Jean Bosco, yavuze ko kuba abaturage bahawe ibikoresho by’isuku, bizabunganira mu gukomeza kwirinda kandi binaborohereze. Ati “Batuzaniye kandagirukarabe zikarabwaho n’abantu batandatu icyarimwe kandi zirambye. Izo twari dufite zakoreshwaga n’umuntu umwe bagatonda umurongo.

Izi bazanye na wa muntu ufite ubumuga uri ku igare azajya abasha gukaraba. Hazajya hakaraba abantu benshi kandi bigabanye kwa gutinda kw’abaturage bari ku murongo.” Tubamenyeshe ko Inkunga y’ibikoresho yatanzwe n’Umuryango udaharanira Inyungu Grassroot Development Organization (GDO), ibarirwa agaciro ka miliyoni 15 Frw.

2020-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Ubwanditsi 03 May 2021
Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ubwanditsi 31 Oct 2023
Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2020
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Padiri Nahimana ntiyigeze yurira indege nkuko ishyaka rye nawe bwite bari babitangaje’- Ambasaderi  Nduhungirehe
ITOHOZA

‘Padiri Nahimana ntiyigeze yurira indege nkuko ishyaka rye nawe bwite bari babitangaje’- Ambasaderi Nduhungirehe

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru