• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 10 Dec 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ifatanyije n’Umuryango Grassroot development Organisation nk’umuryango utari uwa Leta batangaje ko icyo gihugu kizakomeza kizakomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatatu ubwo Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ibinyujije mu Muryango udaharanira Inyungu Grassroot Development Organization (GDO), batangaga ibikoresho byo kwirinda Coronavirus ku baturage bo mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro by’Umwihariko mu isoko rya Gikondo bigizwe na Kandagirukarabe zigezweho.

Mu isoko rya Gikondo hatanzwe ibikoresho birimo kandagirukarabe zigezweho zishobora gukarabirwaho n’abantu batandatu icyarimwe, udupfukamunwa, imiti yo gukaraba yica udukoko n’ibindi, Umuyobozi ushinzwe Politiki muri Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Bhavik Shah, yavuze ko igihugu cyabo kirajwe ishinga no guhashya Coronavirus mu bice byose by’Isi.

Yakomoje kuri gahunda igihugu cye cyatangije kuri uyu wa Kabiri, aho cyatangiye guha abaturage bacyo urukingo rwa Coronavirus rwakozwe na Sosiyete ya Pfizer ifatanyije na BioNTech. Yavuze ko nubwo bahereye ku baturage babo, u Bwongereza burajwe ishinga no kugeza urukingo ku bihugu byose kuko aribwo buzaba butekanye. Yagize ati “U Bwongereza nicyo gihugu cyatangiye gukingira abaturage bacyo kibaha urukingo rwasuzumwe, ubu ikingira rirakomeje rireba abugarijwe cyane. Turajwe ishinga n’uko buri wese ukeneye urukingo arubona kuko ntabwo ushobora kumva utekanye hari abadatekanye.’’

“Turi gukorana na Gavi twubaka ubushobozi ngo duharanire ko haboneka inkingo zihagije zikwirakwizwe hirya no hino. U Bwongereza bwifuza ko ibihugu bikize atari byo bibona urukingo gusa ahubwo bushaka ko rugera ku bihugu byose dufashe abantu kubona urukingo. ”Gavi ni Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe iby’Inkingo riri ku isonga mu guhuriza hamwe ibihugu ngo haboneke ubushobozi buzatuma inkingo zigera kuri bose.

Bhavik yashimiye uburyo u Rwanda rwakomeje kugaragaza umuhate n’ubufatanye muri gahunda ya Gavi, gusa avuga ko mu gihe urukingo rutaraboneka gukomeza kwirinda Coronavirus ari ingenzi ari yo mpamvu bagize uruhare mu gufasha abaturage kubona ibikoresho by’ubwirinzi.Yashimangiye ko ubwo bufasha bagiye kubugeza no mu bindi bice by’igihugu ahari abantu batishoboye.

Umuyobozi w’Umuryango GDO, Sibomana Yassin, yavuze ko batangiye gufasha abaturage bo muri Kicukiro ubwo utugari n’imidugudu imwe n’imwe yo muri ako karere yatangiraga gushyirwa mu kato kubera ubwiyongere bwa Coronavirus. Sibomana yavuze ko abaturage bose batanganya ubushobozi ariyo mpamvu bashatse uko bafasha abatishoboye kugira ngo hatagira uba icyanzu cyo kwanduza cyangwa kwanduzwa kuko atishoboye. Ati “ Twabahaye ibikoresho byo kwirinda, za kandagirukarabe zigezweho kuko nizo za mbere zitangiye gukwirakwizwa mu Rwanda, tubaha udupfukamunwa kuko abenshi usanga bidodera utwo mu bitenge cyangwa ibindi bitambaro bitujuje ubuziranenge, hakabaho no kubaha amasabune.”

Yavuze ko nk’agace gakunze kubamo urujya n’uruza rw’abantu benshi, ibikoresho nka kandagirukarabe ari ingenzi kuko bibafasha kwita ku isuku. Umukozi w’Akarere ka Kicukiro ushinzwe isuku n’isukura, Nduwamungu Jean Bosco, yavuze ko kuba abaturage bahawe ibikoresho by’isuku, bizabunganira mu gukomeza kwirinda kandi binaborohereze. Ati “Batuzaniye kandagirukarabe zikarabwaho n’abantu batandatu icyarimwe kandi zirambye. Izo twari dufite zakoreshwaga n’umuntu umwe bagatonda umurongo.

Izi bazanye na wa muntu ufite ubumuga uri ku igare azajya abasha gukaraba. Hazajya hakaraba abantu benshi kandi bigabanye kwa gutinda kw’abaturage bari ku murongo.” Tubamenyeshe ko Inkunga y’ibikoresho yatanzwe n’Umuryango udaharanira Inyungu Grassroot Development Organization (GDO), ibarirwa agaciro ka miliyoni 15 Frw.

2020-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2023
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018
Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima
Amakuru

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika
POLITIKI

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Ubwanditsi 11 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru