• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Ubwanditsi 23 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyo usesenguye ibivugwa ku Rwanda n’iki gitangazamakuru cy’abongereza, BBC, ntibigusaba ubuhanga ngo ubone urwango rukabije bamwe mu banyamakuru bacyo bafitiye u Rwanda n’abayobozi barwo. Wibaza ubunyamwuga birirwa bigisha abandi aho burengera iyo bategura inkuru ku Rwanda. Ese niba nyuma y’intambara ya kabiri y’isi yose na Jenoside yakorewe Abayahudi, BBC itaratinyutse guha ijambo Abanazi ba Hitler, ni gute yubahuka guha urubuga abajenosideri n’abari mu mitwe y’iterabwoba? Ni uko Abanyarwanda basuzuguritse? BBC iramutse ari uko ibyumva, izongere basubire mu mateka y’uRwanda, izasanga runyuranye n’uko irutekereza.

Mu cyumweru gishize umunyamakuru wa BBC, Andrew Harding yasohoye inyandiko yuzuyemo guharabika no kwikoma u Rwanda, arushinja ibyo yabwiwe n’ibigarasha nka Dick Nyamwaya na David Himbara(bo muri cya kiryabarezi RNC), bahimbazwa no guhimbahimba ibinyoma bigamije gusa kwangiza isura y’uRwanda. Muri iyo nyandiko ndende, Andrew Harding asubiramo ibyo yumvanye aba bagambanyi, ko ngo RPF-Inkotanyi yinjiza abantu ku ngufu muri uwo Muryango, ngo bagahabwa inshingano zo guhiga bukware abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, baba mu mahanga. Icya mbere, RPF ntifite ikibazo cy’ umubare muto w’abanyamuryango ku buryo yabahatira kuyijyamo, n’ikimenyimenyi uko hateguwe amatora RPF Abanyarwanda bayihundagazazaho amajwi ari hejuru ya 95%.

Si mu Rwanda gusa kandi ifite abayoboke, kuko no mu mahanga Abanyarwanda bahatuye batahwemye kugaragaza ko bashyigikiye imigabo n’imigambi ya RPF-Inkotanyi. Urugero ni umubare w’abantu bitabira ku bwinshi”Rwanda Days”, batitaye ku bitabapfu byirirwa bikwirakwizwa n’inzererezi nka Himbara, Kayumba Nyamwasa, Faustin Twagiramungu, Théogène Rudasingwa wasiginiye mu bitekerezo, n’izindi mburamumaro.

Icya kabiri, biratangaje kubona BBC iha u Rwanda ubushobozi bwo kuba rwagirira nabi umuntu uri mu Bwongereza, kandi batwemeza ko ibihugu byabo bitavogerwa, ko umutekano wabo udadiye.Uku kwivuguruza kwa BBC, kuragaragaza gusa ubushake bwo gusebanya, gushingiye ku mpamvu zizwi nayo gusa.

Mu “nkuru” ya Andrew Harding avuga ko uwitwa Noheli Zihabamwe uba muri Australiya yamubwiye ko afite abavandimwe baburiwe irengero mu Rwanda, ngo bazize ko yanze kujya muri RPF-Inkotanyi. Uretse ko nta n’ikimenyetso cyerekana ko abo bavandimwe ba Zihabamwe bazimiye koko, ibi binyoma ntawe byatangaza kuko uyu mubeshyi ari inshuti magara ya Thomas Nahimana, wa mupadiri warumbiye Imana n’abantu.

Si ubwa mbere BBC yikoma u Rwanda n’Abayobozi barwo. Murabyibuka ubwo muri 2004 uwitwa Vénuste Nshimiyimana wakoreraga BBC icyo gihe, yikoraga akajya muri gereza yo mu gihugu cya Mali, gukorana ikiganiro na Yohani Kambanda na Clément Kayishema , abicanyi bahamwe n’icyaha cya Jenocide. Icyo gihe aba bajenosideri baridoze karahava, barapfobya banahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyaha byabahamye ku manywa y’ihangu babyegeka ku babikorewe. Nshimiyimana ajya guha ijambo ba ruharwa ntiyari ayobewe ko kizira guha urubuga abajenosideri, ahubwo, we na BBC ye, bari bagambiriye gutoneka ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muw’2014 nabwo , uwitwa Jane Corbin nawe wa BBC yasohoye filimi-mbarankuru yise ”Rwanda, Untold Story,” yuzuyemo irondaruhu n’agasuzuguro ku Banyarwanda, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ashinja abahagaritse iyo Jenoside kuba aribo bayikoze, ibintu bidashobora gutinyukwa n’umuntu ushyira mu gaciro.

Iyi myitwarire ya Jane Corbin na BBC yamaganwe n’abantu benshi bazi neza ibya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’umushakashatsi aba n’umwanditsi w’Umwongereza, Andrew Wallis”, werekanye ko BBC yirengagije nkana ubuhamya bwatanzwe mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, n’ahandi henshi cyane, aho abatangabuhamya batabarika bagaragaje uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, n’ababigizemo uruhare bose.

Ikigaragarira buri wese ukurikirana ibivugwa na BBC, ni uko iki gitangazabinyoma cyiyeme kuba umuzindaro w’abagome. Ni hahandi ariko, nubwo ikinyoma cyahabwa intebe gite, amaherezo ukuri kuratsinda. Yaba Andrew Gardin, yaba Vénuste Nshimiyimana, Jane Corbin na bagenzi babo, bamenye ko Abanyarwanda batazabaho uko babyifuza, kandi ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka.

2020-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana  yagandutse
ITOHOZA

Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana yagandutse

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone
ITOHOZA

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa
INKURU NYAMUKURU

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Ubwanditsi 02 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru