• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ubwanditsi 25 Aug 2016 Mu Mahanga

Aba babyeyi bavugako abana babo bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko batigeze bashyirwa imbere y’Urukiko ngo rubakatire,ahubwo batunguwe no kumva ko bajyanywe i Wawa

Icyi ni ikibazo cyatangiye mu kwezi kwakarindwi nyuma yaho ikigo cy’ishuri cya Kiyanza kibwemo mudasobwa maze hagafatwa abakekwaga bose,gusa icyaje gusa nigitungurana nuko abafunzwe bageraga kuri 7 batigeze bashyikirizwa inkiko ahubwo bajyanywe gufungirwa mu bigo bisanzwe bishyirwamo abana binzererezi bakavanwa muri Rurido bakazanwa I Kigali mukigo giherereye mu karere ka Kicukiro ,bakaza gukurwa muri iki kigo bakajyanwa i wawa nkuko mwarimu Bucyibaruta Kabera Samso ndetse na Tuyisenge Aniseth bamwe mubagaruriwe mu nzira bataragezwayo babitangarije Rushyashya

”Twe baradufashe batujyana kudufungira kuri sitasiyo ya Police iri Kacyiru,badukurayo batujyana i Gikondo ahasanzwe hashyirwa inzererezi,icyaje kudutungura nuko saa saba zijoro baje bakadushyira mu modoka bakatujyana i Wawa.gusa twe batugejeje i rubavu badukura mo batugarura i Gikondo,abandi 5 barakomeza ubu bivugwako bari ku kirwa cya i Wawa”.

Kuri uyu wa gatatu ubuyobozi bw’umurenge wa ntarabana bwari bwatumiye ababyeyi babana boherejwe iwawa,ndetse naba bagaruriwe munzira bataragerayo, ngo iyi nama ikaba yarigamije kurebera hamwe uburyo iki kibazo cyakemuka doreko uburyo bajyanywe iwawa budasobanutse,umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Ntarabana akaba yavuzeko bashaka ko hagaruka ubwumvikane mu kagari ka Kiyanza bivugwako abahatuye bari gukekako aba bantu baba barashimuswe, Mutuyeyezu Miliyani yagize ati”Twa’ri twatumije aba babyeyi ndetse naba bafunguwe kugirango tureba uko twagarura umwuka wiza muri kariya kagari kuko hari urwikekwe hagati yabaturage nabayobozi b’ikigo cya Kiyanza bari gucyeka ko abana babo bashimuswe,tukaba twanasoje tubijeje ko mugihe kitarenze ukwezi bazaba bagarutse”.

Urwikekwe nirwose hagati yaba baturage nubuyobozi bw’uyu murenge ndetse nubwikigo kishuri cya Kiyanza aho bavugako batiyumvisha ukuntu umuntu ukurikiranyweho kwiba ajyanwa iwawa.

Jacqueline Mukakalimba we avugako ntakizere afite cyuko umuhungu we yaba akiriho kuko yamusuye inshuro 3 zose atamubona,”Njye nagiye i Gikondo kumusura mpageze banga kumunyereka,kandi abandi babonaga abana babo,ubwo nakwemezwa niki ko umwana wanjye akiriho?

-3833.jpg

Naho kuruhande rw’ubuyobozi bw’ikigo kishuri bivugwako kibwemo mudasobwa buvugako bwamaze kubona 2 bibye izi mudasobwa ndetse nabaziguze bakaba bari gukurikiranwa ninzego zumutekano,ariko igisa nurujijo nuburyo ababakozi biki kigo bajyanywe mu bigo byinzererezi kugeza ubwo bajyanwa iwawa,kandi ntarukiko rubahamije icyaha,icyindi abaturage bafata nkaho harimo akagambane ni uburyo 2 muri 7 bafunguwe abandi 5 bakajyanwa iwawa.

Ntakirutimana Alfred

2016-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda iri mu bugenzuzi bwo kumenya uko inkongi z’imiriro zikumirwa mu karere ka Karongi

Polisi y’u Rwanda iri mu bugenzuzi bwo kumenya uko inkongi z’imiriro zikumirwa mu karere ka Karongi

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe
Amakuru

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Ubwanditsi 06 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru