• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda   |   02 Jul 2022

  • Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”   |   01 Jul 2022

  • Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball   |   30 Jun 2022

  • Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika   |   29 Jun 2022

  • Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi   |   28 Jun 2022

  • Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma   |   28 Jun 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Editorial 25 Aug 2016 Mu Mahanga

Aba babyeyi bavugako abana babo bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko batigeze bashyirwa imbere y’Urukiko ngo rubakatire,ahubwo batunguwe no kumva ko bajyanywe i Wawa

Icyi ni ikibazo cyatangiye mu kwezi kwakarindwi nyuma yaho ikigo cy’ishuri cya Kiyanza kibwemo mudasobwa maze hagafatwa abakekwaga bose,gusa icyaje gusa nigitungurana nuko abafunzwe bageraga kuri 7 batigeze bashyikirizwa inkiko ahubwo bajyanywe gufungirwa mu bigo bisanzwe bishyirwamo abana binzererezi bakavanwa muri Rurido bakazanwa I Kigali mukigo giherereye mu karere ka Kicukiro ,bakaza gukurwa muri iki kigo bakajyanwa i wawa nkuko mwarimu Bucyibaruta Kabera Samso ndetse na Tuyisenge Aniseth bamwe mubagaruriwe mu nzira bataragezwayo babitangarije Rushyashya

”Twe baradufashe batujyana kudufungira kuri sitasiyo ya Police iri Kacyiru,badukurayo batujyana i Gikondo ahasanzwe hashyirwa inzererezi,icyaje kudutungura nuko saa saba zijoro baje bakadushyira mu modoka bakatujyana i Wawa.gusa twe batugejeje i rubavu badukura mo batugarura i Gikondo,abandi 5 barakomeza ubu bivugwako bari ku kirwa cya i Wawa”.

Kuri uyu wa gatatu ubuyobozi bw’umurenge wa ntarabana bwari bwatumiye ababyeyi babana boherejwe iwawa,ndetse naba bagaruriwe munzira bataragerayo, ngo iyi nama ikaba yarigamije kurebera hamwe uburyo iki kibazo cyakemuka doreko uburyo bajyanywe iwawa budasobanutse,umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Ntarabana akaba yavuzeko bashaka ko hagaruka ubwumvikane mu kagari ka Kiyanza bivugwako abahatuye bari gukekako aba bantu baba barashimuswe, Mutuyeyezu Miliyani yagize ati”Twa’ri twatumije aba babyeyi ndetse naba bafunguwe kugirango tureba uko twagarura umwuka wiza muri kariya kagari kuko hari urwikekwe hagati yabaturage nabayobozi b’ikigo cya Kiyanza bari gucyeka ko abana babo bashimuswe,tukaba twanasoje tubijeje ko mugihe kitarenze ukwezi bazaba bagarutse”.

Urwikekwe nirwose hagati yaba baturage nubuyobozi bw’uyu murenge ndetse nubwikigo kishuri cya Kiyanza aho bavugako batiyumvisha ukuntu umuntu ukurikiranyweho kwiba ajyanwa iwawa.

Jacqueline Mukakalimba we avugako ntakizere afite cyuko umuhungu we yaba akiriho kuko yamusuye inshuro 3 zose atamubona,”Njye nagiye i Gikondo kumusura mpageze banga kumunyereka,kandi abandi babonaga abana babo,ubwo nakwemezwa niki ko umwana wanjye akiriho?

-3833.jpg

Naho kuruhande rw’ubuyobozi bw’ikigo kishuri bivugwako kibwemo mudasobwa buvugako bwamaze kubona 2 bibye izi mudasobwa ndetse nabaziguze bakaba bari gukurikiranwa ninzego zumutekano,ariko igisa nurujijo nuburyo ababakozi biki kigo bajyanywe mu bigo byinzererezi kugeza ubwo bajyanwa iwawa,kandi ntarukiko rubahamije icyaha,icyindi abaturage bafata nkaho harimo akagambane ni uburyo 2 muri 7 bafunguwe abandi 5 bakajyanwa iwawa.

Ntakirutimana Alfred

2016-08-25
Editorial

IZINDI NKURU

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016
Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Editorial 24 Jun 2016
U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

Editorial 12 Apr 2016
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Editorial 30 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru