• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ubuyobozi muri Uganda bwemeje ko inzego z’umutekano zagose urugo rwa Lt Gen Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri icyo gihugu, ruherereye mu gace ka Buyanja, Akarere ka Rukungiri.

Urugo rwe kandi rwoherejweho abashinzwe umutekano nyuma y’igihe gito ibiro bye bisatswe n’inzego z’umutekano zigasangamo imyenda n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, yemeje ko ikirego cye cyamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha ndetse irimo kugisha inama niba yari yemerewe gutunga imyenda n’ibikoresho bya gisirikare.

Inzego z’umutekano za Uganda zari zimaze iminsi zigose urugo rwa (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde ruherereye mu gace ka Buyanja, mu Karere ka Rukungiri, zinjiye muri uru rugo mu rwego gukomeza ibikorwa byo kumusaka bashakisha ibimenyetso byo kumushinja icyaha cy’ubugambanyi, aho hari amakuru avuga ko haba hari miliyoni 40$ baba bashaka ateganya kwifashisha mu matora hatavugwa aho zavuye.

Gen. Tumukunde avuga ko iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko kuko bagiye gusaka iwe atahibereye kuko kuri ubu abarizwa mu Bitaro bya Kampala kuva ku Cyumweru.

Umuyobozi wa Buyanja, Benon Tumusiime yemeje aya makuru, avuga ko uru rugo rugoswe n’abashinzwe umutekano bagera kuri 15 bambaye impuzankano ya polisi.

Uyu muyobozi avuga ko ” Babanje kubuza ababa muri uru rugo kugira aho bajya. Babemereye kunyeganyega bamaze kubasaka n’urugo.”

Abaturage bavuganye na Daily Monitor bavuga ko abashinzwe umutekano bambaye gipolisi n’abambaye gisivili bageze kuri uru rugo rwa Gen. Tumukunde kuva kuwa Gatandatu.

Uru rugo ngo rukaba rubamo mwishywa wa Tumukunde, izina rye ritatangajwe, n’abandi bakozi bamukorera bahaba. Uru rugo kandi rwegeranye n’urwa mukuru wa Tumukunde, Topher Kakurugu, hagati y’izi ngo hakaba harimo nka metero 100 gusa.

Tumusiime avuga ko abantu bari muri uru rugo bari gukora imirimo yabo uko bisanzwe ariko ushaka kuhasohoka cyangwa kuhinjira abanza gusakwa.

Uru rugo rwa Gen. Tumukunde ruherereye Rukungiri rwatangiye gusakwa nyuma yo gusaka mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Kololo muri Kampala, ahasatswe kuwa gatandatu ushize kugeza ku cyumweru.

Hagati aho hari amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports avuga ko abashinzwe umutekano ba Uganda baba barimo gushakisha miliyoni 40 z’Amadolari Tumukunde yaba yateganyaga gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza .

Lt. Gen. Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda, yatawe muri yombi kuwa Kane ushize, nyuma yo gutangaza amagambo yafashwe nk’ubugambanyi, aho yamagariye u Rwanda gufasha guhindura ubutegetsi muri Uganda. Yari aherutse ariko no gutangaza ko yiteguye guhangana na Museveni mu matora yo mu mwaka utaha.

Kuwa Gatandatu ushize abashinzwe umutekano biriwe basaka mu rugo rwe muri Kololo, ku Cyumweru ajyanwa mu bitaro nyuma yo kwitura hasi aho yari afungiye na n’ubu akaba yemeza ko akiri mu bitaro nubwo hari amakuru yari yabanje kuvuga ko yasohotsemo.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Tumukunde yavuze ko ibyo bikorwa byo gusaka mu rugo rwe ruherereye Rukungiri binyuranyije n’amategeko kuko ubundi amategeko ateganya ko bikorwa ukekwaho icyaha ahibereye.

2020-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Abanyarwanda 3 barimo umuvugabutumwa bapfiriye muri Mozambique[AMAFOTO]

Abanyarwanda 3 barimo umuvugabutumwa bapfiriye muri Mozambique[AMAFOTO]

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye
POLITIKI

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC
ITOHOZA

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru