• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Ubwanditsi 27 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu gihe imirwano ikomeje guca ibintu hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, FARDC, n’ inyeshyamba z’umutwe wa M23, ndetse amakuru akavuga ko FARDC yambuwe ibirindiro byinshi hafi y’umujyi wa Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’ Amajyaruguru , bamwe mu bategetsi b’icyo gihugu bafite ipfunwe ryo gukubitwa inshuro, maze bakabeshyera ingabo z’u Rwanda, bazivanga ku maherere muri iyo mirwano.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Madamu Yolande Makolo yabwiye itangazamakuru ko Ingabo z’u Rwanda ntaho zihuriye n’intambara ibera muri Kongo, kandi ko zidashobora kwivanga mu kibazo kireba Abanyekongo ubwabo.

Madamu Makolo yagize ati”: Aho gushinja u Rwanda ibinyoma, FARDC yagombye gusobanura impamvu yifatanyije n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, bakarasa ibisasu byaguye mu Rwanda, bikanakomeretsa abaturage.”

Muri Werurwe uyu mwaka ndetse no mu ntangiriro z’iki cyumweru, FARDC ifatanyije na FDLR barashe ibisasu mu Kinigi mu karere ka Musanze. Madamu Makolo yavuze ko nubwo kwirengera no kwihimura ku barashe ibyo bisasu ari uburenganzira bw’u Rwanda, rwo rwahisemo gusaba ko haba iperereza kuri ibyo bikorwa by’ubushotoranyi, mu rwego rwo gufatanya n’ ibindi bihugu gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano w’ Akarere k’Ibiyaga Bigari .

  Amakuru ava ku rugamba arahamya ko mu ngabo za Kongo harimo abarwanyi benshi ba FDLR, wa mutwe ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Gusa ikigaragara nta kinini FDLR yabafashije, kuko nk’umujyi wa Bunagana, ikigo cya gisirikari gikomeye cya Rumangabo n’utundi duce two mu nkengero za Goma, ubu byigaruriwe na M23.

Kuba FDLR iri ku ruhande rwa Leta, biri mu bituma ingengabitekerezo ya jenoside irushaho kwiyongera mu Banyekongo, magingo aya abibasiwe bakaba ari abavuga ikinyarwanda, cyangwa abasa n’Abanyarwanda.

Umupolisi ukomeye muri Kivu y’Amajyaruguru yahamagariye abaturage kwiyambaza intwaro za gakondo, zirimo imipanga n’amacumu, bagahiga “M23 n’ibyitso byabo”, neza neza nk’uko Leta y’interahamwe mu Rwanda yabigenje ishishikariza abaturage kwica Abatutsi. Nyuma y’ayo magambo ashyamiranya abaturage hari umusirikari wa FARDC ufite ipeti rya colonel wahise yicwa, bamwita “Umututsi ukorana n’umwanzi”, nyamara amaze gupfa baje gusanga ari uwo mu bwoko bw’Abashi.

Abanyekongo rero bakwiye kuva mu manjwe, bagashakira hamwe umuti w’ibibazo byabo bikurura intambara za hato na hato, aho gushaka buri gihe uwo babyegekaho. Nk’iyi M23 yabazengereje ubutegetsi bwanze kuyiha agaciro, cyane cyane bwinangira gushyira mu bikorwa amasezerano impande zombi zagiranye inshuro nyinshi, arimo kwinjiza abarwanyi ba M23 mu ngabo za Leta, abandi bagasubizwa mu buzima busanzwe. Ibi se kandi nabyo ni u Rwanda rwabibabujije ra?!

2022-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo  watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports

Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports

RUSHYASHYA 23 Jun 2026
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Ubwanditsi 20 Jan 2022
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Ubwanditsi 30 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye
ITOHOZA

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Ubwanditsi 29 May 2017
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE
POLITIKI

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga
Mu Rwanda

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru