• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda   |   02 Jul 2022

  • Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”   |   01 Jul 2022

  • Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball   |   30 Jun 2022

  • Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika   |   29 Jun 2022

  • Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi   |   28 Jun 2022

  • Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma   |   28 Jun 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Editorial 27 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu gihe imirwano ikomeje guca ibintu hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, FARDC, n’ inyeshyamba z’umutwe wa M23, ndetse amakuru akavuga ko FARDC yambuwe ibirindiro byinshi hafi y’umujyi wa Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’ Amajyaruguru , bamwe mu bategetsi b’icyo gihugu bafite ipfunwe ryo gukubitwa inshuro, maze bakabeshyera ingabo z’u Rwanda, bazivanga ku maherere muri iyo mirwano.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Madamu Yolande Makolo yabwiye itangazamakuru ko Ingabo z’u Rwanda ntaho zihuriye n’intambara ibera muri Kongo, kandi ko zidashobora kwivanga mu kibazo kireba Abanyekongo ubwabo.

Madamu Makolo yagize ati”: Aho gushinja u Rwanda ibinyoma, FARDC yagombye gusobanura impamvu yifatanyije n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, bakarasa ibisasu byaguye mu Rwanda, bikanakomeretsa abaturage.”

Muri Werurwe uyu mwaka ndetse no mu ntangiriro z’iki cyumweru, FARDC ifatanyije na FDLR barashe ibisasu mu Kinigi mu karere ka Musanze. Madamu Makolo yavuze ko nubwo kwirengera no kwihimura ku barashe ibyo bisasu ari uburenganzira bw’u Rwanda, rwo rwahisemo gusaba ko haba iperereza kuri ibyo bikorwa by’ubushotoranyi, mu rwego rwo gufatanya n’ ibindi bihugu gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano w’ Akarere k’Ibiyaga Bigari .

  Amakuru ava ku rugamba arahamya ko mu ngabo za Kongo harimo abarwanyi benshi ba FDLR, wa mutwe ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Gusa ikigaragara nta kinini FDLR yabafashije, kuko nk’umujyi wa Bunagana, ikigo cya gisirikari gikomeye cya Rumangabo n’utundi duce two mu nkengero za Goma, ubu byigaruriwe na M23.

Kuba FDLR iri ku ruhande rwa Leta, biri mu bituma ingengabitekerezo ya jenoside irushaho kwiyongera mu Banyekongo, magingo aya abibasiwe bakaba ari abavuga ikinyarwanda, cyangwa abasa n’Abanyarwanda.

Umupolisi ukomeye muri Kivu y’Amajyaruguru yahamagariye abaturage kwiyambaza intwaro za gakondo, zirimo imipanga n’amacumu, bagahiga “M23 n’ibyitso byabo”, neza neza nk’uko Leta y’interahamwe mu Rwanda yabigenje ishishikariza abaturage kwica Abatutsi. Nyuma y’ayo magambo ashyamiranya abaturage hari umusirikari wa FARDC ufite ipeti rya colonel wahise yicwa, bamwita “Umututsi ukorana n’umwanzi”, nyamara amaze gupfa baje gusanga ari uwo mu bwoko bw’Abashi.

Abanyekongo rero bakwiye kuva mu manjwe, bagashakira hamwe umuti w’ibibazo byabo bikurura intambara za hato na hato, aho gushaka buri gihe uwo babyegekaho. Nk’iyi M23 yabazengereje ubutegetsi bwanze kuyiha agaciro, cyane cyane bwinangira gushyira mu bikorwa amasezerano impande zombi zagiranye inshuro nyinshi, arimo kwinjiza abarwanyi ba M23 mu ngabo za Leta, abandi bagasubizwa mu buzima busanzwe. Ibi se kandi nabyo ni u Rwanda rwabibabujije ra?!

2022-05-27
Editorial

IZINDI NKURU

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Editorial 22 Mar 2021
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Editorial 27 Jan 2017
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 30 Jun 2016
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Editorial 21 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru