Rayon Sports yaguze rutahizamu Antonio Atisso Kodjo ukomoka muri Togo, akaba ari na we wabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Bénin.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026, ni bwo Rayon Sports yatangaje rutahizamu mushya uzayifasha mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.
Uyu rutahizamu witwa Antonio Kossivi Atisso Kodjo wafashije ikipe ya Damissa FC yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Bénin ya Celtiis Ligue 1.
Uyu mukinnyi w’imyaka 27 ukomoka muri Togo yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Gikundiro, akaba abaye umunyamahanga wa gatatu usinyishijwe nyuma ya Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda Abbel bakina mu bwugarizi.
Atisso Kodjo usanzwe asatira izamu anyuze ku ruhande rw’ibumoso, yatsinze ibitego bitatu wenyine ubwo bakinaga na US Cavaliers de Nikki, bagatsindwa ibitego 4-3.
Uyu mukinnyi wari warasoje amasezerano ye muri Damissa FC, yakiniye andi makipe arimo ASFOSA Lomé na ASC Kara zombi z’iwabo. Akiri muto yigeze guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ya Togo y’Abatarengeje imyaka 23.
Abandi bakinnyi Rayon Sports iri kwitegura imikino irimo CECAFA Kagame Cup na CAF Confederation Cup yongeyemo, ni Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Nkundimana Fabio na Nizeyimana Mubarak.
Kuri aba bakinnyi hiyongeraho umutoza w’abanyezamu mushya, Hugo Tricárico, uzafatanya na Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, n’Umutoza Mukuru, Haringingo Francis.







