• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ntabwo nenga aba Miss bambara Bikini ahubwo nenga ababategeka kuzambara- Rucagu Boniface

Ntabwo nenga aba Miss bambara Bikini ahubwo nenga ababategeka kuzambara- Rucagu Boniface

Ubwanditsi 04 Oct 2018 SHOWBIZ

Rucagu Boniface yanenze abantu bategeka ba Nyampinga kwambara bikini avuga ko aribo babakoresha amakosa.

Rucagu Boniface uba mu kanama ngishwanama k’inararibonye z’igihugu avuga ko Nyampinga atari izina rihabwa abanyura mu marushanwa y’ ubwiza ahubwo ngo byitwaga umukobwa wagaragazaga imico myiza ubwo yabaga avuye iwabo agiye kubaka urwe.

Rucagu Boniface mu kiganiro yagiranye n’umuseke dukesha iyi nkuru yashimye ko hariho irushanwa ry’ubwiza kandi akavuga kandi ko muri rusange Abanyarwandakazi bambara bakikwiza.

Ati:“ Ni abo gushimwa pe kuko n’ abanyamahanga barabashima uzarebe nk’ Abazungu iyo baje inaha usanga bambaye imikenyero kandi babyishimiye cyane.”

Nubwo hari abo ashima ariko ngo hari n’abo anenga cyane cyane mu rubyiruko biyambika ubusa.

Ati “ Niba Abanyarwanda barateye intambwe bakabona ko kwikwiza ari byiza muri iki gihe kuki abana bato bakabigendeyeho bakabikora bakareka kwitesha agaciro biyambika ubusa!”

Yakomoje no kuri ba Miss bajya batorwa ugasanga ngo abantu barabyitiranya bakamuha izina rya nyampinga kandi kuri we ngo bidakwiriye.

Rucagu avuga ko hambere amarushanwa nkariya atabagaho. Gusa ngo ba nyampinga bahozeho.

Ati “ Kwitwa Nyampinga ntibyasaga kunyura mu marushanwa….Nyampinga yari umukobwa urangwa n’ ibikorwa byiza yakoze, ni izina rihabwa umukobwa wavuye mu rugo rw’ ababyeyi agashaka umugabo yagera mu rwe akarufata neza noneho abo mu muryango we bamugana bababaye akababera igisubizo.

Ngo ntabwo anenga aba Miss bambara Bikini ahubwo anenga ababategeka kuzambara

Rucagu kandi yanashimye cyane abakobwa bajya baserukira igihugu mu marushanwa y’ ubwiza bakitwara neza bakavuga neza igihugu iyo mu mahanga.

Ariko ngo akananenga abategeka bariya bakobwa kwambara za bikini.

Ati “ Hari abo njya mbona biyambitse impenure ariko ahanini sibo nenga cyane ahubwo nenga ababibakoresha.”

Rucagu yavuze hagize umukobwa ujya hanze mu mahanga aho bambara biriya nawe akabyambara ngo ntiyamuveba ariko ngo uwajyayo mu izina ry’u Rwanda akambara bikini yamunenga kuko zitari mu muco w’Abanyarwanda.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ubwanditsi 21 Mar 2021
Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze

Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora
Mu Rwanda

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa
Amakuru

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru