• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Ubwanditsi 20 Jan 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura VS yahesheje ishema abafana bayo igera mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup, ariko ntiyashoboye kurirenga ngo igere mu matsinda kuko yasezerewe na Al-Hilal Club Omdurman ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Uyu mwaka w’imikino wari uw’ibyishimo, amahirwe n’ibirori mu bakunzi ba Mukura Victory Sports et Loisirs Football Club y’i Huye, begukanye igikombe cy’amahoro nyuma y’imyaka 28.

Iyi kipe yabonye itike y’imikino ya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere inatungurana isezerera amakipe abiri afite amazina n’ubukombe, Free State Stars yo muri Afurika na Hilal El Obeid yo muri Sudani.

Ariko ntabwo byayishobokeye ko irenga ijonjora rya gatatu kuko ibitego 3-0 yatsindiwe muri Sudani mu mukino ubanza byatumye ikina uwo kwishura kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019 ifite akazi gakomeye kayitegereje.

Muri uyu mukino umutoza Haringingo Francis yakoze impinduka agirira icyizere umunyezamu udasanzwe abanza mu kibuga, Wilonja Ismail, mu mwanya wa Rwabugiri Omar utaritwaye neza mu mukino ubanza.

Ikipe ya Al-Hilal Club Omdurman yatangiranye umukino imbaraga nke benshi bakeka ko ari ukwirara kuko ifite impamba y’ibitego bitatu. N’umutoza wayo Irad Zaafouri yahisemo kwicaza kapiteni Muhamed Ahmed Bashil usanzwe ugenderwaho muri iyi kipe.

Mukura VS yeretse Al-Hilal ko ishobora kuyitungura ifungura amazamu hakiri ku gitego cyatsinzwe n’umutwe wa Iradukunda Bertrand ku munota wa 30, ahawe umupira na Ciza Hussein witwaye neza mu gice cya mbere.

Igice cya mbere cyarangiye Mukura VS iyoboye umukino, biyizamurira icyizere bituma mu gice cya kabiri umutoza wayo akora impinduka yongeramo ba rutahizamu babiri Onesme Twizerimana na Lomami Frank mu myanya ya Iradukunda Bertrand na Mutebi Rashid.

Gusatira cyane kwa Mukura VS kwateshejwe agaciro na ba myugariro ba Al-Hilal bongerewe imbaraga na Mohamed Osman wasimbuye Sharaf Eldin, bituma umukino urangira ari 1-0, Al-Hilal ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga u mpande zombi:

Mukura VS:

Umunyezamu: Wilonja Ismail
Ba myugariro: David Nshimirimana, Saidi Iragire, Rugirayabo Hassan na Janvier Mutijima
Abakina Hagati: Munyakazi Yussuf Lule, Gaël Duhayindavyi, Ciza Hussein Mugabo (c) na Bertrand Iradukunda
Ba rutahizamu: Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rashid

Al-Hilal Club Omdurman:

Umunyezamu: Salim Jamal Magola Ba myugariro: Saed Osman Ismael, Emmanuel Chukwu Aliwa, Meghani Elyas, na Abdalah Mamoun.
Abakina hagati: Geovane Diniz Silva, Nasr Eldin Muhamed, Boubacar Diarra na Sharaf Eldin.
Ba rutahizamu: Musa Eldai, na Idris Mbambo

Ni umukino wa mbere Mutebi Rashid yakiniye Mukura VS kuri Stade Huye mu marushanwa ya CAF

2019-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Kigali : CAF yasinyanye  amasezerano  y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Kigali : CAF yasinyanye amasezerano y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 22 Feb 2022
APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

Ubwanditsi 04 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.
Amakuru

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021
Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse
Amakuru

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?
ITOHOZA

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Ubwanditsi 16 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru