• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Ubwanditsi 20 Jan 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura VS yahesheje ishema abafana bayo igera mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup, ariko ntiyashoboye kurirenga ngo igere mu matsinda kuko yasezerewe na Al-Hilal Club Omdurman ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Uyu mwaka w’imikino wari uw’ibyishimo, amahirwe n’ibirori mu bakunzi ba Mukura Victory Sports et Loisirs Football Club y’i Huye, begukanye igikombe cy’amahoro nyuma y’imyaka 28.

Iyi kipe yabonye itike y’imikino ya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere inatungurana isezerera amakipe abiri afite amazina n’ubukombe, Free State Stars yo muri Afurika na Hilal El Obeid yo muri Sudani.

Ariko ntabwo byayishobokeye ko irenga ijonjora rya gatatu kuko ibitego 3-0 yatsindiwe muri Sudani mu mukino ubanza byatumye ikina uwo kwishura kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019 ifite akazi gakomeye kayitegereje.

Muri uyu mukino umutoza Haringingo Francis yakoze impinduka agirira icyizere umunyezamu udasanzwe abanza mu kibuga, Wilonja Ismail, mu mwanya wa Rwabugiri Omar utaritwaye neza mu mukino ubanza.

Ikipe ya Al-Hilal Club Omdurman yatangiranye umukino imbaraga nke benshi bakeka ko ari ukwirara kuko ifite impamba y’ibitego bitatu. N’umutoza wayo Irad Zaafouri yahisemo kwicaza kapiteni Muhamed Ahmed Bashil usanzwe ugenderwaho muri iyi kipe.

Mukura VS yeretse Al-Hilal ko ishobora kuyitungura ifungura amazamu hakiri ku gitego cyatsinzwe n’umutwe wa Iradukunda Bertrand ku munota wa 30, ahawe umupira na Ciza Hussein witwaye neza mu gice cya mbere.

Igice cya mbere cyarangiye Mukura VS iyoboye umukino, biyizamurira icyizere bituma mu gice cya kabiri umutoza wayo akora impinduka yongeramo ba rutahizamu babiri Onesme Twizerimana na Lomami Frank mu myanya ya Iradukunda Bertrand na Mutebi Rashid.

Gusatira cyane kwa Mukura VS kwateshejwe agaciro na ba myugariro ba Al-Hilal bongerewe imbaraga na Mohamed Osman wasimbuye Sharaf Eldin, bituma umukino urangira ari 1-0, Al-Hilal ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga u mpande zombi:

Mukura VS:

Umunyezamu: Wilonja Ismail
Ba myugariro: David Nshimirimana, Saidi Iragire, Rugirayabo Hassan na Janvier Mutijima
Abakina Hagati: Munyakazi Yussuf Lule, Gaël Duhayindavyi, Ciza Hussein Mugabo (c) na Bertrand Iradukunda
Ba rutahizamu: Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rashid

Al-Hilal Club Omdurman:

Umunyezamu: Salim Jamal Magola Ba myugariro: Saed Osman Ismael, Emmanuel Chukwu Aliwa, Meghani Elyas, na Abdalah Mamoun.
Abakina hagati: Geovane Diniz Silva, Nasr Eldin Muhamed, Boubacar Diarra na Sharaf Eldin.
Ba rutahizamu: Musa Eldai, na Idris Mbambo

Ni umukino wa mbere Mutebi Rashid yakiniye Mukura VS kuri Stade Huye mu marushanwa ya CAF

2019-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ubwanditsi 15 Nov 2022
Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 12 May 2025
General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Ubwanditsi 25 Nov 2024
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi
IMIKINO

Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa
UBUKUNGU

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Ubwanditsi 17 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru