• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Ubwanditsi 20 Jan 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura VS yahesheje ishema abafana bayo igera mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup, ariko ntiyashoboye kurirenga ngo igere mu matsinda kuko yasezerewe na Al-Hilal Club Omdurman ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Uyu mwaka w’imikino wari uw’ibyishimo, amahirwe n’ibirori mu bakunzi ba Mukura Victory Sports et Loisirs Football Club y’i Huye, begukanye igikombe cy’amahoro nyuma y’imyaka 28.

Iyi kipe yabonye itike y’imikino ya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere inatungurana isezerera amakipe abiri afite amazina n’ubukombe, Free State Stars yo muri Afurika na Hilal El Obeid yo muri Sudani.

Ariko ntabwo byayishobokeye ko irenga ijonjora rya gatatu kuko ibitego 3-0 yatsindiwe muri Sudani mu mukino ubanza byatumye ikina uwo kwishura kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019 ifite akazi gakomeye kayitegereje.

Muri uyu mukino umutoza Haringingo Francis yakoze impinduka agirira icyizere umunyezamu udasanzwe abanza mu kibuga, Wilonja Ismail, mu mwanya wa Rwabugiri Omar utaritwaye neza mu mukino ubanza.

Ikipe ya Al-Hilal Club Omdurman yatangiranye umukino imbaraga nke benshi bakeka ko ari ukwirara kuko ifite impamba y’ibitego bitatu. N’umutoza wayo Irad Zaafouri yahisemo kwicaza kapiteni Muhamed Ahmed Bashil usanzwe ugenderwaho muri iyi kipe.

Mukura VS yeretse Al-Hilal ko ishobora kuyitungura ifungura amazamu hakiri ku gitego cyatsinzwe n’umutwe wa Iradukunda Bertrand ku munota wa 30, ahawe umupira na Ciza Hussein witwaye neza mu gice cya mbere.

Igice cya mbere cyarangiye Mukura VS iyoboye umukino, biyizamurira icyizere bituma mu gice cya kabiri umutoza wayo akora impinduka yongeramo ba rutahizamu babiri Onesme Twizerimana na Lomami Frank mu myanya ya Iradukunda Bertrand na Mutebi Rashid.

Gusatira cyane kwa Mukura VS kwateshejwe agaciro na ba myugariro ba Al-Hilal bongerewe imbaraga na Mohamed Osman wasimbuye Sharaf Eldin, bituma umukino urangira ari 1-0, Al-Hilal ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga u mpande zombi:

Mukura VS:

Umunyezamu: Wilonja Ismail
Ba myugariro: David Nshimirimana, Saidi Iragire, Rugirayabo Hassan na Janvier Mutijima
Abakina Hagati: Munyakazi Yussuf Lule, Gaël Duhayindavyi, Ciza Hussein Mugabo (c) na Bertrand Iradukunda
Ba rutahizamu: Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rashid

Al-Hilal Club Omdurman:

Umunyezamu: Salim Jamal Magola Ba myugariro: Saed Osman Ismael, Emmanuel Chukwu Aliwa, Meghani Elyas, na Abdalah Mamoun.
Abakina hagati: Geovane Diniz Silva, Nasr Eldin Muhamed, Boubacar Diarra na Sharaf Eldin.
Ba rutahizamu: Musa Eldai, na Idris Mbambo

Ni umukino wa mbere Mutebi Rashid yakiniye Mukura VS kuri Stade Huye mu marushanwa ya CAF

2019-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

RUSHYASHYA 12 May 2026
Amerika: Teta Diana azataramira abazitabira ‘US Rwandan Diaspora Women Convention’

Amerika: Teta Diana azataramira abazitabira ‘US Rwandan Diaspora Women Convention’

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?
Amakuru

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Abagore 10 b’abaperezida muri Afurika bafite uburanga buhebuje “REBA HANO”
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abagore 10 b’abaperezida muri Afurika bafite uburanga buhebuje “REBA HANO”

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”
ITOHOZA

Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Ubwanditsi 05 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru