• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup

Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup

RUSHYASHYA 05 Aug 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 yaherukagaho mu 1998 itwara igikombe, nyuma yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo muri 1/2 iyitsinze ibitego 3-1.

Ni amateka Rayon Sports yasubiyemo nyuma yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo iyitsindiye ibitego 3-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa 1/2. Ibi bitego byaranze uyu mukino wari uryoheye ijisho byatsinzwe na Muderi Akbar ku munota wa 17.

Ibrahim Djingarey yatsinze icya kabiri ku munota wa 59, Jamus SC yishyuramo kimwe ku munota wa 59 mu gihe Tambwe Gloire yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 90 w’uyu mukino wongereweho iminota itandatu nayo yarangiye Rayon Sports itsinze umukino n’ibitego 3-1.

Rayon Sportsyaherukaga gukina umukinowanyuma wa CECAFA KagameCup mu 1998 ubwo yatsindaga Mlandege yo muri Zanzibar ibitego 2-1 ubwo iri ruhanwa ryari ryanabereye muri iki gihugu.

Abafana ba Rayon Sports benshi bari biganje muri Kigali Pele Stadium yari yuzuye mu bice byose batahanye ibyishimo by’ikipe yabonye igeze ku mukino wa nyuma idatsinzwe na rimwe kuko batsinze imikino itatu yose.

Uyu mukino wakinwe Saa Moya z’ijoro aho wari ukurikiye uwari watangiye Saa Cyenda z’igicamunsi, ikipe ya Gor Mahia FC yakinnye na Al Hilal SC. Ikipe ya Gor Mahia FC niyo yafunguye amazamu ku munota wa 37 ku gitego cyitsinzwe na myugariro wa Al Hilal SC Steven Ebuela cyishyurwa ariko n’Umunya-Gambia Samura ku munota wa 45 igice cya mbere kirangira ari 1-1.

Amakipe yombi yakinnye igice cya kabiri ashakisha igitego cy’intsinzi ariko imimota 90 isanzwe irangira bikiri igitego 1-1 maze nkuko amategeko abiteganya hongerwaho iminota 30 nayo yarangiye amakipe ananiranwe hakitabazwa penaliti. Izi penaliti zatewe bagera muri penaliti icumi ikipe ya Gor Mahia FC itsindamo umunani, Al Hilal SC itsinze zirindwi(8-7) itsinda umukino igera ku mukino wa nyuma.

Kuri uyu mukino wa nyuma, ikipe ya Gor Mahia FC izahahurira na Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu, Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kuri Stade Amahoro mu gihe Al Hilal SC na Jamus FC bazakinira umwanya wa gatatu.

ImageImageImageImageImageImageImage

2026-08-05
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023
Amakuru

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Ubwanditsi 30 May 2023
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”
Amakuru

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.
Amakuru

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru