Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 yaherukagaho mu 1998 itwara igikombe, nyuma yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo muri 1/2 iyitsinze ibitego 3-1.
Ni amateka Rayon Sports yasubiyemo nyuma yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo iyitsindiye ibitego 3-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa 1/2. Ibi bitego byaranze uyu mukino wari uryoheye ijisho byatsinzwe na Muderi Akbar ku munota wa 17.
Ibrahim Djingarey yatsinze icya kabiri ku munota wa 59, Jamus SC yishyuramo kimwe ku munota wa 59 mu gihe Tambwe Gloire yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 90 w’uyu mukino wongereweho iminota itandatu nayo yarangiye Rayon Sports itsinze umukino n’ibitego 3-1.
Rayon Sportsyaherukaga gukina umukinowanyuma wa CECAFA KagameCup mu 1998 ubwo yatsindaga Mlandege yo muri Zanzibar ibitego 2-1 ubwo iri ruhanwa ryari ryanabereye muri iki gihugu.
Abafana ba Rayon Sports benshi bari biganje muri Kigali Pele Stadium yari yuzuye mu bice byose batahanye ibyishimo by’ikipe yabonye igeze ku mukino wa nyuma idatsinzwe na rimwe kuko batsinze imikino itatu yose.
Uyu mukino wakinwe Saa Moya z’ijoro aho wari ukurikiye uwari watangiye Saa Cyenda z’igicamunsi, ikipe ya Gor Mahia FC yakinnye na Al Hilal SC. Ikipe ya Gor Mahia FC niyo yafunguye amazamu ku munota wa 37 ku gitego cyitsinzwe na myugariro wa Al Hilal SC Steven Ebuela cyishyurwa ariko n’Umunya-Gambia Samura ku munota wa 45 igice cya mbere kirangira ari 1-1.
Amakipe yombi yakinnye igice cya kabiri ashakisha igitego cy’intsinzi ariko imimota 90 isanzwe irangira bikiri igitego 1-1 maze nkuko amategeko abiteganya hongerwaho iminota 30 nayo yarangiye amakipe ananiranwe hakitabazwa penaliti. Izi penaliti zatewe bagera muri penaliti icumi ikipe ya Gor Mahia FC itsindamo umunani, Al Hilal SC itsinze zirindwi(8-7) itsinda umukino igera ku mukino wa nyuma.
Kuri uyu mukino wa nyuma, ikipe ya Gor Mahia FC izahahurira na Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu, Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kuri Stade Amahoro mu gihe Al Hilal SC na Jamus FC bazakinira umwanya wa gatatu.




