• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Ubwanditsi 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege, aravuga ko nta gahunda kiliziya gatulika ifite yo kwifatanya n’abapadiri barimo abajenosideri mu kwihiza Yubile y’imyaka 25.Akavuga ko atazi abakoze urwo rutonde rw’aba padiri bagomba gukorerwa yubire.

Ibi arabihakana hashingiwe ku butumire bwanditswe mu izina rye ariko akavuga ko atari we wabwanditse. Ni ibaruwa y’ubutumire yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter.

IBUKA, nayo ikavuga ko gukorera Yubire abapadiri bahamwe n’ibyaha bya Jenoside, ari uguhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no gutoneka abacitse ku icumu.

Inkuru y’Izuba rirashe iragira iti:

Mgr Mbonyintege ati ‘baratubeshyera’, Tom Ndahiro ati ‘ayo ni amatakirangoyi’

Umwe mushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro, wemeza ko iyi baruwa yanditswe na Kiliziya Gatulika, ati “Ni bo bayanditse, ibyo kuyihakana birumvikana ko ari amatakirangoyi”.

Tom Ndahiro, kuri Twitter, yabwiye Umushumba wa Kiliziya gatulika ku Isi, Papa Francis (@Pontifex) ko ibyakozwe na Kiliziya ya Kabgayi, byo gutangaza ko izifatanya n’abapadiri bizihiza yubile barimo abakoze jenoside (Rukundo Emmanuel na Ndagijimana Joseph), bikojeje isoni.

-3068.jpg

Magingo aya Mgr Mbonyintege ntabwo ari mu Rwanda. Ari mu nama i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ubutumwa bwe bunyomoza buragira buti,

“Njye nibaza n’uwabitangaje uwo ari we, icyo yashakaga. Ntabwo ari byo, ntabwo ari byo! Nabyumvise, tuzakora yubile y’abapadiri bitwaye neza bari mu gihugu. Ayo ni yo makuru twabatangariza.”

Abajijwe uwo akeka waba wanditse ubwo butumire bwazamuye uburakari bwa benshi, Mgr Mbonyintege yagize ati “Ubwo butumire uwabukoze ni ibyo yiyandikiye ntaho bihuriye n’ubutumwa bw’umwepiskopi kuko ntabwo nakoze njyewe. Abazakorerwa yubile ni abari mu gihugu, ntabwo ari abafunze cyangwa abari mu mahanga. Abazakorerwa yubile ni batatu.”

Nyuma yo kumva Mgr Mbonyintege ahakana ibyo kwandika iyi baruwa, Ikinyamakuru Izubarirashe dukesha iyi nkuru cyashatse kumenya aho Tom Ndahiro yayikuye, yanga kuhavuga ariko abahamiriza ko yayihawe n’umuntu wo muri kiliziya kandi yizeye cyane ku buryo adatekereza ko yamupfunyikiye ikibiribiri.

Ati “Ikibazo ni ukuvuga ngo, nibasohore lisite bariya bantu batarimo kuko ni abantu bari bagiye gukora yubile y’imyaka 25, icya kabiri nibavuge position yabo (aho bahagaze) ku muntu wakoze jenoside, ko amategeko y’isi yabahannye bo babagenje gute?”

Tom Ndahiro avuga ko kuba kiliziya ibihakana n’ubundi nta kindi yakora atari ukubihakana. Ati “Ntabwo twavuga ababiduhaye kugira ngo batabamerera nabi, ariko birahari ntabwo duhubuka dutyo. Mu gihe gito nerekanye umupadiri wakatiwe ufungiye ku Gisenyi warimo asomana misa na musenyeri…”

Aha yakomozaga ku mupadiri witwa Edouard Ntuliye wakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi ugaragara ku ifoto ari kumwe na Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo Anaclet, barimo basoma misa muri gereza, iyi foto na yo Tom Ndahiro akaba yayishyize kuri Twitter.

-3069.jpg

Abajijwe n’umunyamakuru w’Izubarirashe.rw aho yo yayikuye, yabaye nk’utangara ati “Erega mwibimbaza mugende murebe, nonese ntihari abafungwa imbere yabo? Erega ntabwo bari bonyine, hari n’abapadiri bandi babiri.”

Mgr Mbonyintege avuga ko mu mategeko ya kiliziya gatulika bitemewe ko umupadiri wakatiwe uri muri gereza asoma misa, akavuga ko adakeka ko ibyo byabayeho, ko ababikwirakwije babeshya.

Tom Ndahiro ushinjwa kubeshya ariko, akabaza ati “Ko ubutumire bwabo ubusanzwe butangwa mbere y’amezi abiri, ubu ngubu bazabukora ryari? (cyane ko yubile izaba kuwa 16 Nyakanga 2016).” Ashingira kuri ibi yemeza ko ubutumire yakwirakwije adashidikanya ko bwanditswe na kiliziya gatulika kuko yubile isigaje ukwezi kutagera no kuri kumwe.

Musenyeri Mbonyintege avuga ko nagera mu Rwanda gukora ubwo butumire ari cyo kintu azaheraho, agahakana yivuye inyuma ko ubwakwirakwijwe ari ubwabo, agasaba abantu kutabuha agaciro, ati “ni iby’abantu bikorera ku bwo gushyushya imitwe, ibyo mwe kubyitaho.”

Ku kibazo cy’umupadiri wagaragaye yambaye imyenda ya gipadiri asoma misa ari kumwe na Musenyeri wa Diyosezi wa Nyundo, byo avuga ko adakeka ko byabaye, ko umupadiri wakatiwe atemerewe gusoma misa, ariko ko kuba yakwambara umwenda wa gipadiri byo ntawe byagakwiye gutangaza.

Ati “Ikibazo mugomba kumva, nka Leta, iyo umuntu ari umujenosideri aba ari Umunyarwanda nk’abandi. Leta iramutunga iramugaburira, iramwambika, nonese umupadiri wakoze jenoside ni we utatungwa, ni we utagaburirwa nk’abandi? Ntabwo akorerwa ibirori, ntabwo avuga misa, keretse igihe bavuze ko ari umwere cyangwa se afunguwe arangije ibihano. Ariko igihe ari muri gereza afunzwe arasurwa nk’izindi mfungwa zose, ahabwa ukarisitiya nk’abandi kuko biba bifatwa nk’aho yicujije. Iyaba bayisomaga ntabwo twagombaga kujyayo (abapadiri baturuka hanze ya gereza). Tujyayo kuzisoma kandi bahari, zisomwa n’umupadiri uvuye hanze.

Umunyamakuru: Ariko uriya biragaragagara yambaye imyenda ya gipadiri asoma misa…

Mgr Mbonyintege: Ariko se kwambara abandi baba barimo bo ntibaba bambaye? Nta kintu kimubuza kuyambara kuko niba imfungwa tuzikurikiranira hafi, tukazigaburira tukazambika, ntabwo bimubuza kuba ari umunyacyaha, ariko hariho uburenganzira bw’ibanze bugenerwa imfungwa.

-3070.jpg

Mgr Smaragde Mbonyintege wa Diyosezi ya Kabgayi, umushakashatsi kuri Jenoside Tom Ndahiro na Jean Pierre Ndusingizemungu Perezida wa Ibuka

Izuba rirashe

2016-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ubwanditsi 12 May 2016
Burundi/Muyinga: Imbonerakure enye zishwe zimaze kurasa abantu babiri

Burundi/Muyinga: Imbonerakure enye zishwe zimaze kurasa abantu babiri

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Rusizi: Abasirikare b’u Burundi barashe Umunyarwanda

Rusizi: Abasirikare b’u Burundi barashe Umunyarwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Ubwanditsi 06 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora
Mu Rwanda

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Ubwanditsi 21 Jan 2019
Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.
HIRYA NO HINO

Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.

Ubwanditsi 09 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru