• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Ubwanditsi 29 Nov 2016 Mu Mahanga

Abana bafashwa n’ Umuryango Imbuto Foundation basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza, ari yo nkingi izabafasha kugera ku byo igihugu kibifuzaho.

Babisabwe na Munyakazi Isac umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Mineduc, kuwa mbere tariki 28 Ugushyingo 2016.

Hari mu muhango wo gutangiza ihuriro rya munani ry’abana 458 riri kubera mu Karere ka Huye, mu Rwunge rw’amashuri rwa Butare.

Muri uyu muhango Munyakazi yashimiye Madame Jeannette Kagame washinze umuryango Imbuto Foundation akaba anawubereye umuyobozi w’ikirenga.

-4871.jpg

Madame Jeannette Kagame

Yibukije uru rubyiruko ko Madame Jeannette Kagame yafashije abana b’abahanga mu ishuri kubona uko biga mu mashuri meza, mu gihe imiryango yabo itari ibishoboye.
Yaboneyeho kurusaba kubyaza umusaruro aya mahirwe bagize bakiga bashyizeho umwete, kandi bakibuka ko ikinyabupfura ariwo musingi wo kugera ku byo igihugu kibifuzaho.

Ati” Umunyeshuri n’aho yatsinda ariko adafite uburere bwiza, usanga n’ibyo igihugu cyamushoyeho bipfuye ubusa”.

Bamwe mu bana bari muri iri huriro bavuga ko bahigira byinshi bitandukanye n’ibyo baba bize mu mashuri, kandi bakemeza ko bibafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.

Diane Mujawayezu avuga ko kuva aho atangiriye kwitabira aya mahuriro, yigiyemo kwitinyuka yumva ko ashoboye, ndetse ngo yanahamenyeye uburyo ashobora kuzigama mu bushobozi buke ababyeyi baba bamuboneye.

Ati” Mbere nabonaga amafaranga nkayapfusha ubusa, agashira ntacyo amariye. Ariko batwigishije kuzigama ntangira ubwo none ubu nifungurije konti yanjye kandi nyibitsaho amafaranga make make bitewe n’ayo nabonye”.

-4868.jpg

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Umutoni Sandrine

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Umutoni Sandrine avuga ko aya mahuriro afasha abana bafashwa na Imbuto Foundation guhurira hamwe bakamenyana.

Ati” Aya mahuriro afasha abana guhurira hamwe bakaganira, bakaniga amwe mu masomo baba batize mu mashuri bigamo”.

Mu myaka 10 umuryango Imbuto Foundation umaze ufasha abana mu mashuri yisumbuye, umaze gufasha abana barenga 6000,uyu mwaka wa 2016 gusa ukaba warafashije abana 800.

-4870.jpg

-4867.jpg

-4866.jpg

Bamwe mu bana bari muri ihuriro rya munani bari kumwe n’abayobozi banyuranye

2016-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2017
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Abapolisi 9 basezeranye  imbere y’amategeko

Abapolisi 9 basezeranye imbere y’amategeko

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Ubwanditsi 09 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Diane Rwigara na nyina basubiye mu rukiko
INKURU NYAMUKURU

Diane Rwigara na nyina basubiye mu rukiko

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru