• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Ubwanditsi 29 Nov 2016 Mu Mahanga

Abana bafashwa n’ Umuryango Imbuto Foundation basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza, ari yo nkingi izabafasha kugera ku byo igihugu kibifuzaho.

Babisabwe na Munyakazi Isac umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Mineduc, kuwa mbere tariki 28 Ugushyingo 2016.

Hari mu muhango wo gutangiza ihuriro rya munani ry’abana 458 riri kubera mu Karere ka Huye, mu Rwunge rw’amashuri rwa Butare.

Muri uyu muhango Munyakazi yashimiye Madame Jeannette Kagame washinze umuryango Imbuto Foundation akaba anawubereye umuyobozi w’ikirenga.

-4871.jpg

Madame Jeannette Kagame

Yibukije uru rubyiruko ko Madame Jeannette Kagame yafashije abana b’abahanga mu ishuri kubona uko biga mu mashuri meza, mu gihe imiryango yabo itari ibishoboye.
Yaboneyeho kurusaba kubyaza umusaruro aya mahirwe bagize bakiga bashyizeho umwete, kandi bakibuka ko ikinyabupfura ariwo musingi wo kugera ku byo igihugu kibifuzaho.

Ati” Umunyeshuri n’aho yatsinda ariko adafite uburere bwiza, usanga n’ibyo igihugu cyamushoyeho bipfuye ubusa”.

Bamwe mu bana bari muri iri huriro bavuga ko bahigira byinshi bitandukanye n’ibyo baba bize mu mashuri, kandi bakemeza ko bibafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.

Diane Mujawayezu avuga ko kuva aho atangiriye kwitabira aya mahuriro, yigiyemo kwitinyuka yumva ko ashoboye, ndetse ngo yanahamenyeye uburyo ashobora kuzigama mu bushobozi buke ababyeyi baba bamuboneye.

Ati” Mbere nabonaga amafaranga nkayapfusha ubusa, agashira ntacyo amariye. Ariko batwigishije kuzigama ntangira ubwo none ubu nifungurije konti yanjye kandi nyibitsaho amafaranga make make bitewe n’ayo nabonye”.

-4868.jpg

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Umutoni Sandrine

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Umutoni Sandrine avuga ko aya mahuriro afasha abana bafashwa na Imbuto Foundation guhurira hamwe bakamenyana.

Ati” Aya mahuriro afasha abana guhurira hamwe bakaganira, bakaniga amwe mu masomo baba batize mu mashuri bigamo”.

Mu myaka 10 umuryango Imbuto Foundation umaze ufasha abana mu mashuri yisumbuye, umaze gufasha abana barenga 6000,uyu mwaka wa 2016 gusa ukaba warafashije abana 800.

-4870.jpg

-4867.jpg

-4866.jpg

Bamwe mu bana bari muri ihuriro rya munani bari kumwe n’abayobozi banyuranye

2016-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ubwanditsi 13 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato  bikomeje gukorerwa Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure
IMIKINO

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe
Mu Rwanda

Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru