• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Ubwanditsi 10 Feb 2016 Mu Mahanga

​Nk’uko iterambere ry’ ubuzima ari kimwe mu byo ishyira imbere, Polisi y’u Rwanda yongereye ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria muri gahunda zayo zo kurengera ubuzima bw’abanyarwanda.

Nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda , Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa abitangaza, ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria ni inyongera ku bukangurambaga butandukanye Polisi y’u Rwanda isanzwe ikora mu kurengera ubuzima n’imibereho by’abanyarwanda.

Yagize ati:”Nk’uko twagiye tubigenza ku bukangurambaga burwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, iry’icuruzwa ry’abantu , iryo kurwanya ibiyobyabwenge, ni nako turimo gukorana n’abafatanyabikorwa bacu ku bwa Malaria.”

Yongeyeho ko ubu bukangurambaga buzakorerwa mu nzu z’inama, ku maradiyo na televiziyo, hakaba hazibandwa ku kwigisha abaturage ibyakorwa ngo Malaria ikumirwe.

ACP Twahirwa yongeyeho ati:”Ibi Polisi y’u Rwanda ibikora kubera ko n’ubundi abaturage badafite ubuzima nta mutekano baba bafite , niyo mpamvu nyuma y’inshingano zacu z’ibanze, tubona ari na ngombwa kwita ku buzima bw’abaturage tubigisha ku kintu nk’iki, tubifitiye ubumenyi kandi igihe ni iki ngo turandure Malaria mu Rwanda.”

ACP Twahirwa avuga ko ubu bukangurambaga buje buruta ubusanzwe bukorwa mu bijyanye n’imibereho y’abaturage.

Gahunda y’ubuzima muri Polisi y’u Rwanda kandi ,itangirira ku bitaro bikuru bya Kacyiru ari nabyo bifite ishami rikuru rya Isange One Stop Center ritanga ubujyanama, rikavura kandi rikunganira abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana riboneka mu miryango.

Polisi y’u Rwanda kandi ifite ibindi bigo 17 bya Isange One Stop Center n’ibigo nderabuzima 12 mu gihugu hose.

Mu myaka 3 ishize, Polisi y’u Rwanda yatanze inzitiramubu 5000 n’ubwishingizi bwo kwivuza mu miryango 5000 itishoboye.

Ubukangurambaga burwanya Malaria bwa Polisi y’u Rwanda buje nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi , mu kwezi gushize atangije ubukangurambaga bw’amezi 12 bwo kurwanya Malaria n’isuku nke mu karere ka Bugesera.

RNP

2016-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025
Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Ubwanditsi 06 Jan 2016
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare
ITOHOZA

Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018
AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu
IMIKINO

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru