• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Babinyujije mu muzindaro wabo, Kitty Kurth ukorera ikinyamakuru cyo muri Amerika, The New York Times, umuryango wa Rusesabagina wasohoye ikinyoma ko ngo muri gereza ya Mageragere afungiyemo, Paul Rusesabagina atagihabwa amafunguro, amazi yo kunywa n’imiti, hagamijwe kumwica urubozo. Abasomye iyo nkuru basetse baratemba, bibaza ukuntu uwo musaza utarya ntanywe, yarwara ntavurwe, akomeza kubaho, akabona n’imbaraga zo guhamagara muri Amerika avuga ko umudari ugiye kumunangura.

Ubuyobozi bwa gereza ya Mageragere bwahise butangaza ko Rusesabagina afashwe neza, akaba ahabwa amafunguro n’amazi bihagije nk’abandi bafungwa, ndetse yemererwa kubonana n’umuganga we igihe cyose abyifuje, ari nawe umuha imiti. Ubwo buyobozi bwasobanuye ko Rusesabagina asangiye icyumba n’abandi bantu, kuko yanze kuba mu cyumba yari yaragenewe avuga ko ari mu kato. Wakwibaza rero ukuntu abo bafunganywe bahabwa amafunguro, Rusesabagina agahezwa ku meza!
Akamaramaza ni ukubona igitangazamakuru gikomeye na The New York Times kigwa mu mutego nk’uyu , kigatangaza ibintu kidafitiye gihamya. Nta gitangaza kirimo ariko kuko uyu Kitty Kurth yiyemeje kuba umuvugizi wa Rusesabagina, yirengagije ukuri kw’ibyaha inshuti ye magara ikurikiranyweho.

Uru ni ikinamico y’urukurikiranye ry’abo kwa Rusesabagina, kuko batirenza umunsi badahurutuye ikinyoma kitagira shinge na rugero. Babanje kuvuga ko yashimuswe akazanwa mu Rwanda ku ngufu, bakubita igihwereye kuko Constantin Niyomwungeri yasobanuriye isi yose uko Rusesabagina yizanye mu Rwanda. Bidateye kabiri, bati Rusesabagina yimwe abazamwunganira n’amategeko, kandi afite abanyamategeko we ubwe yihitiyemo. Ntibashirwa, bati Rusesabagina wacu yakorewe ihoterwa muri gereza, kandi atarigeze abibwira baba abacamanza, baba abanyamakuru n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bamusuye.

Uku guhora bahimba ko afashwe nabi, ni ukugira ngo amahanga asakuze bityo afungurwe, Ni ugupfunda imitwe gusa ariko, kuko byanze bikunze azaryozwa amabi yakoreye Abanyarwanda Inama Rushyashya yamugira, ni ukuva mu matakirangoyi n’imiteto iteye ishozi,ahubwo agatuza, agategereza imyanzuro y’urubanza rwe,kandi akazayakira uko izaba imeze kose, kuko ariwe wishoye mu byaha byatumye yibona i Mageragere.

2021-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye  irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023
Kirehe: Uwaretse ibiyobyabwenge arakangurira abandi kubyirinda

Kirehe: Uwaretse ibiyobyabwenge arakangurira abandi kubyirinda

Ubwanditsi 05 Feb 2016
Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda
ITOHOZA

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru