• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Umugore ucyekwa gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu yafatiwe mu karere ka Rubavu ku itariki 26 Kamena ahagana saa kumi n’ebyiri za nimugoroba.

Nyiranzitonda Jacqueline, ufite imyaka 36 y’amavuko ni we ukurikiranyweho iki cyaha, akaba yarafatanywe ibiro 30 by’urumogi, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi.

Mu nzu ye hafatiwemo kandi matela eshatu bikekwa ko nazo zaba ari injurano.

Nyiranzitonda aracyeka kuba umwe mu bagize udutsiko tw’abakwirakwiza ibiyobyabwenge n’abiba ibintu bitandukanye, Polisi y’u Rwanda muri aka karere ikaba ikomeje gukora iperereza ngo hamenyekane uruhare rwe muri ibyo byaha.

Ifatwa rye ribaye nyuma y’umunsi umwe Polisi y’u Rwanda itangiye icyumweru cy’ubukangurambaga bwo kurwanya ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge, urubyiruko rukaba rugize umubare munini w’ababyishoramo, ibi bikaba bisobanuye ko rugerwaho n’ingaruka zabyo kurusha abandi.

Yafashwe kandi nyuma y’umunsi umwe mu karere ka Nyamasheke habereye igikorwa cyo kwangiza ibiro 90 by’urumogi rwafatiwe mu bice bitandukanye by’aka karere mu bihe binyuranye mu mezi abiri ashize.

Intara y’Uburengerazuba ifatwa nk’imwe mu nzira inyuzwamo ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko urumogi rufatirwa mu ntara y’uburengerazuba urwinshi muri rwo rufatirwa ku muhanda Mukamira-Ngororero-Muhanga na Rubavu-Musanze-Kigali; naho ibindi biyobyabwenge nka Blue Sky bikaba byinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu bivanywe muri Uganda; bikaba binyuzwa ku mipaka itemewe ihuza iki gihugu n’u Rwanda; cyane cyane mu karere ka Burera, ndetse hakaba hari ibiyobyabwenge bijya bifatirwa muri aka karere bijyanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko ifatwa ry’uru rumogi ndetse n’ibindi biyobyabwenge ryatewe n’ingamba zafashwe zirimo ibikorwa byo gufata ababyishoramo, ubukangurambaga bwo kubyirinda bukorwa mu mashuri no mu muryango nyarwanda, ibi bikiyongeraho uruhare rw’abagize Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing) no guhanahana amakuru ku gihe.
ACP Twahirwa yakomeje agira ati:”Byumvikane neza ko iyo hagize ufatwa akwirakwiza cyangwa anywa ibiyobyabwenge haba hari umuntu wateshutse ku nshingano ze.”

Yagize kandi ati:”Iyo hagize umwana wishora mu biyobyabwenge, ujya kuba ku muhanda, cyangwa ureka ishuri; ababyeyi, abaturanyi, abayobozi b’inzego z’ibanze, ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange bajye bumva ko habayeho kutuzuza inshingano mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Dushyize hamwe twagera kuri byinshi byiza birimo kurengera umwana, kubumbatira umutekano, uburezi bufite ireme, n’iterambere rirambye .”

-3073.jpg

Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa

RNP

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022
ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Muhanga : Perezida Kagame yatangije ikoreshwa rya Drones  mu kugeza amaraso ku barwayi

Muhanga : Perezida Kagame yatangije ikoreshwa rya Drones mu kugeza amaraso ku barwayi

Ubwanditsi 15 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.
Amakuru

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba
Mu Mahanga

Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga
Amakuru

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru