• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Umugore ucyekwa gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu yafatiwe mu karere ka Rubavu ku itariki 26 Kamena ahagana saa kumi n’ebyiri za nimugoroba.

Nyiranzitonda Jacqueline, ufite imyaka 36 y’amavuko ni we ukurikiranyweho iki cyaha, akaba yarafatanywe ibiro 30 by’urumogi, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi.

Mu nzu ye hafatiwemo kandi matela eshatu bikekwa ko nazo zaba ari injurano.

Nyiranzitonda aracyeka kuba umwe mu bagize udutsiko tw’abakwirakwiza ibiyobyabwenge n’abiba ibintu bitandukanye, Polisi y’u Rwanda muri aka karere ikaba ikomeje gukora iperereza ngo hamenyekane uruhare rwe muri ibyo byaha.

Ifatwa rye ribaye nyuma y’umunsi umwe Polisi y’u Rwanda itangiye icyumweru cy’ubukangurambaga bwo kurwanya ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge, urubyiruko rukaba rugize umubare munini w’ababyishoramo, ibi bikaba bisobanuye ko rugerwaho n’ingaruka zabyo kurusha abandi.

Yafashwe kandi nyuma y’umunsi umwe mu karere ka Nyamasheke habereye igikorwa cyo kwangiza ibiro 90 by’urumogi rwafatiwe mu bice bitandukanye by’aka karere mu bihe binyuranye mu mezi abiri ashize.

Intara y’Uburengerazuba ifatwa nk’imwe mu nzira inyuzwamo ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko urumogi rufatirwa mu ntara y’uburengerazuba urwinshi muri rwo rufatirwa ku muhanda Mukamira-Ngororero-Muhanga na Rubavu-Musanze-Kigali; naho ibindi biyobyabwenge nka Blue Sky bikaba byinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu bivanywe muri Uganda; bikaba binyuzwa ku mipaka itemewe ihuza iki gihugu n’u Rwanda; cyane cyane mu karere ka Burera, ndetse hakaba hari ibiyobyabwenge bijya bifatirwa muri aka karere bijyanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko ifatwa ry’uru rumogi ndetse n’ibindi biyobyabwenge ryatewe n’ingamba zafashwe zirimo ibikorwa byo gufata ababyishoramo, ubukangurambaga bwo kubyirinda bukorwa mu mashuri no mu muryango nyarwanda, ibi bikiyongeraho uruhare rw’abagize Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing) no guhanahana amakuru ku gihe.
ACP Twahirwa yakomeje agira ati:”Byumvikane neza ko iyo hagize ufatwa akwirakwiza cyangwa anywa ibiyobyabwenge haba hari umuntu wateshutse ku nshingano ze.”

Yagize kandi ati:”Iyo hagize umwana wishora mu biyobyabwenge, ujya kuba ku muhanda, cyangwa ureka ishuri; ababyeyi, abaturanyi, abayobozi b’inzego z’ibanze, ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange bajye bumva ko habayeho kutuzuza inshingano mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Dushyize hamwe twagera kuri byinshi byiza birimo kurengera umwana, kubumbatira umutekano, uburezi bufite ireme, n’iterambere rirambye .”

-3073.jpg

Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa

RNP

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Ebola iravuza ubuhuha  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ubwanditsi 09 May 2018
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 27 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali
Amakuru

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Ubwanditsi 01 Mar 2025
RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora
POLITIKI

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Ubwanditsi 17 Dec 2018
U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka
Mu Mahanga

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru