• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Oct 2017 Mu Mahanga

Ihuriro ry’Abayobozi b’inzego z’umutekano n’iperereza muri Afurika (CISSA) ryasabye ko habaho ubufatanye bw’ ibihugu mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bikomeje kugaragara kuri uyu mugabane, bikanadindiza iterambere ryawo.

Byashimangiwe ubwo hasozwaga inama ya 14 ya CISSA yasojwe kuwa Gatanu nyuma y’iminsi ibiri ibera i Khartoum muri Sudani, yahuje abagera kuri 650 barimo abayobozi b’inzego z’umutekano n’iperereza, impuguke mu by’umutekano n’abarimu muri za Kaminuza.

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Brig Gen Joseph Nzabamwita, wari umaze umwaka ayobora CISSA, yavuze ko imitwe y’iterabwoba iri kuririra mu bibazo by’umutekano ikinjiza abaturage mu bikorwa byo guhangana na guverinoma z’ibihugu byabo, ibintu binagira ingaruka ku iterambere ry’uyu mugabane.

Yakomeje agira ati “Imitwe y’iterabwoba ikora mu buryo bwihuse kandi mu ibanga. Usanga binjirira cyane mu kababaro k’abaturage n’ibindi bibazo bakabashishikariza kurwanya guverinoma zabo. Muri urwo rwego, ndasaba ibihugu bya Afurika guhuza imbaraga mu guhangana n’icyo kibazo.”

Visi Perezida wa kabiri wa Sudani, Hassabo Mohammed Abdul Rahman, yavuze ko Sudani yahungabanyijwe cyane n’ibikorwa by’iterabwoba, ibya politiki, imitwe yitwaje intwaro n’amakimbirane y’imbere mu gihugu, ku buryo yiyemeje gushyigikira ibikorwa byose bigamije ituze rya Afurika.

Yavuze ko imitwe y’iterabwoba iri kwibasira cyane Afurika n’imitungo kamere yayo, bityo hakenewe ko ibihugu bihuza imbaraga kugira ngo bibashe kugera ku mpinduka mu bukungu n’imibereho y’abaturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CISSA, Shimeles Semayat, yabwiye New Times ko hakiri ibice byibasiwe cyane n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro kandi bibangamiye amahoro n’umutekano nka Libie, Somalia, Repubulika ya Afurika yo hagati na Sudani y’Epfo.

Ni imitwe irimo nka Islamic State, aho Shimeles avuga ko iri kwisuganyiriza muri Libya nyuma yo gutsindwa muri Syrie, ndetse ikaba ishobora no kuzagira ingaruka ku bihugu bituranye na yo.

Harimo kandi Al shabaab muri Somalia, imaze kwica abaturage bagera ku 5000 ndetse ikaba yarabaye ikibazo cya Afurika y’Iburasirazuba muri rusange.

Iyo nama yanagarutse ku ngamba zaherukaga gufatirwa mu nama ziheruka, ku cyakorwa kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano bishobora gushamikira ku rujya n’uruza rw’abantu.

Shimeles yakomeje agira ati “Iyi nama yasabye ibihugu bigize uyu muryango gushyria mu bikorwa izo ngamba kugira ngo tubashe kugira ubwisanzure bw’abaturage mu ngendo zitandukanye ariko tukanagabanya cyane ibibazo by’umutekano bishobora kuvuka.”

Umuyobozi mushya wa CISSA, Lt. Gen Mohamed Atta Al-Mulla Abbas, uyobora urwego rw’iperereza muri Sudani, yavuze ko mu gihe babasha gutsinda ibibazo by’iterabwoba n’ibindi by’imitwe yitwaje intwaro, nta kabuza hazabaho iterambere rifatika rya Afurika.

CISSA yanashimiye u Rwanda rwari rumaze umwaka ruyobora iri huriro, binatangazwa ko inama itaha izabera muri Namibia mu 2018 na Nigeria mu 2019.

-8178.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Brig Gen Joseph Nzabamwita

2017-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni
HIRYA NO HINO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.
Mu Rwanda

Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Ubwanditsi 15 May 2017
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.
INKURU NYAMUKURU

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru