Ingabire Victoire Umuhoza yabwiye Urukiko Rukuru rwa Kigali ko atiteguye kuburana urubanza mu mizi kuko hari impamvu enye zirimo no kutabasha guhura n’abo bareganwa ngo abashe gutegura neza urubanza, Ubushinjacyaha buvuga ko ari ubutesi.
Yabigarutseho kuri uyu wa 15 Kamena 2026 ubwo yagezwaga mu rukiko ngo aburane ibyaha akurikiranyweho.
Ingabire Victoire akurikiranyweho ibyaha byo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, guteza imvururu, kugirira nabi ubutegetsi buriho, gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga, gutangaza amakuru y’ibihuha, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyo kwigaragambya.
Ni ibyaha bishingiye ku mahugurwa yahawe abayoboke b’ishyaka ritemewe mu Rwanda rya DALFA Umurinzi mu 2021, aho bahugurwaga n’abanyamahanga hifashishijwe igitabo cyitwa “Blueprint For Revolution” cyanditswe n’Umunya-Serbia Srdja Popovic.
Abari bitabiriye amahugurwa bayobowe na Sibomana Sylvain ufatwa nk’umuhuzabikorwa wayo, ni bo bareganwa na Ingabire Victoire.
Mbere y’uko Ubushinjacyaha buhabwa umwanya wo kugaragaza ibyaha bukurikiranye kuri Ingabire Victoire, uregwa yahise azamura ikiganza, agaragaza ko atiteguye kuburana.
Ingabire ati “Ndumva Ubushinjacyaha bugiye kundega kandi ntiteguye kuburana kubera ko mfite inzitizi.”
Yakomeje asobanura ko hari ibaruwa abanyamategeko be batatu, Me Gatera Gashabana, Me Bikotwa Bruce na Me Gashema Felicien bandikiye urukiko ku wa 10 Kamena 2026, bagaragaza imbogamizi bafite zishingiye ku gutegura urubanza.
Ingabire yavuze ko atiteguye kuburana kuko atameze neza haba mu mbaraga z’umubiri, iz’amarangamutima n’ibijyanye n’imyemerere ye.
Yabwiye urukiko ko hari impamvu enye zituma yumva atameze neza ku buryo yabasha kuburana no gutegura neza dosiye ye.
Yavuze ko ibyaha aregwa byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kuwujyamo no gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi abireganwa n’abandi bari bitabiriye amahugurwa, we atarayitabiriye, bityo ko yifuzaga guhura na bo akabona uko ategura urubanza ariko igororero rikaba ryanze ko bahura.
Ati “Nkeneye guhura n’abo tureganwa hamwe kugira ngo mbone uko ntegura neza n’urubanza cyane ko duhuriye kuri icyo cyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi n’umugambi wo guhirika ubutegetsi.”
Impamvu ya kabiri yagaragaje ni iyo kutavugana n’umuryango we uko bikwiye, kuko uri mu mahanga. Yavuze ko kuva yafungwa yemerewe kuvugana n’umugabo we gusa ariko atabasha kuvugana n’abana be kandi umugabo ari mu bitaro ntacyo yafasha mu gukemura ibibazo by’abanyamategeko be.
Yibukije ko amabwiriza y’Umuryango w’Abibumbye agaragaza ko umuntu ufunzwe yakabaye ahabwa uburenganzira bwo kuvugana n’umuryango we.
Impamvu ya gatatu yerekanye ni ijyanye n’ubuzima, aho yerekanye ko hari iby’ibanze bitaboneka kandi byakabaye bimufasha gutegura neza urubanza. Ibyo birimo umuti w’amenyo, pomade yisiga ku ruhu biboneka rimwe na rimwe.
Ikindi yagaragaje ngo atemererwa ni uburenganzira bwo gusenga. Yasabye Urukiko ko rwategeka ko nibura yahabwa uburenganzira bw’ibanze.
Me Gashema yagaragaje ko banditse amabaruwa atandukanye agaragaza imbogamizi zirimo izo ku 18 Gicurasi 2026, ku wa 2 Kamena n’uwa 11 Kamena 2026.
Me Bikotwa yavuze ko babona nta mpamvu zikwiye kubuza Ingabire guhura n’abandi bareganwa ngo bategure urubanza.
Me Gatera Gashabana yasabye Inteko iburanisha urubanza ko yasura igororero, ikareba ibibazo uwo bunganira ahura na bigashakirwa umuti.
Uhagarariye Ubushinjacyaha yagaragaje ko impamvu zivugwa na Ingabire n’abamwunganira ari ubutesi kandi nta tegeko ryaba ryishwe mu gihe batahura n’abo bareganwa.
Ati “Ntabwo ari inzitizi zatuma urubanza rusubikwa, ahubwo ni amarangamutima ye n’ay’abanyamategeko be, twe twakwita ko ari ubutesi. Nashakishije ibintu byose bavuze, mburamo impamvu y’amategeko yatuma urubanza rwe rusubikwa.”
Yavuze ko kuba atarahuye n’abo bareganwa itaba impamvu yo gusubika urubanza kuko nta tegeko ryaba ryarishwe. Yemeje ko byari kuba ikibazo gikomeye iyo Ingabire aza kuba atabasha kuvugana cyangwa guhura n’abanyamategeko be.
Ku bijyanye no gusenga, Umushinjacyaha yavuze ko abari mu igororero mu Rwanda bemererwa gusenga kandi ko ari uburenganzira bwabo.
Ku kijyanye n’umuti w’amenyo na pomade y’uruhu, Ubushinjacyaha buvuga ko atari impamvu yatuma urubanza rusubikwa, na cyane ko atajya abuzwa guhura na muganga.
Umucamanza yongeye kubaza Ingabire inshuro yifuza guhura n’abo bareganwa kugira ngo abashe gutegura urubanza, agaragaza ko nibura zaba inshuro enye.
Yanasabye abanyamategeko be kugaragaza inyandiko zose zigaragaza ko bandikiye igororero n’inzego bireba basaba ko Ingabire yahabwa ubwo burenganzira.
Nyuma y’impaka nyinshi, urukiko rwahise rusubika iburanisha, rutegeka ko urubanza ruzakomeza ku wa 16 Kamena 2026, saa tanu za mu gitondo.




