• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Ubwanditsi 27 May 2024 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Gicurasi 2024 nibwo umwaka w’imikino wa Volleyball waraye usojwe mu bagabo n’abagore, amakipe ya APR Volleyball akaba ariyo yegukanye ibikombe.

Kuri iyi ncuro hakinwe imikino muburyo kwa Kamarampaka (playoffs) aho bakinaga Best of three ni ukivuga ikipe itsinda imikino ibiri muri yahitaga yegukana igikombe.

Uko amakipe yari yashoje ku rutonde rwa shampiyona mbere yo gukina Playoffs (Regular season):

ABAGABO:

1. REG VC

2. ⁠POLICE VC

3. ⁠KEPLER VC

4. ⁠APR VC

ABAGORE

1. APR WVC

2. ⁠POLICE WVC

3. ⁠RRA WVC

4. ⁠RUHANGO WVC

Itegeko rya play offs rivuga ko ikipe ya mbere ihura n’iya kane, naho iya kabiri igahura n’iya Gatatu.

Nu Bagabo, APR VC yasezereye REG VC iyitsinze imikino 2 ku busa, ni nako byagenze Kepler VC yatsinze Police imikino 2 ku busa.

Mu bagore Police WVC yatsinze RRA imikino 2-0, APR WVC isezerera RUHANGO iyitsinze imikino 2-0.

No mu mikino ya nyuma niko byagenze, aho ikipe yagombaga gutsinda imikino ibiri muri 3 yakinwe.

Ku mukino wa nyuma w’abagabo, APR VC  yatsinze Kepler VC imikino 2-1, guhatanira umwanya wa gatatu ikipe ya REG itsinda Police imikino 2-1.

Mu bagore, ikipe ya APR VC yatsinze Police WVC imikino 2-1, naho RRA itsinda Ruhango imikino 2-1.

Muri rusange urutonde rwarangiye gutya:

ABAGABO:

1. APR VC

2. ⁠KEPLER VC

3. ⁠REG VC

4. ⁠POLICE VC

ABAGORE:

1. APR WVC

2. ⁠POLICE WVC

3. ⁠RRA WVC

4. ⁠RUHANGO WVC

Ikipe yabaye iyambere muri cyiciro cyose (Abagabo & Abagore), yahembwe igikombe n’imidali ndetse na Miliyoni Ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Ikipe ya Kabiri yahawe imidali na Miliyoni imwe n’igice naho iya Gatatu ihabwa Imidali na Miliyoni imwe y’Amafaranga y’u Rwanda.

Amakipe atatu ya mbere kandi yabonye itike yo kuzakina imikino mpuzamahanga itegura n’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika CAVB.

Mu mpera z’iki cyumweru i kigali, harabera kandi irushanwa ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ni irushanwa rizwi nka Genocide Memorial Tournament rikazahuza amakipe yo mu Rwanda ndetse n’andi azaturuka hanze y’igihugu.

 

2024-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Apr 2020
AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw

AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw

RUSHYASHYA 13 Jul 2026
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu
INKURU NYAMUKURU

CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri
Amakuru

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba
SHOWBIZ

Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Ubwanditsi 26 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru