• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Ubwanditsi 27 May 2024 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Gicurasi 2024 nibwo umwaka w’imikino wa Volleyball waraye usojwe mu bagabo n’abagore, amakipe ya APR Volleyball akaba ariyo yegukanye ibikombe.

Kuri iyi ncuro hakinwe imikino muburyo kwa Kamarampaka (playoffs) aho bakinaga Best of three ni ukivuga ikipe itsinda imikino ibiri muri yahitaga yegukana igikombe.

Uko amakipe yari yashoje ku rutonde rwa shampiyona mbere yo gukina Playoffs (Regular season):

ABAGABO:

1. REG VC

2. ⁠POLICE VC

3. ⁠KEPLER VC

4. ⁠APR VC

ABAGORE

1. APR WVC

2. ⁠POLICE WVC

3. ⁠RRA WVC

4. ⁠RUHANGO WVC

Itegeko rya play offs rivuga ko ikipe ya mbere ihura n’iya kane, naho iya kabiri igahura n’iya Gatatu.

Nu Bagabo, APR VC yasezereye REG VC iyitsinze imikino 2 ku busa, ni nako byagenze Kepler VC yatsinze Police imikino 2 ku busa.

Mu bagore Police WVC yatsinze RRA imikino 2-0, APR WVC isezerera RUHANGO iyitsinze imikino 2-0.

No mu mikino ya nyuma niko byagenze, aho ikipe yagombaga gutsinda imikino ibiri muri 3 yakinwe.

Ku mukino wa nyuma w’abagabo, APR VC  yatsinze Kepler VC imikino 2-1, guhatanira umwanya wa gatatu ikipe ya REG itsinda Police imikino 2-1.

Mu bagore, ikipe ya APR VC yatsinze Police WVC imikino 2-1, naho RRA itsinda Ruhango imikino 2-1.

Muri rusange urutonde rwarangiye gutya:

ABAGABO:

1. APR VC

2. ⁠KEPLER VC

3. ⁠REG VC

4. ⁠POLICE VC

ABAGORE:

1. APR WVC

2. ⁠POLICE WVC

3. ⁠RRA WVC

4. ⁠RUHANGO WVC

Ikipe yabaye iyambere muri cyiciro cyose (Abagabo & Abagore), yahembwe igikombe n’imidali ndetse na Miliyoni Ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Ikipe ya Kabiri yahawe imidali na Miliyoni imwe n’igice naho iya Gatatu ihabwa Imidali na Miliyoni imwe y’Amafaranga y’u Rwanda.

Amakipe atatu ya mbere kandi yabonye itike yo kuzakina imikino mpuzamahanga itegura n’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika CAVB.

Mu mpera z’iki cyumweru i kigali, harabera kandi irushanwa ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ni irushanwa rizwi nka Genocide Memorial Tournament rikazahuza amakipe yo mu Rwanda ndetse n’andi azaturuka hanze y’igihugu.

 

2024-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Ubwanditsi 26 Aug 2021
Kamanzi Emery yagizwe ‘Team Manager’ w’Amavubi asimbuye Rutayisire Jackson uherutse kwegura

Kamanzi Emery yagizwe ‘Team Manager’ w’Amavubi asimbuye Rutayisire Jackson uherutse kwegura

Ubwanditsi 23 May 2023
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017
Amakuru

Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Umujenosideri Julienne SEBAGABO  yafatiwe mu Rwanda agerageza gusubira muri Norvege
Amakuru

Umujenosideri Julienne SEBAGABO yafatiwe mu Rwanda agerageza gusubira muri Norvege

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha
IMIKINO

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Ubwanditsi 17 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru