• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura

Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura

RUSHYASHYA 15 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yeruye ko u Rwanda ruzakura ingabo muri Mozambique mu gihe ibikorwa byazo bitahabwa agaciro bikwiye.

Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa 14 Werurwe 2026, mu gihe ibinyamakuru mpuzamahanga bikomeje kwandika ko muri Gicurasi uyu mwaka umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uzahagarika inkunga yo gushyigikira ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Cabo Delgado.

Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado muri Nyakanga 2021 hashingiwe ku busabe bwa Leta ya Mozambique yifuje ko zayifasha kurwanya ibikorwa by’iterabwoba byari byarahungabanyije bikomeye iyi ntara kuva mu 2017.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko ingabo z’u Rwanda zagaruye umutekano muri Cabo Delgado, abaturage bari barahunze basubira mu ngo zabo, ubucuruzi burasubukurwa, sosiyete zashoye imari mu mushinga wo gutunganya gaz zibona umutekano.

Makolo yagaragaje ko amafaranga u Rwanda rwashyize mu bikorwa by’ingabo zarwo muri Cabo Delgado akubye inshuro byibura 10 miliyoni 20 z’Amayero EU yatanze kugira ngo ashyigikire ibi bikorwa, asaba ko ubwo bwitange buhabwa agaciro.

Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko u Rwanda rudashobora kwemera ko ingabo zarwo zinengwa cyangwa ko zifatirwa ibihano na bimwe mu bihugu byungukira mu bikorwa byazo muri Cabo Delgado, kandi rwarashoye miliyoni z’Amadolari muri ibi bikorwa, rukanahatakariza bamwe mu basirikare.

Yagize ati “Si ‘u Rwanda rushobora gukura’ ahubwo ni ‘u Rwanda ruzakura’ ingabo zarwo muri Mozambique mu gihe hataboneka amafaranga ahagije yo kwifashisha mu bikorwa byarwo byo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.”

Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko u Rwanda rugomba gushyigikirwa, rukabona amafaranga azafasha ingabo zarwo kubungabunga umutekano muri Mozambique mu buryo burambye, ati “Rwose twiteguye kuva muri Mozambique mu gihe umurimo wacu n’ibyo twagezeho bitashimwa.”

Amakuru ateguza guhagarika inkunga EU itanga mu gushyigikira ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Cabo Delgado atangajwe nyuma y’aho mu ntangiriro za Werurwe 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizifatiye ibihano.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje ubukangurambaga mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya EU kugira ngo uyu muryango ufatire ibihano ingabo z’u Rwanda.

Ingabo zo mu bihugu by’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) na zo zatangaga umusanzu mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado ariko zavuyeyo muri Nyakanga 2024 bitewe n’ibibazo by’imisanzu, hasigarayo iz’u Rwanda gusa.

Leta ya Mozambique igaragaza ko ingabo z’u Rwanda zayifashije cyane, yifuza ko zagumayo kugira ngo zibungabunge umutekano wagarutse muri Cabo Delgado.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yeruye ko u Rwanda ruzakura ingabo muri Mozambique mu gihe ibikorwa byazo bitahabwa agaciro bikwiye.

Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa 14 Werurwe 2026, mu gihe ibinyamakuru mpuzamahanga bikomeje kwandika ko muri Gicurasi uyu mwaka umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uzahagarika inkunga yo gushyigikira ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Cabo Delgado.

Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado muri Nyakanga 2021 hashingiwe ku busabe bwa Leta ya Mozambique yifuje ko zayifasha kurwanya ibikorwa by’iterabwoba byari byarahungabanyije bikomeye iyi ntara kuva mu 2017.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko ingabo z’u Rwanda zagaruye umutekano muri Cabo Delgado, abaturage bari barahunze basubira mu ngo zabo, ubucuruzi burasubukurwa, sosiyete zashoye imari mu mushinga wo gutunganya gaz zibona umutekano.

Makolo yagaragaje ko amafaranga u Rwanda rwashyize mu bikorwa by’ingabo zarwo muri Cabo Delgado akubye inshuro byibura 10 miliyoni 20 z’Amayero EU yatanze kugira ngo ashyigikire ibi bikorwa, asaba ko ubwo bwitange buhabwa agaciro.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko u Rwanda rutazemera ko ibikorwa by’ingabo zarwo muri Cabo Delgado biteshwa agaciro

Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko u Rwanda rudashobora kwemera ko ingabo zarwo zinengwa cyangwa ko zifatirwa ibihano na bimwe mu bihugu byungukira mu bikorwa byazo muri Cabo Delgado, kandi rwarashoye miliyoni z’Amadolari muri ibi bikorwa, rukanahatakariza bamwe mu basirikare.

Yagize ati “Si ‘u Rwanda rushobora gukura’ ahubwo ni ‘u Rwanda ruzakura’ ingabo zarwo muri Mozambique mu gihe hataboneka amafaranga ahagije yo kwifashisha mu bikorwa byarwo byo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.”

Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko u Rwanda rugomba gushyigikirwa, rukabona amafaranga azafasha ingabo zarwo kubungabunga umutekano muri Mozambique mu buryo burambye, ati “Rwose twiteguye kuva muri Mozambique mu gihe umurimo wacu n’ibyo twagezeho bitashimwa.”

Amakuru ateguza guhagarika inkunga EU itanga mu gushyigikira ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Cabo Delgado atangajwe nyuma y’aho mu ntangiriro za Werurwe 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizifatiye ibihano.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje ubukangurambaga mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya EU kugira ngo uyu muryango ufatire ibihano ingabo z’u Rwanda.

Ingabo zo mu bihugu by’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) na zo zatangaga umusanzu mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado ariko zavuyeyo muri Nyakanga 2024 bitewe n’ibibazo by’imisanzu, hasigarayo iz’u Rwanda gusa.

Leta ya Mozambique igaragaza ko ingabo z’u Rwanda zayifashije cyane, yifuza ko zagumayo kugira ngo zibungabunge umutekano wagarutse muri Cabo Delgado.

 

Amanywa n’ijoro, ingabo z’u Rwanda zirinda umutekano w’abatuye muri Cabo Delgado

 

No mu mashyamba y’inzitane, ingabo z’u Rwanda zasanzemo ibyihebe, zisenya ibirindiro byabyo

 

Umusaruro w’ingabo w’ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda urigaragaza
2026-03-15
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Ubwanditsi 09 Dec 2023
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025
Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Ubwanditsi 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese waruziko imibonano mpuzabitsina ikozwe neza hari indwara ivura
HIRYA NO HINO

Ese waruziko imibonano mpuzabitsina ikozwe neza hari indwara ivura

Ubwanditsi 15 Apr 2017
Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025
Amakuru

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Ubwanditsi 31 May 2025
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Ubwanditsi 18 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru