• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

RUSHYASHYA 15 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu byumweru bibiri bishize, izina rya Ben Rutabana ryongeye kugarukwaho cyane ku mbuga za YouTube zikoreshwa n’ibigarasha.  Nubwo imyaka ishize ikibazo cy’ibura rye kivugwa, ubu cyongeye kuba ingingo nyamukuru ikoreshwa mu biganiro bitandukanye, buri wese yiyita nyir’ukuri ku byabaye kuri Ben Rutabana

Ibi byatumye ikibazo cya Ben Rutabana gihinduka nk’ “umugati” w’ibigarasha bishaka gukurura abayoboke, kongera umubare w’abareba ibiganiro byabyo no kubona amafaranga aturuka ku mbuga nkoranyambaga.

Icyagaragaye muri ibi biganiro ni uko buri wese uvuga kuri Ben Rutabana atangira yemeza ko ari we wenyine ufite amakuru nyayo cyangwa ukuri ku byamubayeho. Nyamara iyo usesenguye ibyo bavuga, usanga bavuga ibintu bihabanye ndetse rimwe na rimwe bivuguruzanya.

Byatangiye na Jean Paul Turayishimye, wagaragaye mu kiganiro ashinja bamwe mu bari muri RNC kuba bafite uruhare mu rupfu cyangwa ibura rya Ben Rutabana. Muri ibyo biganiro, yagaragaje ko Kayumba Nyamwasa ariwe uri inyuma y’urupfu rwa Kayumba Nyamwasa.

Serge Ndayizeye, wahoze muri RNC ndetse akanayobora Radio Itahuka mbere yo kuyigira Itahuka Media Network nyuma yo kwerekwa umuryango yaje avuga ko Jean Paul Turayishimye ariwe uri inyuma y’iyobera rya Rutabana.

Ikigarasha Robert Kabera cyo cyemeje ko kizi abishe Ben Rutabana naho yiciwe kandi ko yabibwiye umuryango we

Ubwo impaka zari zimaze gufata indi ntera, uruhande rwa RNC ruyobowe na Kayumba Nyamwasa narwo rwahise rubyinjiramo. Bamwe mu bayoboke b’iri tsinda batangiye gusaba ko habaho ikiganiro mpaka (debate) cyahuriza hamwe ababivugaho kugira ngo buri ruhande rugaragaze ibyo ruzi ku kibazo cya Ben Rutabana. Si ubutabera baha Ben Rutabana ni ubusinyaguzi kugirango bibonere ikibatunga.

Ibi byabaye mu gihe n’imbere muri RNC harimo Bombori Bombori. Abashyigikiye Kayumba Nyamwasa ntibakiri ku murongo umwe na Frank Ntwali, muramu wa Kayumba, nawe ufite igice cye cy’abakomeje kwiyitirira umurage wa RNC. Uko gucikamo ibice kwatumye buri tsinda rikoresha ikibazo cya Ben Rutabana nk’intwaro yo guhangana n’andi no gushaka kwiyegereza abayoboke.

Ntibyatinze kandi Agnes Uwimana Nkusi wa Umurabyo TV nawe yinjira muri izi mpaka. Mu biganiro bye, yavuze ko afite amakuru yihariye kandi yizewe ku ibura rya Ben Rutabana, agaragaza ko abandi bose bavuga kuri iki kibazo badafite amakuru yuzuye nk’ayo avuga ko afite. Gusa ikiganiro cye cyarangiye ntacyo avuze gifatika.

Icyakora, iyo umuntu yitegereje uburyo ibi biganiro bikurikirana, asanga ikibazo cya Ben Rutabana kidakoreshwa mu gushaka ukuri cyangwa gufasha umuryango we kubona ibisobanuro, ahubwo gikoreshwa nk’igikoresho cyo gukurura abantu no kubaka izina ry’abagikoresha mu ntambara z’amatsinda  y’ibigarasha.

Ikindi kigaragara ni uko ibigarasha  birangwa n’amakimbirane adashira, gushinjanya, gukwirakwiza ibihuha no guharanira inyungu z’abayobozi bayo aho guharanira intego za politiki bahora bavuga. Uyu munsi umwe ashinja undi, ejo undi agasubiza, nyuma hakaza undi uvuga ko ari we ufite ukuri. Ibi bituma abakurikira ibi biganiro by’ibigarasha basigara bibaza niba koko hari ushishikajwe no kumenya ukuri cyangwa niba ikibazo cya Ben Rutabana cyarahindutse uburyo bwo gushaka amaramuko n’ubwamamare ku mbuga nkoranyambaga.

Ben Rutabana, yari umwe mu bayobozi b’ishyaka rya RNC ariko utarishimirwaga na Kayumba Nyamwasa kuko yamusabaga kugaragaza uko amafaranga akoreshwa. Mu gihe buri ruhande rwemeza ko rufite ukuri, ikibazo cye gikomeje gukoreshwa mu nyungu z’abashaka gukomeza kugaragara mu itangazamakuru rya YouTube no kubona inyungu zishingiye ku mubare w’abakurikirana ibiganiro byabo.

Ibi byose bikomeza kugaragaza ikibazo kimaze igihe kiranga ibigarasha: Gukwirakwiza ibihuha, kubura umurongo wa politiki usobanutse, guhora mu makimbirane, gukoresha ibibazo by’abantu mu nyungu bwite no gushyira imbere inyungu z’amatsinda n’abayobozi kuruta inyungu bavuga ko baharanira. Mu gihe ibyo bikomeje, izina rya Ben Rutabana rikaba rikomeje kuba igikoresho cyifashishwa n’impande zitandukanye mu rugamba rwazo rwo gushaka abayoboke, amafaranga n’ijambo ku mbuga nkoranyambaga.

 

2026-06-15
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022
Rayon Sports ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona, APR FC yabonye amanota 3, ibyaranze umunsi wa 8

Rayon Sports ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona, APR FC yabonye amanota 3, ibyaranze umunsi wa 8

Ubwanditsi 07 Nov 2022
Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 01 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.
POLITIKI

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo
IMIKINO

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru