• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

RUSHYASHYA 15 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu byumweru bibiri bishize, izina rya Ben Rutabana ryongeye kugarukwaho cyane ku mbuga za YouTube zikoreshwa n’ibigarasha.  Nubwo imyaka ishize ikibazo cy’ibura rye kivugwa, ubu cyongeye kuba ingingo nyamukuru ikoreshwa mu biganiro bitandukanye, buri wese yiyita nyir’ukuri ku byabaye kuri Ben Rutabana

Ibi byatumye ikibazo cya Ben Rutabana gihinduka nk’ “umugati” w’ibigarasha bishaka gukurura abayoboke, kongera umubare w’abareba ibiganiro byabyo no kubona amafaranga aturuka ku mbuga nkoranyambaga.

Icyagaragaye muri ibi biganiro ni uko buri wese uvuga kuri Ben Rutabana atangira yemeza ko ari we wenyine ufite amakuru nyayo cyangwa ukuri ku byamubayeho. Nyamara iyo usesenguye ibyo bavuga, usanga bavuga ibintu bihabanye ndetse rimwe na rimwe bivuguruzanya.

Byatangiye na Jean Paul Turayishimye, wagaragaye mu kiganiro ashinja bamwe mu bari muri RNC kuba bafite uruhare mu rupfu cyangwa ibura rya Ben Rutabana. Muri ibyo biganiro, yagaragaje ko Kayumba Nyamwasa ariwe uri inyuma y’urupfu rwa Kayumba Nyamwasa.

Serge Ndayizeye, wahoze muri RNC ndetse akanayobora Radio Itahuka mbere yo kuyigira Itahuka Media Network nyuma yo kwerekwa umuryango yaje avuga ko Jean Paul Turayishimye ariwe uri inyuma y’iyobera rya Rutabana.

Ikigarasha Robert Kabera cyo cyemeje ko kizi abishe Ben Rutabana naho yiciwe kandi ko yabibwiye umuryango we

Ubwo impaka zari zimaze gufata indi ntera, uruhande rwa RNC ruyobowe na Kayumba Nyamwasa narwo rwahise rubyinjiramo. Bamwe mu bayoboke b’iri tsinda batangiye gusaba ko habaho ikiganiro mpaka (debate) cyahuriza hamwe ababivugaho kugira ngo buri ruhande rugaragaze ibyo ruzi ku kibazo cya Ben Rutabana. Si ubutabera baha Ben Rutabana ni ubusinyaguzi kugirango bibonere ikibatunga.

Ibi byabaye mu gihe n’imbere muri RNC harimo Bombori Bombori. Abashyigikiye Kayumba Nyamwasa ntibakiri ku murongo umwe na Frank Ntwali, muramu wa Kayumba, nawe ufite igice cye cy’abakomeje kwiyitirira umurage wa RNC. Uko gucikamo ibice kwatumye buri tsinda rikoresha ikibazo cya Ben Rutabana nk’intwaro yo guhangana n’andi no gushaka kwiyegereza abayoboke.

Ntibyatinze kandi Agnes Uwimana Nkusi wa Umurabyo TV nawe yinjira muri izi mpaka. Mu biganiro bye, yavuze ko afite amakuru yihariye kandi yizewe ku ibura rya Ben Rutabana, agaragaza ko abandi bose bavuga kuri iki kibazo badafite amakuru yuzuye nk’ayo avuga ko afite. Gusa ikiganiro cye cyarangiye ntacyo avuze gifatika.

Icyakora, iyo umuntu yitegereje uburyo ibi biganiro bikurikirana, asanga ikibazo cya Ben Rutabana kidakoreshwa mu gushaka ukuri cyangwa gufasha umuryango we kubona ibisobanuro, ahubwo gikoreshwa nk’igikoresho cyo gukurura abantu no kubaka izina ry’abagikoresha mu ntambara z’amatsinda  y’ibigarasha.

Ikindi kigaragara ni uko ibigarasha  birangwa n’amakimbirane adashira, gushinjanya, gukwirakwiza ibihuha no guharanira inyungu z’abayobozi bayo aho guharanira intego za politiki bahora bavuga. Uyu munsi umwe ashinja undi, ejo undi agasubiza, nyuma hakaza undi uvuga ko ari we ufite ukuri. Ibi bituma abakurikira ibi biganiro by’ibigarasha basigara bibaza niba koko hari ushishikajwe no kumenya ukuri cyangwa niba ikibazo cya Ben Rutabana cyarahindutse uburyo bwo gushaka amaramuko n’ubwamamare ku mbuga nkoranyambaga.

Ben Rutabana, yari umwe mu bayobozi b’ishyaka rya RNC ariko utarishimirwaga na Kayumba Nyamwasa kuko yamusabaga kugaragaza uko amafaranga akoreshwa. Mu gihe buri ruhande rwemeza ko rufite ukuri, ikibazo cye gikomeje gukoreshwa mu nyungu z’abashaka gukomeza kugaragara mu itangazamakuru rya YouTube no kubona inyungu zishingiye ku mubare w’abakurikirana ibiganiro byabo.

Ibi byose bikomeza kugaragaza ikibazo kimaze igihe kiranga ibigarasha: Gukwirakwiza ibihuha, kubura umurongo wa politiki usobanutse, guhora mu makimbirane, gukoresha ibibazo by’abantu mu nyungu bwite no gushyira imbere inyungu z’amatsinda n’abayobozi kuruta inyungu bavuga ko baharanira. Mu gihe ibyo bikomeje, izina rya Ben Rutabana rikaba rikomeje kuba igikoresho cyifashishwa n’impande zitandukanye mu rugamba rwazo rwo gushaka abayoboke, amafaranga n’ijambo ku mbuga nkoranyambaga.

 

2026-06-15
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 15 Apr 2018
TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Ubwanditsi 18 Apr 2024
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda
HIRYA NO HINO

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa
Amakuru

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi
INKURU NYAMUKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru