Rayon Sports yamuritse amasezerano y’imyaka itanu n’igice yasinyanye na Banki ya Kigali, aho ikipe iteganya ko izajya yungukamo arenga miliyari 1 Frw buri mwaka, harimo angana na miliyoni 340 Frw izajya ihabwa, n’andi izabona binyuze muri serivisi iyi banki izashyiriraho abakunzi b’ikipe.
Ni amasezerano yamuritswe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Nyakanga 2026, bigizwemo Umuyobozi Mukuru wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah n’Umuyobozi ushinzwe serivisi z’Ikoranabuhanga n’Abakiliya ku giti cyabo muri BK, Désiré Rumanyika.
Murenzi Abdallah yavuze ko aya masezerano yagendeye ku mubano w’impande zombi, ndetse akaba azashyirwa mu bikorwa mu myaka irenga itanu.
Ati “Mu minsi yashize twaricaye turaganira nk’ikipe nkuru na banki nkuru mu myaka, kugira ngo turebe uko ubufatanye bwarushaho gutera imbere. BK ni ikigo kinini, twararebye turavuga ngo ni gute serivisi zayo twazigeza ku bakunzi ba Rayon Sports.”
“Ubufatanye tugiye kugirana ni ubufatanye bugiye guhindura ubuzima bw’amikoro muri Rayon Sports. Buzamara imyaka mu mpapuro, ariko turashaka ko buba burundu. Ku mafaranga yo kudutera inkunga, yaduhaye arenga miliyoni 170 Frw mu mezi atandatu ashize.”
Murenzi yongeyeho ko byibura amafaranga Rayon Sports izajya ibona buri mwaka “atazajya ajya hasi ya miliyari 1 Frw”.
Si amasezerano akubiyemo amafaranga y’ubuterankunga gusa, ahubwo hari serivisi Banki ya Kigali izashyira ku isoko, hanyuma umufana wa Rayon Sports uzikoresheje ikipe na yo ibyungukiremo.
Imwe muri izo serivisi ni iy’ikarita yitwa ‘Gikundiro Card’, izajya ikoreshwa mu kugura ibicuruzwa hifashishijwe konti y’umukiliya iri muri BK, hanyuma amafaranga yakoreshejwe binyuze kuri iyo karita, Rayon Sports igire amafaranga ibona.
Rumanyika yavuze ko ari amasezerano azatuma ikipe ya Rayon Sports igera kure marushanwa akomeye, ndetse abafana bayo bagafashwa kwiteza imbere binyuze mu mishinga ifitanye isano na Rayon Sports.
Ati “Ibiganiro byafashe igihe kugira ngo dushyireho imirongo izadufasha kugera ku ntego mu myaka itanu ishobora no kongerwa. Dushaka ko ikipe itera imbere igakomera, icya kabiri ni ishoramari ku buryo habonekamo inyungu mu bantu benshi, hanyuma tukazamuka twese.”
“Muri iyo myaka itanu n’igice harimo n’igice kimwe cy’umwaka ushize, ariko ni imyaka tubonamo Rayon Sports igera kure mu marushanwa Nyafurika.”
Mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27, Gikundiro iteganya ko izakoresha miliyari 2 Frw, harimo n’andi ya Jayrutty Investment arenga miliyari 1,5 Frw, aya Skol izabaha miliyoni 185 Frw, n’abandi bafatanyabikorwa barimo Airtel Rwanda.
Rayon Sports igaragaza ko iri kubaka ikipe ikomeye, biri mu rwego rwo kugera kure muri CAF Confederation Cup, kugira ngo irusheho kubona ubushobozi bwo kuyitunga.
Uyi si umushinga wo gutegereza umusaruro mu myaka myinshi iri imbere, ahubwo yifuza kuwubona uhereye umwaka utaha w’imikino, ari na yo mpamvu mu bakinnyi yaguze harimo abakiri bato.




