• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka

AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka

RUSHYASHYA 18 Jul 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Rayon Sports yamuritse amasezerano y’imyaka itanu n’igice yasinyanye na Banki ya Kigali, aho ikipe iteganya ko izajya yungukamo arenga miliyari 1 Frw buri mwaka, harimo angana na miliyoni 340 Frw izajya ihabwa, n’andi izabona binyuze muri serivisi iyi banki izashyiriraho abakunzi b’ikipe.

Ni amasezerano yamuritswe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Nyakanga 2026, bigizwemo Umuyobozi Mukuru wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah n’Umuyobozi ushinzwe serivisi z’Ikoranabuhanga n’Abakiliya ku giti cyabo muri BK, Désiré Rumanyika.

Murenzi Abdallah yavuze ko aya masezerano yagendeye ku mubano w’impande zombi, ndetse akaba azashyirwa mu bikorwa mu myaka irenga itanu.

Ati “Mu minsi yashize twaricaye turaganira nk’ikipe nkuru na banki nkuru mu myaka, kugira ngo turebe uko ubufatanye bwarushaho gutera imbere. BK ni ikigo kinini, twararebye turavuga ngo ni gute serivisi zayo twazigeza ku bakunzi ba Rayon Sports.”

“Ubufatanye tugiye kugirana ni ubufatanye bugiye guhindura ubuzima bw’amikoro muri Rayon Sports. Buzamara imyaka mu mpapuro, ariko turashaka ko buba burundu. Ku mafaranga yo kudutera inkunga, yaduhaye arenga miliyoni 170 Frw mu mezi atandatu ashize.”

Murenzi yongeyeho ko byibura amafaranga Rayon Sports izajya ibona buri mwaka “atazajya ajya hasi ya miliyari 1 Frw”.

Si amasezerano akubiyemo amafaranga y’ubuterankunga gusa, ahubwo hari serivisi Banki ya Kigali izashyira ku isoko, hanyuma umufana wa Rayon Sports uzikoresheje ikipe na yo ibyungukiremo.

Imwe muri izo serivisi ni iy’ikarita yitwa ‘Gikundiro Card’, izajya ikoreshwa mu kugura ibicuruzwa hifashishijwe konti y’umukiliya iri muri BK, hanyuma amafaranga yakoreshejwe binyuze kuri iyo karita, Rayon Sports igire amafaranga ibona.

Rumanyika yavuze ko ari amasezerano azatuma ikipe ya Rayon Sports igera kure marushanwa akomeye, ndetse abafana bayo bagafashwa kwiteza imbere binyuze mu mishinga ifitanye isano na Rayon Sports.

Ati “Ibiganiro byafashe igihe kugira ngo dushyireho imirongo izadufasha kugera ku ntego mu myaka itanu ishobora no kongerwa. Dushaka ko ikipe itera imbere igakomera, icya kabiri ni ishoramari ku buryo habonekamo inyungu mu bantu benshi, hanyuma tukazamuka twese.”

“Muri iyo myaka itanu n’igice harimo n’igice kimwe cy’umwaka ushize, ariko ni imyaka tubonamo Rayon Sports igera kure mu marushanwa Nyafurika.”

Mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27, Gikundiro iteganya ko izakoresha miliyari 2 Frw, harimo n’andi ya Jayrutty Investment arenga miliyari 1,5 Frw, aya Skol izabaha miliyoni 185 Frw, n’abandi bafatanyabikorwa barimo Airtel Rwanda.

Rayon Sports igaragaza ko iri kubaka ikipe ikomeye, biri mu rwego rwo kugera kure muri CAF Confederation Cup, kugira ngo irusheho kubona ubushobozi bwo kuyitunga.

Uyi si umushinga wo gutegereza umusaruro mu myaka myinshi iri imbere, ahubwo yifuza kuwubona uhereye umwaka utaha w’imikino, ari na yo mpamvu mu bakinnyi yaguze harimo abakiri bato.

ImageImageImageImageImageImageImageImageImage

2026-07-18
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 12 Sep 2023
Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Ubwanditsi 30 May 2018
Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 24 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yakoze urugendo rwa mbere i Tel Aviv muri Israel
UBUKERARUGENDO

RwandAir yakoze urugendo rwa mbere i Tel Aviv muri Israel

Ubwanditsi 25 Jun 2019
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)
Mu Mahanga

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA
Mu Rwanda

Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Ubwanditsi 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru