• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016 Mu Rwanda

Igihugu cy’u Burundi kiri mu bibazo bikomeye ariko nta muntu wavuga yuko ari umwihariko wacyo kuko ibibazo ari ibintu bisanzwe haba ku gihugu cyangwa no ku muntu kugiti cye.

Ariko iyo ibibazo bibaye hagomba gushakishwa ingamba zo kubisohokamo, byaba ngombwa ukifashisha incuti n’abavandimwe. Mu Burundi hashize umwaka n’amezi ane bari mu bibazo ariko leta yaho aho gushakisha inzira zo gusohoka muri ibyo bibazo ugasanga ishakisha izo kubigumamo cyangwa kwinjira mu bindi bibazo bishya !

Imvururu mu Burundi zatangiye muri Mata umwaka ushize aho ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, ryatangaje ko Petero Nkurunziza azaribera kandida Perezida mu matora yari ateganyijwe kuba Nyakanga muri uwo mwaka ushize. Ibi byateye imvururu, zigikomeje, kuko itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha atemereraga Nkurunziza kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ibi byatumye abantu batari bake bicwa ku mpamvu za politike naho abasaga ibihumbi 300 batoroka igihugu. Ibintu byabaye bibi kurushaho aho hageragerejwe kudeta yapfubye.

Nkurunziza amaze gutangazwa na komisiyo y’amatora yuko ariwe watsindiye umwanya wa Perezida yararahijwe, mu muhango utaritabiriwe n’umukuru w’ikindi gihugu n’umwe habe na Jakaya Kikwete wayoboraga Tanzania kandi bari bacuditse !

Leta y’u Burundi yakomeje kwingingwa n’amahanga ngo igirane imishyikirano n’abatavuga rumwe nayo, inasabwa yuko muri icyo gihugu hakoherezwayo ingabo nyafurika zo kubungabunga umutekano ariko ntibyagira icyo bitanga.

Kubirebana n’izo ngabo zo kubungabunga umutekano nta leta y’igihugu na kimwe iba izifuza, izemera gusa ku kaburembe. Ubutegetsi bwa Nkurunziza bwatangaje yuko izo ngabo niziza ku gahato izabifata nk’aho yatewe ihite izirwanya.

Ibi byo kuzirwanya byo bigaragara yuko byari amakangato kuko u Burundi ntabwo bwarwanya amahanga gisirikare ngo buyaneshe. Icyabaye gusa n’uko umuryango w’ubumwe bwa Afurika bwikuye muri uwo mugambi wo kohereza ingabo mu Burundi.

Benshi mu bakuru b’ibi bihugu bya Afurika bazi yuko nabo bashobora gushyikirwa n’ibibazo Nkurunziza yashyikiwe nabyo kandi nabo ntabwo bifuza yuko ibyo bibazo bibashyikiye hakoherezwa ingabo z’amahanga muri ibyo bihugu byabo. Uko niko bakingiye ikibaba Perezida Nkurunziza ngo iyoherezwa ry’ingabo mu bihugu bitarimo amahoro ritaba umuco nabo bikaba byazabageraho !

-3574.jpg

Perezida Petero Nkurunzina na Daniel Kidega Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya Afrika y’Iburasirazuba

AU yagaragaje imbaraga n’ubushake buke mu kugerageza gukemura ibibazo byo mu Burundi, EAC nayo ntizabe uko kuko u Burundi bumaze kuyibera ikibazo gikomeye. EAC yashyizeho Benjamin Mkapa ngo abe umuhuza muri ibyo bibazo by’Abarundi ariko ugasanga Bujumbura ikomeza guseta ibirenge mu bijyanye n’imishyikirano.

Uyu munsi yemera yuko izashyikirana na buri wese bwacya iti ntabwo nakwicarana n’abashatse gukora kudeta cyangwa abari bishimiye yuko iyo kudeta iba ! EAC rero ntizabe nka AU ubutegetsi bwa Nkurunziza bwanze kwitabira inama yayo ngo ni uko yabereye I Kigali igaceceka. EAC igomba kubwira u Burundi, kandi mu ijwi ryumvikana cyane iti korana natwe cyangwa utuvemo twebwe ntabwo turi AU !

Kayumba Casmiry

2016-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Ubwanditsi 27 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika
ITOHOZA

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi
UBUKUNGU

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru