• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016 UBUKUNGU

Iyi nama mpuzamahanga ngarukamwaka ibera i Davos mu Busuwisi (hakonje kuri ubu), itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi, imiryango itandukanye itegamiye kuri leta, impuguke zikomeye, Abaherwe bakomeye, Abanyamadini bakomeye, n’abandi.

Mu nyandiko y’igitekerezo cye yanyujije ku rubuga www.quora.com, Umwanditsi wanashinze itorero, Saddleback Church ku Isi, pasiteri Rick Warren yanenze uburyo iyi nama iba yiganjemo Abanyaburayi, anasaba ko abayobozi bo muri Afurika bajya batumirwa ku bwinshi.

Inama y’uyu mwaka ni iya 46, ikaba yaritabiriwe n’abayobozi bakomeye ku Isi, barimo visi perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden; Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, David Cameron; Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame; Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, John Kerry; Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), Christine Lagarde; Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, n’abandi bavuga rikijyana.

Mu baherwe bakomeye mu Isi bitabiriye iyi nama, harimo umuherwe wa mbere mu Bushinwa, Jack Ma Yun, nyiri sosiyete Alibaba ikora ubucuruzi kuri internt; umuyobozi wa sosiyete General Motors ikora imodoka, Mary Barra; uwa Nissan, Carlos Ghosn n’abandi.

Si aba gusa kuko harimo n’ibyamamare mu gukina filimi nka Leonardo DiCaprio; umuhanzi w’ikirangirirane, Will.i.am; umuhanzi ukomoka muri Irland, Bono n’abandi.

Iyi nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu 40, abaherwe bo mu Isi, ndetse n’abayobozi b’ibigo na sosiyete zikomeye barenga 2500 bavuye mu bihugu birenga 100.

Iyi nama ya 46 igamije kwiga ku iterambere ry’inganda ryifashisha ikoranabuhanga, ndetse n’ubwenge bw’ubukorano bwa robot.

-1902.jpg

Perezida Kagame ari mu bayobozi mbarwa ba Afurika batumirwa muri iyi nama…

-1903.jpg

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ni umwe mu bakuru b’ibihugu mbarwa muri Afurika, bakunda gutumirwa muri iyi nama.

-1904.jpg

Mu kiganiro Perezida Kagame yatanze ku munsi wa mbere w’iyi nama tariki ya 20 Mutarama, yahishuye ko politiki ihamye, umutekano w’abashoramari no kugendera ku mategeko ari byo bituma u Rwanda ruba urwa kabiri mu bihugu bya Afurika bibereye gushorwamo imari.

Perezida Kagame yanagarutse ku ikoranabuhanga avuga ko mu Rwanda no muri Afurika hageze ngo bakore ikoranabuhanga aho gukomeza kurikoresha ryarakozwe n’abandi.

Yagize ati “Twamaze kubona umusemburo w’ikoranabuhanga mu bukungu, iterambere no kugeza abaturage ku bisubizo.”

Mu kiganiro yatanze kuri uyu wa 22 Mutarama, Perezida Kagame yagaragarije Isi ko ubufatanye bw’ibihugu bujegajega bukomeje kuba intandaro y’ibizazane amasoko yo muri Afurika akomeje guhura na byo, bikayazitira kugera ku ntego z’ishoramari n’iterambere, bityo asaba gukaza ubufatanye bw’ibihugu mu gukuraho imbogamizi mu ishoramari.

Abandi bayobozi bo muri Afurika batumiwe ni Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo, Habib Essid wa Tunisia, n’abandi bake cyane.

Umwanya wo kuganira hagati y’ibihugu n’abashoramari…

Iyi nama iba ari umwanya mwiza wo guhura kw’abayobozi b’ibihugu bitandukanye, abashoramari b’abaherwe, abanyenganda, n’abayobozi ba sosiyete z’ubucuruzi zikomeye kugira ngo bateze imbere ishoramari, ndetse n’ubuhahirane hagati y’ibihugu.

Aganira na New Times Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu Rwanda, Gatete Claver, umwe mu bayobozi baherekeje Perezida Kagame i Davos, yagize ati” Iyi nama izaha amahirwe menshi u Rwanda ndetse inarufungurire amarembo. Tuzereka ibigo by’imari bikomeye ku Isi ibyiza twagezeho, ndetse n’uburyo tworohereza ishoramari.”

Umutekano mu nama i Davos….

Guverinoma y’u Busuwisi yashoye miliyoni icyenda z’amadorari ya Amerika mu gucunga umutekano w’abantu bitabiriye iyi nama.

Ikindi kandi hashyizweho umupaka ku birometero 42 mbere yo kwinjira i Davos, ndetse nta ndege n’imwe yemerewe kunyura hejuru y’icyo kirere itabanje gusaba uburenganzira.

Ikinyamakuru, Straits Times, cyanditse ko abasirikare benshi bafite ibirwanisho bigezweho bari gutembera mu mihanda, ndetse ingabo zirwanira mu kirere zikaba ziri kugenzura ikirere cy’umujyi; bamwe muri bo bari muri za kajugujugu abandi mu ndege z’intambara.

Ku kibuga cy’indege, hari uburyo bukomeye bukoresha ikoranabuhanga rya X-ray ku buryo ibyo umuntu yitwaje byose mu gikapu cyangwa mu mufuka bigaragara, ndetse abasirikare bacunze umutekano barabanza bakiga ku mateka ya buri wese witabiriye iyi nama (background checks).

Inama yitabirwa n’umugabo igasiba undi

Abayobozi bakomeye mu bya politiki batumirwa muri iyi nama nta kiguzi basabwa, ariko abayobozi b’ibigo imishinga n’ibindi, bategekwa kwishyura akayabo k’amafaranga akoreshwa mu Busuwisi asaga ibihumbi 18 ni ukuvuga amayero asaga 16500, mu mafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 13.

Icyo kiguzi kandi kiyongeraho amafaranga akoreshwa mu Busuwisi ibihumbi 50, ni ukuvuga ibihumbi 46 by’amayero, bihwanye n’asaga miliyoni 37 mu mafaranga y’u Rwanda, asabwa ushaka kwitabira iyo nama akoreshwa mu myiteguro, uwayatanze akemererwa kandi kwitabira ibiganiro bibera mu ruhame, yashaka kwitabira n’ibyihariye akishyura ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Busuwisi, ni ukuvuga hafi miliyoni 75 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ayo makuru yatangajwe n’ Ikinyamakuru New York Times mu mwaka wa 2011, akomeza agaragaza ko ushaka gutumira umuntu ngo yitabire iyo nama mu mwaka, babiri bagomba kwishyura amafaranga akoreshwa mu Busuwisi asaga ibihumbi 200 ku mwaka, baba batanu bakishyura ibihumbi 400, buri wese kandi akishyura ikiguzi cyo kwinjira.

Davos…

Davos ni agace gafite ubuso bungana na 283.98 km2 gaherereye mu misozi yo mu Busuwisi (Swiss Alps) iruhande rw’umugezi wa Landwasser. Aka gace gafite abaturage 11,136 hagendewe ku ibarura ryakozwe muri 2014.

Davos ni wo mujyi wa mbere mu Burayi uherereye ku butumburuke burebure bungana na metero 1 560.

Inama ya World Economic Forum yatangiye tariki ya 20 isozwa ku wa 23 Mutarama 2016.

Biteganyijwe ko inama nk’iyi izabera mu Rwanda muri Gicurasi uyu mwaka.

Umwanditsi wacu

2016-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Ubwanditsi 14 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29
Amakuru

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

RUSHYASHYA 03 Apr 2026
Uganda: Dr Stella Nyanzi ufunze yaje mu rukiko atwawe mu maboko nyuma yo kwitura hasi
Mu Rwanda

Uganda: Dr Stella Nyanzi ufunze yaje mu rukiko atwawe mu maboko nyuma yo kwitura hasi

Ubwanditsi 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru