• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Dec 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko umwaka wa 2018 wabaye mwiza ku Rwanda mu nzego zose, ariko asaba ko hongerwamo imbaraga kugira ngo ibitaragerwaho nabyo bigerweho.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Ukuboza, ubwo yayoboraga Inama ya Biro politiki y’Umuryango FPR Inkotanyi.

Perezida Kagame yavuze ko hari intambwe igaragara imaze guterwa.

Ati “Ni byinshi bimaze kugerwaho, ntawe udashobora kubona aho tuvuye, aho tugeze n’intambwe imaze guterwa ndende mu nzego zose, ari iby’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage, umutekano ndetse n’imibanire yaba hagati yacu ariko cyane cyane imibanire y’igihugu cyacu n’amahanga.”

Yongeyeho ati “Muri uyu mwaka wa 2018, navuga ko twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose. Bya bindi by’ubukungu, imibereho myiza, imibanire…”

Icyakora Kagame yavuze ko ibyo bidahagije, ko hakwiriye izindi ngamba kugira ngo ibimaze kugerwaho birambe.

Yavuze ko ari n’umwanya wo kureba ibitaragezweho, icyatumye bitagerwaho n’icyakorwa ngo bikosoke.
Ati “Ugomba kugira impungenge uti ‘ariko ibi byiza ngezeho bizaramba? Twakora iki kugira ngo birambe? Icya kabiri, ni kuvuga uti ‘ibitaragenze neza byo hari icyo byatubujije, hari icyo twashakaga kugeraho tutagezeho. Twakora iki ngo ibitaragenze neza tubigereho, amakosa tuyakosore, ahari intege nke turebe uko twakongera imbaraga kugira ngo tugere ku ntego?”

Mu minsi ishize ubwo yatangizaga Inama y’Umushyikirano ku nshuro ya 16, Perezida Kagame nabwo yagarutse ku byiza byagezweho mu mwaka wa 2018.

Ni wo mwaka u Rwanda rwabashije kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku nshuro yarwo ya mbere. Perezida Kagame kandi yari yarahawe kuyobora amavugurura agamije impinduka muri uwo muryango, igikorwa kimaze gutanga umusaruro.

Uyu mwaka niwo kandi umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).

Kagame yavuze ko kugira ngo u Rwanda rugere kuri byinshi hakenewe ko buri wese yuzuza inshingano ze uko bikwiriye, abanyarwanda bakarangwa no gutekereza kure.

Ati “Tugomba gukora ku buryo ukora wumva uti ‘ibyo nkora ngomba kubibazwa cyangwa nkwiye kubyibaza mbere yo kubibazwa n’undi kuko nintuzuza nshingano neza, biragira ingaruka ku bandi […] ikindi ni ugutekereza birenze utuntu duto, birenze wowe gusa, ugatekerereza abandi n’igihugu, ugatekereza imbere aho tugana.”

Ubukungu bw’u Rwanda biteganyijwe ko buziyongera ku kigero cya 7.2 % uyu mwaka, bivuye kuri 6.1 % umwaka ushize.

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) muri Kamena uyu mwaka yijeje ko kugera kuri icyo gipimo bishoboka, igendeye ko mu mezi atanu ya mbere ya 2018 uko abantu bacuruje byazamutseho 16.5%.

2018-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    January 3, 20194:17 am -

    Uwomusaruro nimwiza kuriwowe wenyine naho abanyarwanda barimo baricwa ninzara doreko ubakama cyane bikabije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irashimwa nabatuye i Goma nyuma yo gutabara abanyekongo ubwo amazu yabo yafatwanga n’inkogi y’umuriro
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irashimwa nabatuye i Goma nyuma yo gutabara abanyekongo ubwo amazu yabo yafatwanga n’inkogi y’umuriro

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler
INKURU NYAMUKURU

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ubwanditsi 21 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru