• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Dec 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko umwaka wa 2018 wabaye mwiza ku Rwanda mu nzego zose, ariko asaba ko hongerwamo imbaraga kugira ngo ibitaragerwaho nabyo bigerweho.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Ukuboza, ubwo yayoboraga Inama ya Biro politiki y’Umuryango FPR Inkotanyi.

Perezida Kagame yavuze ko hari intambwe igaragara imaze guterwa.

Ati “Ni byinshi bimaze kugerwaho, ntawe udashobora kubona aho tuvuye, aho tugeze n’intambwe imaze guterwa ndende mu nzego zose, ari iby’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage, umutekano ndetse n’imibanire yaba hagati yacu ariko cyane cyane imibanire y’igihugu cyacu n’amahanga.”

Yongeyeho ati “Muri uyu mwaka wa 2018, navuga ko twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose. Bya bindi by’ubukungu, imibereho myiza, imibanire…”

Icyakora Kagame yavuze ko ibyo bidahagije, ko hakwiriye izindi ngamba kugira ngo ibimaze kugerwaho birambe.

Yavuze ko ari n’umwanya wo kureba ibitaragezweho, icyatumye bitagerwaho n’icyakorwa ngo bikosoke.
Ati “Ugomba kugira impungenge uti ‘ariko ibi byiza ngezeho bizaramba? Twakora iki kugira ngo birambe? Icya kabiri, ni kuvuga uti ‘ibitaragenze neza byo hari icyo byatubujije, hari icyo twashakaga kugeraho tutagezeho. Twakora iki ngo ibitaragenze neza tubigereho, amakosa tuyakosore, ahari intege nke turebe uko twakongera imbaraga kugira ngo tugere ku ntego?”

Mu minsi ishize ubwo yatangizaga Inama y’Umushyikirano ku nshuro ya 16, Perezida Kagame nabwo yagarutse ku byiza byagezweho mu mwaka wa 2018.

Ni wo mwaka u Rwanda rwabashije kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku nshuro yarwo ya mbere. Perezida Kagame kandi yari yarahawe kuyobora amavugurura agamije impinduka muri uwo muryango, igikorwa kimaze gutanga umusaruro.

Uyu mwaka niwo kandi umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).

Kagame yavuze ko kugira ngo u Rwanda rugere kuri byinshi hakenewe ko buri wese yuzuza inshingano ze uko bikwiriye, abanyarwanda bakarangwa no gutekereza kure.

Ati “Tugomba gukora ku buryo ukora wumva uti ‘ibyo nkora ngomba kubibazwa cyangwa nkwiye kubyibaza mbere yo kubibazwa n’undi kuko nintuzuza nshingano neza, biragira ingaruka ku bandi […] ikindi ni ugutekereza birenze utuntu duto, birenze wowe gusa, ugatekerereza abandi n’igihugu, ugatekereza imbere aho tugana.”

Ubukungu bw’u Rwanda biteganyijwe ko buziyongera ku kigero cya 7.2 % uyu mwaka, bivuye kuri 6.1 % umwaka ushize.

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) muri Kamena uyu mwaka yijeje ko kugera kuri icyo gipimo bishoboka, igendeye ko mu mezi atanu ya mbere ya 2018 uko abantu bacuruje byazamutseho 16.5%.

2018-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Ubwanditsi 06 Dec 2018
BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    January 3, 20194:17 am -

    Uwomusaruro nimwiza kuriwowe wenyine naho abanyarwanda barimo baricwa ninzara doreko ubakama cyane bikabije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.
Amakuru

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali
IMIKINO

Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu
HIRYA NO HINO

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru