• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Ubwanditsi 30 Mar 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ubwo yasozaga ku mugaragaro ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore muri uyu mwaka wa 2019, yavuze ko iterambere ry’Umuryango n’iry’igihugu ritagerwaho, hatabayeho ugufatanye hagati y’abagore n’abagabo.

Ni ibirori yitabiriye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Werurwe 2019, muri Kigali Convention Center i Kigali. Minisitiri w’Intebe yavuze ko guha amahirwe angana abagabo n’abagore byatumye Abanyarwanda b’ingeri zose basaranganya amahirwe atangwa n’igihugu.

Agendeye ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Dufatane urunana abagabo n’abagore, twubake umuryango utekanye”, avuga ko iterambere ry’igihugu ritagerwaho hatabayeho ukuzuzanya hagati y’ibitsina byombi.

Yagize ati “Nk’uko tubizi, muri iyi nama harasozwa ku mugaragaro, igihe cy’ ukwezi u Rwanda rwari rumaze rwifatanya n’ibindi bihugu mu kwizihiza “Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore muri uyu mwaka wa 2019”. Mu by’ukuri iyi nsanganyamatsiko iratwibutsa ko iterambere ry’umuryango ndetse n’iry’Igihugu tuzabigeraho ari uko abagore n’abagabo dufatanye urunana maze tugafatanya muri byose. Mboneyeho rero gushimira abahisemo iyi nsanganyamatsiko”.

Yakomeje avuga ko mu myaka 25 ishize, ibyo u Rwanda rumaze kugeraho ari ibyo kwishimirwa mu rwego rwo guteza imbere abari n’abategarugori ndetse no kubongerera ubushobozi mu nzego zinyuranye.

Ati “Twemeza nta gushidikanya ko guha amahirwe angana abagore n’abagabo, kimwe ndetse no guha amahirwe angana abana b’abakobwa n’abana b’abahungu, bigira uruhare rugaragara mu guteza imbere inzego zose z’ubuzima bw’Igihugu icyo ari cyose”.

U Rwanda rwashyizeho politiki n’amategeko bitandukanye bigamije kongerera Abanyarwandakazi, abari n’abategarugori, ubushobozi mu bikorwa biteza imbere Igihugu, ndetse no mu gukuraho imbogamizi zose zababuza kugira uruhare mu bikorwa by’ubukungu n’amajyambere.

Ibi ngo byatumye Abanyarwanda b’ingeri zose basaranganya, ku buryo bukwiye amahirwe atangwa n’Igihugu, bityo bikabongerera imbaraga n’umurava mu gukorera hamwe baharanira iterabere rirambye ry’Igihugu n’imiryango yabo by’umwihariko.

Ibi kandi ngo bigira uruhare mu gukemura ibibazo by’ingutu byugarije imibereho myiza y’imiryango n’abaturage muri rusange. Bimwe muri ibyo bibazo ni nk’imirire mibi, kugwingira kw’abana, guta ishuri kw’abana no kutagira ubwisungane mu kwivuza.

Minisitiri w’Intebe yasezeranije ko Guverinoma y’u Rwanda itazahwema gukomeza gahunda yayo nziza yo guteza imbere abari n’abategarugori, kandi ari nako ikomeza guha amahirwe angana nta kuvangura abana b’abakobwa n’abana b’abahungu muri byose.

Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Nyirahabimana Solina

Src: Bwiza

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019
Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro
Mu Mahanga

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Ubwanditsi 20 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru