• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019 Mu Rwanda

Abaturage barasabwa gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (meteo Rwanda) baba abubatsi, abahinzi, abatwara indege, abakora imishinga inyuranye kugira ngo batagwa mu gihombo giterwa no kudasobanuza mbere yo kuyishyira mu bikorwa.

Ikigo cy’igihugu cy’Iteganyagihe (meteo Rwanda) gifite imashini kabuhariwe zitandukanye zifashishishwa mu bumenyi bw’ikirere, aho abakozi ba (meteo Rwanda) bahera batanga amakuru yizewe, bafite amasitasiyo 5 kuri buri kibuga cy’indege, aho buri isaha na buri amasaha 3, ayo makuru atangazwa kandi akagera ahantu hatandukanye no mu bindi bihugu, ayo makuru iyo bayakiriye barayasesengura, ayo makuru yifashishwa baha abakiriya bafite imishinga itandukanye.

Amosi Uwizeye umwe mu bakozi b’ikigo cy’iteganyagihe yabwiye abanyamakuru ko muri stations 5 z’ibibuga by’indege, ko mbere y’uko indege ifata ikirere babanza bagasuzuma, bakamenya ko ikirere gitunganye, ahari ikibazo ni aho kitari, ubwo bumenyi kandi babubona buri iminota 10, yavuze kandi ko bafite ibipimo binyuranye bipima ibijyanye n’ubuhinzi-bworozi, imvura n’ubushyuhe, imiyaga n’inkuba.

Amosi yagize ati ‘‘buri kibuga cy’indege haba hari biro ya meteo Rwanda’’, buri igihugu gifite meteo cyohereza amakuru muri ‘‘International data exchange bita MSC’’, aho bose bashyiramo amakuru (data) bigahurira hamwe muri ubwo buryo bita (système), bigatuma amakuru amenyekana hirya no hino ku isi, bityo bakamenya aho isi iri kugana n’icyerekezo cy’imiyaga.

Icyicaro cy’Ikigo cy’iteganyagihe giherereye i Gitega ku cyicaro cyayo, hari ibikoresho bifata amakuru y’ubumenyi bw’ikirere y’ibyahise ndetse n’ibiteganyijwe, icyerekezo cy’umuyaga n’imbaraga z’umuyaga.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu kongera ibikoresho no guhugura abakozi bakorera icyo kigo hagamijwe kugira ngo abaturage bamenye igihe imvura izatangirira n’igihe izarangirira ndetse n’igihe cy’itumba n’igihe cy’izuba ku abahinzi, aho Abanyarwanda bamenyeshwa niba imvura izaba nyinshi cyangwa izaba nkeya bakamenya uko bazabyifatamo.

Abanyamakuru basobanuriwe ibijyanye n’iteganyagihe ry’igihe kigufi (amezi 3), iteganyagihe ry’igihe kiringaniye n’iteganyagihe ry’igihe kirekire, abakozi b’ikigo cya meteo Rwanda bahamya ko ubushobozi bw’ibikoresho n’ubumenyi bw’abakozi babifite, bitewe ni uko Leta yabishyizemo imbaraga zihagije.

Meteo Rwanda ni ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangije servise zayo uhereye mu 1907  I Save mu Majyepfo y’u Rwanda, kuri ubu gifite icyicaro mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, aho bahuza ibipimo 320 (stations) binyuranye byakusanywe mu gihugu hose, by’umwihariko I Bugesera aho bita Maranyundo hakaba hari Radar ishinzwe gutanga amakuru y’ikirere, kumenya imiterere y’ibicu n’imiyaga, igasesengura ibijyanye n’inkuba.

Twahirwa Antony umuyobozi mu kigo cy’iteganyagihe DM( Division Manager) yavuze ko ayo makuru atangwa n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, ashobora kwifashishwa mu gihembwe cy’ihinga, ahamya ko mu gihe ayo makuru yifashishijwe byakongera umusaruro bityo n’imibereho y’Abanyarwanda ikazamuka.

Mugabe Rachelle Umuyobozi mu Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kongera ubumeyi abanyamakuru  Media High Council (MHC),  yavuze ko hakwiriye imikoranire myiza hagati y’abanyamakuru n’ikigo cy’iteganyagihe (meteo Rwanda)  kugira ngo umuturage amenye aho igihe kigeze, yavuze kandi ko itangazamakuru ari umuyoboro wo kugeza amakuru ku muturage.

Rachelle nanone yavuze ko ubwo bumenyi abo banyamakuru bahawe n’ikigo cy’iteganyagihe, bazabukoresha mu buryo bwa kinyamwuga, bamenyeshe abaturage impinduka z’ikirere bityo na bo bagire uruhare mu kubifatira ingamba hakiri kare nta kibatunguye.

Nyuma y’ayo mahugurwa abanyamakuru biyemeje ko bagiye gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, bakajya batangaza amakuru mu bitangazamakuru bahagarariye, kugira ngo agere ku bantu benshi.

Inshingano ya meteo ni ugukurikirana impinduka z’ikirere uko zimeze kose, bakazitangariza Abanyarwanda kugira ngo zitabahungabanya, ari yo mpamvu icyo kigo gisaba ubufatanye n’itangazamakuru, kugira ngo ayo makuru atangarizwe Abanyarwanda ku gihe gikwiriye.

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bahawe amahugurwa y’iminsi 2, basobanurirwa kandi bamenya uburyo bakwiriye kwigisha no gutangariza Abanyarwanda ubumenyi bw’iteganyagihe, haba mu gukumira ibiza, kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo ayo makuru bayatangaze mbere y’igihe bityo hafatwe ingamba hakiri kare.

Abo banyamakuru bashyizeho ihuriro rizajya ribahuza n’ikigo cy’ubumenyi bw’ikirere, kugira ngo abaturage babone amakuru yizewe kandi ahagije bityo ayo makuru atangarizwe ku gihe bityo birinde ingaruka ziterwa n’imihindagurikire yacyo. Uwashaka ibindi bisobanuro wahamagara nimero itishyuzwa 6080.

2019-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura, Rev Ntambara na bagenzi babo baracyakurikiranwa  n’ubwo babaye barekuwe n’Ubushinjacyaha

Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura, Rev Ntambara na bagenzi babo baracyakurikiranwa n’ubwo babaye barekuwe n’Ubushinjacyaha

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Perezida Kagame  yatangije  Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018

Perezida Kagame yatangije Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018

Ubwanditsi 11 Sep 2017
1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Ubwanditsi 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi
Mu Mahanga

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League
Amakuru

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Ubwanditsi 05 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru