• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019 Mu Rwanda

Abaturage barasabwa gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (meteo Rwanda) baba abubatsi, abahinzi, abatwara indege, abakora imishinga inyuranye kugira ngo batagwa mu gihombo giterwa no kudasobanuza mbere yo kuyishyira mu bikorwa.

Ikigo cy’igihugu cy’Iteganyagihe (meteo Rwanda) gifite imashini kabuhariwe zitandukanye zifashishishwa mu bumenyi bw’ikirere, aho abakozi ba (meteo Rwanda) bahera batanga amakuru yizewe, bafite amasitasiyo 5 kuri buri kibuga cy’indege, aho buri isaha na buri amasaha 3, ayo makuru atangazwa kandi akagera ahantu hatandukanye no mu bindi bihugu, ayo makuru iyo bayakiriye barayasesengura, ayo makuru yifashishwa baha abakiriya bafite imishinga itandukanye.

Amosi Uwizeye umwe mu bakozi b’ikigo cy’iteganyagihe yabwiye abanyamakuru ko muri stations 5 z’ibibuga by’indege, ko mbere y’uko indege ifata ikirere babanza bagasuzuma, bakamenya ko ikirere gitunganye, ahari ikibazo ni aho kitari, ubwo bumenyi kandi babubona buri iminota 10, yavuze kandi ko bafite ibipimo binyuranye bipima ibijyanye n’ubuhinzi-bworozi, imvura n’ubushyuhe, imiyaga n’inkuba.

Amosi yagize ati ‘‘buri kibuga cy’indege haba hari biro ya meteo Rwanda’’, buri igihugu gifite meteo cyohereza amakuru muri ‘‘International data exchange bita MSC’’, aho bose bashyiramo amakuru (data) bigahurira hamwe muri ubwo buryo bita (système), bigatuma amakuru amenyekana hirya no hino ku isi, bityo bakamenya aho isi iri kugana n’icyerekezo cy’imiyaga.

Icyicaro cy’Ikigo cy’iteganyagihe giherereye i Gitega ku cyicaro cyayo, hari ibikoresho bifata amakuru y’ubumenyi bw’ikirere y’ibyahise ndetse n’ibiteganyijwe, icyerekezo cy’umuyaga n’imbaraga z’umuyaga.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu kongera ibikoresho no guhugura abakozi bakorera icyo kigo hagamijwe kugira ngo abaturage bamenye igihe imvura izatangirira n’igihe izarangirira ndetse n’igihe cy’itumba n’igihe cy’izuba ku abahinzi, aho Abanyarwanda bamenyeshwa niba imvura izaba nyinshi cyangwa izaba nkeya bakamenya uko bazabyifatamo.

Abanyamakuru basobanuriwe ibijyanye n’iteganyagihe ry’igihe kigufi (amezi 3), iteganyagihe ry’igihe kiringaniye n’iteganyagihe ry’igihe kirekire, abakozi b’ikigo cya meteo Rwanda bahamya ko ubushobozi bw’ibikoresho n’ubumenyi bw’abakozi babifite, bitewe ni uko Leta yabishyizemo imbaraga zihagije.

Meteo Rwanda ni ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangije servise zayo uhereye mu 1907  I Save mu Majyepfo y’u Rwanda, kuri ubu gifite icyicaro mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, aho bahuza ibipimo 320 (stations) binyuranye byakusanywe mu gihugu hose, by’umwihariko I Bugesera aho bita Maranyundo hakaba hari Radar ishinzwe gutanga amakuru y’ikirere, kumenya imiterere y’ibicu n’imiyaga, igasesengura ibijyanye n’inkuba.

Twahirwa Antony umuyobozi mu kigo cy’iteganyagihe DM( Division Manager) yavuze ko ayo makuru atangwa n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, ashobora kwifashishwa mu gihembwe cy’ihinga, ahamya ko mu gihe ayo makuru yifashishijwe byakongera umusaruro bityo n’imibereho y’Abanyarwanda ikazamuka.

Mugabe Rachelle Umuyobozi mu Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kongera ubumeyi abanyamakuru  Media High Council (MHC),  yavuze ko hakwiriye imikoranire myiza hagati y’abanyamakuru n’ikigo cy’iteganyagihe (meteo Rwanda)  kugira ngo umuturage amenye aho igihe kigeze, yavuze kandi ko itangazamakuru ari umuyoboro wo kugeza amakuru ku muturage.

Rachelle nanone yavuze ko ubwo bumenyi abo banyamakuru bahawe n’ikigo cy’iteganyagihe, bazabukoresha mu buryo bwa kinyamwuga, bamenyeshe abaturage impinduka z’ikirere bityo na bo bagire uruhare mu kubifatira ingamba hakiri kare nta kibatunguye.

Nyuma y’ayo mahugurwa abanyamakuru biyemeje ko bagiye gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, bakajya batangaza amakuru mu bitangazamakuru bahagarariye, kugira ngo agere ku bantu benshi.

Inshingano ya meteo ni ugukurikirana impinduka z’ikirere uko zimeze kose, bakazitangariza Abanyarwanda kugira ngo zitabahungabanya, ari yo mpamvu icyo kigo gisaba ubufatanye n’itangazamakuru, kugira ngo ayo makuru atangarizwe Abanyarwanda ku gihe gikwiriye.

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bahawe amahugurwa y’iminsi 2, basobanurirwa kandi bamenya uburyo bakwiriye kwigisha no gutangariza Abanyarwanda ubumenyi bw’iteganyagihe, haba mu gukumira ibiza, kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo ayo makuru bayatangaze mbere y’igihe bityo hafatwe ingamba hakiri kare.

Abo banyamakuru bashyizeho ihuriro rizajya ribahuza n’ikigo cy’ubumenyi bw’ikirere, kugira ngo abaturage babone amakuru yizewe kandi ahagije bityo ayo makuru atangarizwe ku gihe bityo birinde ingaruka ziterwa n’imihindagurikire yacyo. Uwashaka ibindi bisobanuro wahamagara nimero itishyuzwa 6080.

2019-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Ubwanditsi 07 Jan 2022
Dr Ngirente Edouard yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe mushya  w’u Rwanda

Dr Ngirente Edouard yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )
Mu Mahanga

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Ubwanditsi 16 Feb 2020
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru