• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019 Mu Rwanda

Abaturage barasabwa gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (meteo Rwanda) baba abubatsi, abahinzi, abatwara indege, abakora imishinga inyuranye kugira ngo batagwa mu gihombo giterwa no kudasobanuza mbere yo kuyishyira mu bikorwa.

Ikigo cy’igihugu cy’Iteganyagihe (meteo Rwanda) gifite imashini kabuhariwe zitandukanye zifashishishwa mu bumenyi bw’ikirere, aho abakozi ba (meteo Rwanda) bahera batanga amakuru yizewe, bafite amasitasiyo 5 kuri buri kibuga cy’indege, aho buri isaha na buri amasaha 3, ayo makuru atangazwa kandi akagera ahantu hatandukanye no mu bindi bihugu, ayo makuru iyo bayakiriye barayasesengura, ayo makuru yifashishwa baha abakiriya bafite imishinga itandukanye.

Amosi Uwizeye umwe mu bakozi b’ikigo cy’iteganyagihe yabwiye abanyamakuru ko muri stations 5 z’ibibuga by’indege, ko mbere y’uko indege ifata ikirere babanza bagasuzuma, bakamenya ko ikirere gitunganye, ahari ikibazo ni aho kitari, ubwo bumenyi kandi babubona buri iminota 10, yavuze kandi ko bafite ibipimo binyuranye bipima ibijyanye n’ubuhinzi-bworozi, imvura n’ubushyuhe, imiyaga n’inkuba.

Amosi yagize ati ‘‘buri kibuga cy’indege haba hari biro ya meteo Rwanda’’, buri igihugu gifite meteo cyohereza amakuru muri ‘‘International data exchange bita MSC’’, aho bose bashyiramo amakuru (data) bigahurira hamwe muri ubwo buryo bita (système), bigatuma amakuru amenyekana hirya no hino ku isi, bityo bakamenya aho isi iri kugana n’icyerekezo cy’imiyaga.

Icyicaro cy’Ikigo cy’iteganyagihe giherereye i Gitega ku cyicaro cyayo, hari ibikoresho bifata amakuru y’ubumenyi bw’ikirere y’ibyahise ndetse n’ibiteganyijwe, icyerekezo cy’umuyaga n’imbaraga z’umuyaga.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu kongera ibikoresho no guhugura abakozi bakorera icyo kigo hagamijwe kugira ngo abaturage bamenye igihe imvura izatangirira n’igihe izarangirira ndetse n’igihe cy’itumba n’igihe cy’izuba ku abahinzi, aho Abanyarwanda bamenyeshwa niba imvura izaba nyinshi cyangwa izaba nkeya bakamenya uko bazabyifatamo.

Abanyamakuru basobanuriwe ibijyanye n’iteganyagihe ry’igihe kigufi (amezi 3), iteganyagihe ry’igihe kiringaniye n’iteganyagihe ry’igihe kirekire, abakozi b’ikigo cya meteo Rwanda bahamya ko ubushobozi bw’ibikoresho n’ubumenyi bw’abakozi babifite, bitewe ni uko Leta yabishyizemo imbaraga zihagije.

Meteo Rwanda ni ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangije servise zayo uhereye mu 1907  I Save mu Majyepfo y’u Rwanda, kuri ubu gifite icyicaro mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, aho bahuza ibipimo 320 (stations) binyuranye byakusanywe mu gihugu hose, by’umwihariko I Bugesera aho bita Maranyundo hakaba hari Radar ishinzwe gutanga amakuru y’ikirere, kumenya imiterere y’ibicu n’imiyaga, igasesengura ibijyanye n’inkuba.

Twahirwa Antony umuyobozi mu kigo cy’iteganyagihe DM( Division Manager) yavuze ko ayo makuru atangwa n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, ashobora kwifashishwa mu gihembwe cy’ihinga, ahamya ko mu gihe ayo makuru yifashishijwe byakongera umusaruro bityo n’imibereho y’Abanyarwanda ikazamuka.

Mugabe Rachelle Umuyobozi mu Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kongera ubumeyi abanyamakuru  Media High Council (MHC),  yavuze ko hakwiriye imikoranire myiza hagati y’abanyamakuru n’ikigo cy’iteganyagihe (meteo Rwanda)  kugira ngo umuturage amenye aho igihe kigeze, yavuze kandi ko itangazamakuru ari umuyoboro wo kugeza amakuru ku muturage.

Rachelle nanone yavuze ko ubwo bumenyi abo banyamakuru bahawe n’ikigo cy’iteganyagihe, bazabukoresha mu buryo bwa kinyamwuga, bamenyeshe abaturage impinduka z’ikirere bityo na bo bagire uruhare mu kubifatira ingamba hakiri kare nta kibatunguye.

Nyuma y’ayo mahugurwa abanyamakuru biyemeje ko bagiye gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, bakajya batangaza amakuru mu bitangazamakuru bahagarariye, kugira ngo agere ku bantu benshi.

Inshingano ya meteo ni ugukurikirana impinduka z’ikirere uko zimeze kose, bakazitangariza Abanyarwanda kugira ngo zitabahungabanya, ari yo mpamvu icyo kigo gisaba ubufatanye n’itangazamakuru, kugira ngo ayo makuru atangarizwe Abanyarwanda ku gihe gikwiriye.

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bahawe amahugurwa y’iminsi 2, basobanurirwa kandi bamenya uburyo bakwiriye kwigisha no gutangariza Abanyarwanda ubumenyi bw’iteganyagihe, haba mu gukumira ibiza, kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo ayo makuru bayatangaze mbere y’igihe bityo hafatwe ingamba hakiri kare.

Abo banyamakuru bashyizeho ihuriro rizajya ribahuza n’ikigo cy’ubumenyi bw’ikirere, kugira ngo abaturage babone amakuru yizewe kandi ahagije bityo ayo makuru atangarizwe ku gihe bityo birinde ingaruka ziterwa n’imihindagurikire yacyo. Uwashaka ibindi bisobanuro wahamagara nimero itishyuzwa 6080.

2019-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Ubwanditsi 17 Nov 2021
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Ubwanditsi 20 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono
INKURU NYAMUKURU

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600
Mu Mahanga

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi
Mu Rwanda

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Ubwanditsi 03 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru