• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Ubwanditsi 14 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

“Ntawicwa n’ikimujyamo, yicwa n’ikimuvamo”.

Iyi ni imvugo abahanga mu iyigamuntu bakunze gukoresha, bashaka kugaragaza ko kenshi umuntu ari nyirabayazana w’akaga kamubaho.

Iyi mvugo rero yaba nziza ku bantu nka Ingabire Victoire birirwa bahumanya umwuka nabo ubwabo bahumeka, batazi ko ubwo buvunderi baroha muri rubanda nabo ubwabo buzabagiraho ingaruka.

Ese ubugambanyi bwabo butegura impagarara mu Rwanda, Ingabire na bagenzi be bizeye bate ko bo zabasiga, ko mu ntambara bifuza isasu ridatoranya?

Ntawe utazi ko Ingabire Victoire yahamwe n’ibyaha byinshi, birimo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no gukorana n’imitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda.

Ubutabera bwarabimuhaniye, bushingiye ku bimenyetso simusiga, birimo n’ibyatanzwe n’abo bamugize igitangaza, ” impirimbanyi ya demokarasi”.

Mu budasa u Rwanda rwihariye, bwo kwirengagiza rimwe ba rimwe ibyaha ndetse biremereye, kugirango buri wese abone amahirwe yo kwikosora no kugira uruhare mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge, Perezida wa Repubulika yababariye Ingabire Victoire, asohoka muri gereza atarangije igihano.

Umunyarwanda yagize ati:” Umutindi umuvura ijisho akarigukanurira”. Nguko uko umunyabyaha Ingabire Victoire yahawe imbabazi, aho kuzirikana iyo neza, agahitamo kwirirwa atuka uwamuvanye ku ngoyi, ndetse akarushaho gukorana n’imitwe y’abagizi ba nabi nka FDLR, no kwijandika mu bikorwa byose bigamije kwangiza isura y’u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo. Ngiyo inyiturano y’umutima mutindi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatandatu, umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika yagarutse ku myitwarire y’abarimo Ingabire Victoire, asaba Abanyarwanda kutarangazwa n’amateshwa y’abo bagizi ba nabi. Yagize ati:” Amaherezo ya Ingabire ntazaba meza. Abantu nka Ingabire, ba Onana baba mu Bufaransa n’ahandi, urabihorera ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka.. urabareka bagapfa urwo bapfuye, naho imigambi yabo n’ababashyigikiye nta na kimwe izatwara u Rwanda”.

Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona!

2024-07-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Ubwanditsi 01 Jul 2022
Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade
Mu Mahanga

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru