• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo

Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo

Ubwanditsi 08 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho hashyiriweho amatsinda ndetse n’uduhimbaza musyi tugenerwa aberekanye aho Umunyarwanda yaba ari hose muri Uganda, ucyekwaho kuba akorana n’u Rwanda, inzego z’ubutasi bwa gisirikare [ CMI ] zikaba ziri gukoresha inkoramutima za RNC mu rwego rwo guhiga bukware abanyarwanda.

Abanyarwanda batatu aribo  Jean Marie Iranyunva, Rameck Rukundo Niyonzima na Jonathan Rukundo, bashimutiwe Kololo, mu Mujyi wa Kampala mu bikorwa by’amasengesho kuwa 18 Gashyantare 2019.

Ikinyamakuru Virunga Post cyemeza ko aba Banyarwanda bahise baburirwa irengero, hakaba hataramenyekana irengero ryabo.

Iyi nkuru ivuga ko aba Banyarwanda binjiye muri Uganda bafite ibyangombwa byabo ariko bakaburirwa irengero ubwo bari mu masenegsho yari yateguwe n’umwe mu bapasteri bazwi cyane muri Kampala, Robert Kayanja.

Hari amakuru kandi avuga ko impunzi eshatu z’abarundi zatawe muri yombi  mu nkubiri y’ibibazo by’abanyarwanda bakomeje guhurira n’akaga muri Uganda. Aba barundi ngo bakaba bashinjwa gukorana n’u Rwanda

Aya makuru avuga ko bafashwe ku mugoroba wo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, barimo umuyobozi mu mpunzi z’abarundi i Mbarara, umugabo n’umuhungu we urangije amashuri yisumbuye. Batuye muri kilometero zitagera kuri 50 uvuye ku nkambi ya Nakivale.

Umwe mu batanze amakuru yavuze ko bari hafi y’urugo rwabo, imodoka ya gisirikare irabitambika, havamo abantu babinjizamo, kuva ubwo imiryango yabo ntiyongera kumenya akanunu kabo.

Imiryango yabo ivuga ko babanje kubona amakuru ko bafashwe n’umuyobozi wa gisirikare muri Mbarara.

Umwe yagize ati “Tumaze kumenya ayo makuru twasabye umuyobozi bw’ingabo kubarekura. Yatubwiye ko atazi ifatwa ryabo. Dukomeje gushakisha ariko uko iminsi igenda iba myinshi ni ko icyizere kigenda kiyoyoka.”

Umuyobozi w’impunzi z’abarundi mu nkambi ya Nakivale yagize ati “Twumvise ko baba bafungiwe ahantu hatazwi, bakekwaho kuba abanyarwanda cyangwa kuba ari intasi z’u Rwanda. Aho ho ibintu byaba bikomeye kurushaho.”

Impunzi z’abarundi muri Mbarara zasabye polisi kurekura bagenzi babo cyangwa ikabamenyesha aho bafungiwe, n’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi rikamenyeshwa kugira ngo ribakurikirane.

Igihugu cya Uganda  kandi cyarekuye bamwe mu banyarwanda bari bamaze igihe bafungiye mu magereza yayo no mu kigo cy’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI).

Rukundo Jotham utuye mu Karere Gasabo, ni umwe muri abo banyarwanda wageze mu Rwanda kuwa Mbere w’iki cyumweru.

Abandi ni Munyakazi Appolinaire na Nsengimana Eric bo mu Karere Rutsiro.

Kuri ubu, Ubuyobozi bw’u Rwanda bwamaze kugira inama abaturage babwo ko baba baretse kwerekeza muri Uganda mu gihe ibi bibazo bitarakemuka. Buvuga ko ibi ari mu nyungu z’umutekano wabo.

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Ubwanditsi 24 Oct 2018
Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri na Tap and Go
Amakuru

Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri na Tap and Go

Ubwanditsi 23 May 2024
Icyo IBUKA ivuga ku koherezwa mu Rwanda kwa Mugimba,Iyamuremye, Seyoboka na Munyakazi
Mu Mahanga

Icyo IBUKA ivuga ku koherezwa mu Rwanda kwa Mugimba,Iyamuremye, Seyoboka na Munyakazi

Ubwanditsi 19 Nov 2016
Abanyarwanda 3 barimo umuvugabutumwa bapfiriye muri Mozambique[AMAFOTO]
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda 3 barimo umuvugabutumwa bapfiriye muri Mozambique[AMAFOTO]

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru