• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Interahamwe n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihugu cy’Ububiligi bibumbiye mu ishyaka FDU Inkingi ryashinzwe na Victoire Ingabire bateguye igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gufasha Ingabire Victoire, washinze iryo shyaka ngo akomeze ibikorwa bya politiki mu Rwanda bigamije kuryanisha Abanyarwanda.

Icyo gikorwa kizaba mu nama yiryo ngirwa shyaka izaba ku cyumweru  taliki 01/12/2024 kuri Rue Marcq 25  I Buruseri mu Bubiligi.

Iyo nama yatumiwe mu izina rya Straton NDUWAYEZU ukuriye FDU Inkingi mu Bubiligi. Ubwo FDLR/RUD Urunana yagabaga igitero mu Kinigi mu mwaka wa 2019, kigahitana inzirakarengane 14 abandi 18 bagakomereka bikabije, byaje kugaragara ko FDU inkingi yari mu ihuriro na FDLR/RUD Urunana yagize uruhare muri ibyo bitero. Ingabire Victoire yahise yitanguranwa ashinga irindi shyaka aryita DALFA Umurinzi. Byaje kugaragara ko yabikoze mu rwego rwo guhunga ubutabera atabazwa ibitero byo mu Kinigi ariko RIB yaramutumije atanga amakuru menshi kuri ibyo bitero.

Ikigaragara Ingabire Victoire wayoboye RDR yashingiwe mu nkambi z’impunzi muri 1995, igahuza abari muri Guverinoma y’abajenosideri igahinduka ALiR nyuma ikaba FDLR, bigaragara ko atigeze ahindura ingengabitekerezo ya Jenoside agenderaho ko ajijisha agahindura amazina gusa.

Ingabire Victoire yaje mu Rwanda muri 2009 nk’iturufu ya nyuma, kuko ibyo bari bizeye harimo kwisubiza u Rwanda binyuze mu mbaraga za gisirikari byari byanze, bagakoresha itangazamakuru nabyo bigafata ubusa, Ingabire yafashe icyemezo cyo kuza mu Rwanda imbere kuko kubwejagurira hanze byari byanze.

Ingabire yazengurutse uburayi ahabwa akayabo k’amafaranga ngo aje kuyobora u Rwanda. Yakomeje gukorana nabo ariko inkuta z’ubutabera n’inzego z’umutekano abura aho anyura ngo akomeze ibikorwa by’iterabwoba imbere mu gihugu.

Ingabire agomba kumenya ko u Rwanda rw’ubu rutandukanye n’u Rwanda yifuza mu gihe cya MRND na CDR. Abamukusanyiriza amafaranga baracyari muri MRND na CDR ariko icyo bifuza ko ayo mafaranga azakora ntazabigeraho.

Ingabire kandi agomba kumenya ko u Rwanda rugizwe na 75% by’abavutse nyuma ya Jenoside, bakuze batazi ingengabitekerezo ya Hutu Pawa ashaka kwimiriza imbere. Bazamuhe amafaranga ayarye ariko kuyakoresha ibikorwa by’iterabwoba, ntabwo bizashoboka.

2024-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018
EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

Ubwanditsi 16 Mar 2016
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze
Amakuru

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021
Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange

Ubwanditsi 02 Jun 2024
CNLG:  Haribazwa impamvu  hafunzwe umwe kandi imishahara ica mu bantu benshi?
Mu Mahanga

CNLG: Haribazwa impamvu hafunzwe umwe kandi imishahara ica mu bantu benshi?

Ubwanditsi 22 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru