• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Ubwanditsi 07 Nov 2017 Mu Mahanga

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje mu mpera z’iki cyumweru ko yiteguye kwakira uwa koreya ya Ruguru bakaganira bagamije kwiyunga no gukemura ikibazo cy’ibisasu bya kirimbuzi byakurikiwe no guterana amagambo hagati ya bo bimbi guhera mu mezi yashize.

Ibi yabitangaje nyuma y’uko atangiye ingendo ku mugabane w’Aziya muri iki cyumweru gishize, aho yasuye igihugu cy’u Buyapani, ariko akaba anavuga ko ateganya no kugera mu bindi bihugu bitandukanye kuri uriya mugabane.

Mu kiganiro cyanyujijweho ku nshuro ya kabiri, perezida Trump yabwiye US TV ko yiteguye kwakira peezida Jong Un bakaganira ku kibazo cy’ibiturika byiganye mu mujyi wa Pyongyang.

Yagize ati “Nshobora kwicarana na we ku meza amwe tukaganira, sinzi niba ari ugukomera cyangwa integer ncye naba ngize, ariko icyo nzi neza ni uko kwicarana n’umuntu mukaganira atari ikintu kibi.”

“Ubwo rero, namufungurira amarembo aramutse abishatse ariko tuzareba bitewe n’uko iminsi izagenda yigira imbere.”

Aha perezida trump akaba yashakaga kumvikanisha ku nubwo yakwicarana na mugenzi we Kim Jong, ariko ko atari ibintu bya vuba aha ahubwo ko bizaterwa n’ikizaba kijya mbere mu minsi iza.

Perezida Trump yagiye ku mugabane w’Aziya n’ubushishozi bwinshi ku buryo indege ze ziri gucungira umutekano hafi ngo Koreya ya Ruguru idaca mu rihumye ikaba akohereza ibindi bisasu.

Amakimbirane no guterana amagambo hagati y’aba baperezida 2 b’igihangange, yatangiye ubwo perezida Trump yashakaga ko Koreya ya Ruguru yahagarika igerageza ry’ibitwaro bya kirimbuzi, dore ko hari n’ibyo yoherezaga mu kirere bikenda kugera ku butaka bw’Amerika.

Ni mu gihe perezida wa Koreya ya Ruguru e avuga ko ubuhangange n’icyubahiro by’igihugu cye abikesha kuba bakora ibitwaro rutura bishobora no kurimbura isi, bityo ko nta wugomba kuyihagarika ku mugambi wayo.

Aba baperezida baranzwe cyane no guterana amagambo harimo kuba perezida Trump yaravugaga ko Kim Jong ari umwana na ho we akavuga ko Trump afite utubazo two mu mutwe n’ibindi.

Kugeza ubu, hategerejwe kkurebwa uzafata iya mbere hagati y’ibi bihangange byombi, agashaka mugenzi we ngo baganire gusa Trump we akaba yamaze gutangaza ko yiteguye ibiganiro.

2017-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Ubwanditsi 22 Nov 2024
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop
IKORANABUHANGA

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼
IMIKINO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019
RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana
INKURU NYAMUKURU

RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru