• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Ubwanditsi 07 Nov 2017 Mu Mahanga

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje mu mpera z’iki cyumweru ko yiteguye kwakira uwa koreya ya Ruguru bakaganira bagamije kwiyunga no gukemura ikibazo cy’ibisasu bya kirimbuzi byakurikiwe no guterana amagambo hagati ya bo bimbi guhera mu mezi yashize.

Ibi yabitangaje nyuma y’uko atangiye ingendo ku mugabane w’Aziya muri iki cyumweru gishize, aho yasuye igihugu cy’u Buyapani, ariko akaba anavuga ko ateganya no kugera mu bindi bihugu bitandukanye kuri uriya mugabane.

Mu kiganiro cyanyujijweho ku nshuro ya kabiri, perezida Trump yabwiye US TV ko yiteguye kwakira peezida Jong Un bakaganira ku kibazo cy’ibiturika byiganye mu mujyi wa Pyongyang.

Yagize ati “Nshobora kwicarana na we ku meza amwe tukaganira, sinzi niba ari ugukomera cyangwa integer ncye naba ngize, ariko icyo nzi neza ni uko kwicarana n’umuntu mukaganira atari ikintu kibi.”

“Ubwo rero, namufungurira amarembo aramutse abishatse ariko tuzareba bitewe n’uko iminsi izagenda yigira imbere.”

Aha perezida trump akaba yashakaga kumvikanisha ku nubwo yakwicarana na mugenzi we Kim Jong, ariko ko atari ibintu bya vuba aha ahubwo ko bizaterwa n’ikizaba kijya mbere mu minsi iza.

Perezida Trump yagiye ku mugabane w’Aziya n’ubushishozi bwinshi ku buryo indege ze ziri gucungira umutekano hafi ngo Koreya ya Ruguru idaca mu rihumye ikaba akohereza ibindi bisasu.

Amakimbirane no guterana amagambo hagati y’aba baperezida 2 b’igihangange, yatangiye ubwo perezida Trump yashakaga ko Koreya ya Ruguru yahagarika igerageza ry’ibitwaro bya kirimbuzi, dore ko hari n’ibyo yoherezaga mu kirere bikenda kugera ku butaka bw’Amerika.

Ni mu gihe perezida wa Koreya ya Ruguru e avuga ko ubuhangange n’icyubahiro by’igihugu cye abikesha kuba bakora ibitwaro rutura bishobora no kurimbura isi, bityo ko nta wugomba kuyihagarika ku mugambi wayo.

Aba baperezida baranzwe cyane no guterana amagambo harimo kuba perezida Trump yaravugaga ko Kim Jong ari umwana na ho we akavuga ko Trump afite utubazo two mu mutwe n’ibindi.

Kugeza ubu, hategerejwe kkurebwa uzafata iya mbere hagati y’ibi bihangange byombi, agashaka mugenzi we ngo baganire gusa Trump we akaba yamaze gutangaza ko yiteguye ibiganiro.

2017-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023
Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Ubwanditsi 01 Jun 2023
Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Ubwanditsi 04 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]
IKORANABUHANGA

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 May 2018
Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens  niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi
IMIKINO

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru