• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Ubwanditsi 07 Nov 2017 Mu Mahanga

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje mu mpera z’iki cyumweru ko yiteguye kwakira uwa koreya ya Ruguru bakaganira bagamije kwiyunga no gukemura ikibazo cy’ibisasu bya kirimbuzi byakurikiwe no guterana amagambo hagati ya bo bimbi guhera mu mezi yashize.

Ibi yabitangaje nyuma y’uko atangiye ingendo ku mugabane w’Aziya muri iki cyumweru gishize, aho yasuye igihugu cy’u Buyapani, ariko akaba anavuga ko ateganya no kugera mu bindi bihugu bitandukanye kuri uriya mugabane.

Mu kiganiro cyanyujijweho ku nshuro ya kabiri, perezida Trump yabwiye US TV ko yiteguye kwakira peezida Jong Un bakaganira ku kibazo cy’ibiturika byiganye mu mujyi wa Pyongyang.

Yagize ati “Nshobora kwicarana na we ku meza amwe tukaganira, sinzi niba ari ugukomera cyangwa integer ncye naba ngize, ariko icyo nzi neza ni uko kwicarana n’umuntu mukaganira atari ikintu kibi.”

“Ubwo rero, namufungurira amarembo aramutse abishatse ariko tuzareba bitewe n’uko iminsi izagenda yigira imbere.”

Aha perezida trump akaba yashakaga kumvikanisha ku nubwo yakwicarana na mugenzi we Kim Jong, ariko ko atari ibintu bya vuba aha ahubwo ko bizaterwa n’ikizaba kijya mbere mu minsi iza.

Perezida Trump yagiye ku mugabane w’Aziya n’ubushishozi bwinshi ku buryo indege ze ziri gucungira umutekano hafi ngo Koreya ya Ruguru idaca mu rihumye ikaba akohereza ibindi bisasu.

Amakimbirane no guterana amagambo hagati y’aba baperezida 2 b’igihangange, yatangiye ubwo perezida Trump yashakaga ko Koreya ya Ruguru yahagarika igerageza ry’ibitwaro bya kirimbuzi, dore ko hari n’ibyo yoherezaga mu kirere bikenda kugera ku butaka bw’Amerika.

Ni mu gihe perezida wa Koreya ya Ruguru e avuga ko ubuhangange n’icyubahiro by’igihugu cye abikesha kuba bakora ibitwaro rutura bishobora no kurimbura isi, bityo ko nta wugomba kuyihagarika ku mugambi wayo.

Aba baperezida baranzwe cyane no guterana amagambo harimo kuba perezida Trump yaravugaga ko Kim Jong ari umwana na ho we akavuga ko Trump afite utubazo two mu mutwe n’ibindi.

Kugeza ubu, hategerejwe kkurebwa uzafata iya mbere hagati y’ibi bihangange byombi, agashaka mugenzi we ngo baganire gusa Trump we akaba yamaze gutangaza ko yiteguye ibiganiro.

2017-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Ubwanditsi 24 Sep 2016
U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021
Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo ASP Kirumira yishwe
ITOHOZA

Uburyo ASP Kirumira yishwe

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.
Amakuru

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru