• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Ubwanditsi 27 Dec 2017 Mu Mahanga

Urwego rw’ibanga rurinda abayobozi bakomeye ba Amerika “Secret Service” ni umutwe w’Ingabo ugizwe n’intarumikwa z’abasore n’abakobwa, abagabo n’abagore b’Abanyamerika bafite ubushobozi budasanzwe, ubwenge n’ubuzima buzira umuze mu buryo bwose bushoboka.

Uyu ni umutwe w’Ingabo kabuhariwe wa ba mudahusha bahora mu ndorerwamo z’umukara, intwaro ziremereye, utubunda twa Masotera ku matako, ibyuma bifashisha bareba kure n’izindi ntwaro zizewe mu kurwanya umuntu yaba akwegereye cyangwa ari kure, akenshi usanga bahora mu makoti, udupira tubafashe n’amajile (jillet).

Uburyo uyu mutwe utinyitse n’imikorere yawo yo mu ibanga rihambaye ituma hafi ya buri Munyamerika n’undi wabonye n’ubwo byaba ho gato, uburyo Pereida wa Amerika n’abandi bategetsi bakomeye basura icyo gihugu baba barinzwe, agendana amatsiko yo kugira icyo amenya ku mikorere yawo.

Secret Service, inyandiko zitandukanye zigaragaza ko yashinzwe kuwa 05 Mata mu 1865 ,kugeza magingo aya uyu mutwe ukaba umaze imyaka 152 kandi imibare ikerekana ko kuri ubu ikoresha abakozi 7000 ku Isi, n’ingengo y’imari ya miliyari $2.2 z’Amadolari ku mwaka, urebye nk’iyo yagenewe uyu mwaka wa 2017.

Gusa tukiri kuri iyi ngengo y’imari havugwamo icyuho kuko Secret servive iheruka gusaba kongererwa miliyoni 60 z’Amadolari ku ngengo isanzwe mu mwaka wa 2018, kubera ingendo zidashira kandi zihenze za Perezida Donald Trump n’Umuryango we.

Kuri iyi ngingo, ikinyamakuru The Huffington Post ku wa 23 Werurwe 2017 cyasohoye inkuru kigira kiti “Secret Service yamaze kurengerwa n’uburyo bw’imibereho y’ubuzima buhenze bw’umuryango wa Donald Trump”.

Inshingamo nyamukuru za Secret Service, ku kubitiro hari ibijyanye n’umutekano wa Perezida wa Amerika n’Umuryango we, Visi Perezida n’Umuryango we, uw’inyubako zabo bwite n’uw’ibiro baba bakoreramo.

Haniyongeraho umutekano w’abiyamamariza kuzaba ba Perezida na Visi Perezida muri Amerika hamwe n’abagore babo, abahoze ari abakuru b’igihugu no kurinda Abakuru b’ibihugu by’amahanga bagenderera Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Indi shingano isa naho itangaje kandi ikomeye, ni uko urwo rwego rushinzwe gucunga umutekano w’Idolari ry’Amerika, mu kurinda ko hari ba rusahuriramunduru baca mu rihumye izi nzego bakaryigana cyangwa bakarikoresha uko bidakwiriye kandi ku Isi yose.

Mu yandi magambo, bishatse kuvuga ko uretse umutekano w’umukuru w’igihugu muri Amerika, igikurikiraho mu bintu by’agaciro gahambaye mu gihugu ushatse wavuga ko ari Idolari ryabo.

Mu gihe Trump yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, hari aho baketse umuntu ufite imbunda, ba Sercret Service bahita bamuhungisha

Zimwe mu ngorane abagize Secret Service bahuye nazo kuva yashingwaMu 1950, uwari Perezida wa Amerika, Harry S. Truman, yari agiye kwicwa n’abagabo babiri bari bakomoka muri Puerto Rico; Oscar Collazo na Grisellio Torresola, bahengera ari mu icumbi rye hafi ya White House bamumishaho amasasu.

Umwe mu ba komando ba Secret service witwaga Leslie Coffelt yarasanye nabo anahasiga ubuzima ariko yisasiye umwe witwa Torresola, undi bari kumwe aramukomeretsa bikomeye.

Kugeza mu mwaka wa 2016, Coffelt niwe musirikare wenyine w’iyi Serivisi wapfuye arashwe ari mu kazi ko kurinda umutekano wa Perezida wa Amerika mu myaka yose uyu mutwe wabayeho.

Undi wahaswe kwicwa ariko Imana igakinga ukuboko ni uwitwa Tim McCarty witambitse isasu ryari rirashwe Perezida Ronald Reagan hari kuwa 30 Gicurasi 1981, arakomeraka, mu gihe mu iraswa rya Perezida Kennedy ho nta wapfuye mu bari bashinzwe kumurinda.

Mu mwaka wa 1975, hari ku itariki 05 Nzeri , ubwo Perezida Gerard Ford yari mu mujyi wa Sacramento ,umwe mu bagize itsinda ry’uyu mutwe witwaga Larry Buendorf ashikuza imbunda umuntu washakaga kurasa Ford, aburizamo atyo umugambi mubisha wo guhitana umukuru w’igihugu.

Nyuma yaho gato i San Francisco, umugore witwa Sara Jane Moore yafashe imbunda ye yo mu bwoko bwa Revolver ashaka kurasa Perezida Ford na none, ubwo yari mu kivunge cy’abantu bari baje kumureba. Ariko umwe mu bantu bari aho wanahoze ari umusirikare w’umu ‘marine’ witwa Oliver Sipple, barwanira imbunda ayimwambura arashe isasu rimwe gusa naryo ryabaye imfabusa.

Mu 2012 ,mbere gato y’inama ikomeye yagombaga kubera muri Colombia ikitabirwa na Barack Obama, itsinda ry’abasirikare ba Secret Service ryagiye gutegura urugendo n’umutekano bye rihura n’akaga ubwo ryasakiranaga n’indaya z’ahitwa Carthagène zariye karungu , zishaka kurya ku mafaranga y’izo ntarumikwa za Obama .

Kwigobotora abo bagore ngo byabaye ihurizo kuri aba ba mudahusha bibagiwe inshingano zo gutegura iby’umutekano wa Perezida bwari bucye aza mu nama, maze bigira kuryoshya n’abo bagore muri Hotel bari bacumbikiwemo.

Abasore 11 bose ngo bahise burizwa indege basubizwa muri Amerika igitaraganya, byanabaviriyemo gusubikirwa imirimo.

Mu Ugushyingo 2009, nyuma y’umwaka umwe Perezida Barack Obama atorewe kuba Perezida wa Amerika, White House yateguye ibirori bikomeye byo gusangira n’uwari Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Manmohan Singh wari mu ruzinduko muri Amerika.

Kimwe mu bintu byatunguye abantu ni ukubona umugabo Tareq n’umugore we Michaele Salahi barabashije kwinjira muri uwo muhango wo gusangira ku meza nta butumire bafite, bagasangira na Barack Obama ndetse bakanifotozanya nawe amafoto menshi!

Hari n’ibindi bintu bitangaje kandi byagiye bibera ingorane aba bantu bashinzwe umutekano wa Perezida wa Amerika nk’aho hari umusore wigeze gucengera muri White House ku ngoma ya Perezida Franklin D. Roosevelt ntawe umurabutswe, ariko we ngo akaba yarashakaga kwandika amateka yo kurebana Film na Perezida mu ruganiriro rw’iwe nta kindi.

Mu Ugushyingo 2011, ikinyamakuru The Washington Post cyashyize hanze indi nkuru y’umugabo Oscar Ortega-Hernandez wagiye ahitegeye nko ku metero 700 akarasa ku biro bya Perezida Obama.

Iki kinyamakuru gitangaza ko abashinzwe umutekano wa Perezida bemeje ayo makuru hashize iminsi itanu yose bibaye.

Barack Obama ubwo yari muri Atlanta kuwa 16 Nzeri 2016, yazamukanye n’umugabo mu byuma bizamura abantu mu magorofa [Ascenseur ], kandi abashinzwe umutekano we batamurabutswe mbere .

Ibi bibazo byo guhuzagurika kwa hato na hato kwa Secret service kandi ni nabyo byaviriyemo uwahoze ari umuyobozi wayo, Juria Pierson, kwegura mu mwaka wa 2014. Ni umwanya yasimbuweho na Joseph Clancy n’ubu ukiwuriho.

Ikindi kintu gihangayikishije Secret Service ariko kuri ubu ngo ni telefoni yo mu bwoko bwa Samsung S 3, Perezida Donald Trump akoresha idakoresha ikoranabuhanga rya Android igezweho nk’uko ikinyamakuru Le Figaro cyigeze kibitangaza.

Urwo rwego ngo rwibaza uko byagenda mu gihe itsinda ry’abajura bakoresha ikoranabuhanga baramuka binjiye mu mabanga ya Trump ukomeje kwanga kuyireka ngo ahabwe indi telefoni yizewe.

Bahora bambaye amakote y’umukara ariko ijisho riri ku wo barinda

Aha bari bari guhungisha Perezida Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Ba Secret Service bahoza ijisho ku muyobozi bashinzwe kurinda kugira ngo hatagira icyo aba

Bagendana ibikoresho byose bibafasha mu kazi kabo ka buri munsi

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021
U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

Ubwanditsi 13 Sep 2018
RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

Ubwanditsi 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 19 Jun 2016
Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera
UBUKUNGU

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017
U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika
Mu Rwanda

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru