• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 19 Jun 2016 Mu Mahanga

Impunzi 13,319 z’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ziri mu nkambi ya Gihembe, iri mu murenge wa Kageyo, ho mu karere ka Gicumbi zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana.

Ibi zabisabwe mu mpera z’icyumweu gishize mu biganiro bahawe n’Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Benihirwe Charlotte, n’umuyobozi wungirije w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubugenzacyaha (Criminal Investigation Department-CID), Assistant Commissioner of Police (ACP) Morris Muligo.

Iki gikorwa cy’ubukangurambaga kiri mu byo Polisi y’u Rwanda yakoze ku munsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa byayo (Police Week) muri uyu mwaka.

Izi mpunzi zasobanuriwe umwana uwo ari we n’ihohoterwa rimukorerwa, maze basabwa kubahiriza uburenganzira bwe.

Mu butumwa bwe, Benihirwe yagize ati,”Kurera abana neza ni inshingano z’ababyeyi. Abana barezwe neza baba abenegihugu beza. Mubarinde ihohoterwa iryo ari ryo ryose, kandi mutange amakuru y’abantu babangamira uburenganzira bwabo.”

ACP Muligo yabasobanuriye ko umwana ari umuntu ufite munsi y’imyaka 18 y’amavuko, kandi agira ati,” Abakorana imibonano mpuzabitsina n’umuntu utagejeje kuri iyo myaka; kabone niyo yaba yabyumvikanye na we nk’uko bamwe babyitwaza; aba akoze icyaha.”

Yabwiye kandi izo mpunzi ati,”Ababyeyi bamwe bahitamo kuvana abana babo mu ishuri kugira ngo babafashe imirimo imwe n’imwe. Hari bamwe bakuramo inda babitewe no gutwita batabiteganyije, abandi iyo bamaze kubyara bata abana. Ibi byose ni ukubavutsa uburenganzira bwabo.”

Yakomeje ababwira ko abana bafite uburenganzira bwo kwiga, kwandikishwa mu bitabo by’irangamimerere igihe bavutse kandi bigakorwa ku gihe nk’uko biteganywa n’amategeko, kuvuzwa, kumenya ababyeyi be, kurindwa ivangurwa, kurindwa gushimutwa no gucuruzwa, kugaragaza igitekerezo, n’uburenganzira bwo kuruhuka no kwidagadura.

ACP Muligo yagize kandi ati,” Polisi y’u Rwanda ntihwema gukangurira abantu kubahiriza uburenganzira bw’umwana ariko haracyari ababubangamira. Ni yo mpamvu ikora ubukangurambaga nk’ubu haba mu cyumweru nk’iki cyahariwe ibikorwa byayo ndetse no mu bindi bihe.”

Yabasobanuriye ko ihohoterwa rikorerwa abana nko kubakubita no kubakoresha imirimo ivunanye biri mu bibatera guhunga iwabo bakajya kwibera ku mihanda aho bakorera ibikorwa birimo kunywa ibiyobyabwenge, urugomo, n’ubujura .

Yabwiye ababyeyi bari aho ati,”Turinde abana bacu ihohoterwa iryo ari ryo ryose, kandi tubahe uburere bwiza tubatoza kubaha, kwiga babishyizeho umutima, no kwirinda urugomo, n’indi myitwarire mibi, kandi muharanire umutekano mu ngo zacu.”

Avuga ku icuruzwa ry’abantu, ACP Muligo yabwiye urubyiruko rwari aho kwima amatwi umuntu waza arwizeza ko ashobora kuruha akazi cyangwa kururihirira amahuri mu mahanga agira ati,” Bene uwo muntu aba agamije kujya kugucuruzayo. Nimumubona muzahite mubimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

-3018.jpg

Yabasabye kwirinda amakimbirane, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, n’ibiyobyabwenge, aha akaba yarababwiye ko bitera ababinyoye gukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, no gusambanya abana.

Yasoje abasaba guha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ihohoterwa ryakorewe abana kuri nomero ya terefone itishyurwa 116.

RNP

2016-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Abantu  cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Abantu cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC
ITOHOZA

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye
Amakuru

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Ubwanditsi 04 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru