• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano muke, ruswa n’ubukene bukabije, indi ngorane ikomeje kugaragara ni uko bamwe mu bayobozi b’inzego za leta, by’umwihariko abadipolomate ba Perezida Félix Tshisekedi, bakomeje gufatirwa mu bikorwa by’ubucuruzi bwa magendu y’ibiyobyabwenge.

Mu cyumweru gishize, ku mupaka wa Bulugariya na Turukiya, hafatiwe imodoka yanditseho plaque y’i Bubiligi, irimo ibiro 206 bya kokayine ifite agaciro ka miliyoni 20 z’amayero. Mu bayirimo harimo umudipolomate w’Umunya-Kongo, bivugwa ko afite ubudahangarwa mu butumwa yahawe na leta ya Tshisekedi. Ibi byatumye hibazwa ku ruhare rw’abategetsi bo hejuru mu micungire mibi y’inzego za dipolomasi, ndetse no mu bikorwa bihabanye n’amategeko.

Si ubwa mbere abakozi ba leta ya Kongo bashinjwa kwivanga muri magendu y’ibiyobyabwenge. Muri 2022, hari umudepite wo mu ishyaka rya UDPS riri ku butegetsi wavuzweho gucisha heroïne muri Repubulika ya Centrafrique akoresheje indege ya gisirikare.

Ibikorwa nk’ibi byagaragaje ukuntu ubudahangarwa butangwa ku bayobozi b’igihugu cya Kongo n’abadipolomate bacyo bikoreshwa nabi, bigatuma baba igikoresho cyoroshye mu kwinjiza no gusohora ibiyobyabwenge. Abasesenguzi bavuga ko ubu buryo bw’imikorere bufasha amatsinda y’abacuruza ibiyobyabwenge ku rwego mpuzamahanga kwifashisha RDC nk’inzira yizewe yo kugera i Burayi cyangwa mu bindi bihugu byateye imbere.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje kunenga Perezida Tshisekedi ku buryo yirengagiza ibikorwa nk’ibi, aho aho kwirukana cyangwa gukurikirana abakekwaho ruswa n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ahubwo ahora abazamura mu myanya y’ubuyobozi. Ibi binagaragaza imikorere y’ubutegetsi idahwitse kandi inatuma igihugu gikomeza gutakaza icyizere mu ruhando mpuzamahanga.

Uretse guteza isura mbi igihugu cya Kongo isanzwe izwi nabi, ibikorwa bya magendu y’ibiyobyabwenge binagira ingaruka ku mutekano w’akarere. Inzira zikoreshwa muri ibyo bikorwa zinyura mu bihugu by’abaturanyi bikaba byongera ibibazo by’umutekano n’ubucuruzi butemewe. Hari bamwe mu bayobozi b’imitwe yitwaje intwaro bahabwa amafaranga na Leta ya Tshisekedi avuye muri ubwo bucuruzi mu rwego rwo gukomeza intambara.

Mu gihe Perezida Tshisekedi yitegura kwiyamamariza indi manda, icyizere cy’abaturage ku buyobozi bwe gikomeje kuyoyoka bitewe n’ukuntu adafata ingamba zikomeye ku bayobozi be bivanga mu bikorwa by’ubucuruzi bwa magendu, cyane cyane ibiyobyabwenge. Ibimenyetso ni byinshi, ariko ibikorwa ni bike. Abaturage n’amahanga bategereje kureba niba iyi myitwarire izahinduka, cyangwa niba RDC izakomeza kuba isooko y’ubucuruzi butemewe.

2025-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

Ubwanditsi 04 Jun 2016
‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika  nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Ubwanditsi 11 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League
IMIKINO

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru
SHOWBIZ

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino
Mu Mahanga

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru