• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Ubwanditsi 10 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ku mugoroba w’ejobundi ubwo yifurizaga Umwaka Mushya abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cy’umutekano muke w’u Rwanda uterwa na FDLR ariko bikaba ntacyo Congo ibikoraho. Yagarutse ku buryo uyu mutwe umaze imyaka irenga 25 ku butaka bwa Congo ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukomeje kwidegembya ahubwo ukagaba ibitero mu Rwanda nkuko byabaye mu Ugushyingo 2019 ndetse bakarasa mu Rwanda umwaka ushize.

Perezida Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu FDLR imaze imyaka igera kuri 30 ku butaka bwa RDC, nta bushake buhari bwo kuyirandura. Kuri we, asanga hari ababyihishe inyuma. Ati “Ni nk’aho iyo ikibazo cya FDLR kije, iyo ibi bibazo babimbajije [byo kuba Ingabo z’u Rwanda ziri muri Congo] hanyuma nkabaza ibijyanye na FDLR, ni nk’aho baba bashaka kubyirengagiza. Hari ikintu kibyihishe inyuma ahari bamwe muri twe tutumva. Ese hari umuntu muri iyi Si ushaka ko ikibazo cya FDLR kigumaho mpaka?”.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko hari abashaka ko ikibazo cya FDLR kidakemuka, uyu mutwe ukagumaho mpaka. Yavuze ko bene abo ari uburenganzira bwabo, ariko ko bari gukina n’ibyo batazi. Ati “Uri gukina niba wumva ko bamwe muri twe, Abanyarwanda, bazi ibyayo [FDLR] bazigera bemeranya nawe. Uwo ariwe wese utekereza atyo, ari kwibeshya. Bireba twe, ubuzima bwacu, amateka yacu, abo turi bo, nta muntu n’umwe kuri iyi Si, ufite inshingano kuri twe, ni twe twifiteho inshingano.

Ibyo ntagushidikanya. Nzahora iteka mbivuga.”Perezida Kagame yavuze ko ushaka kwifashisha dipolomasi cyangwa se politiki ngo ashyigikire ko FDLR igumaho, ari uburenganzira bwe, ariko ko na we afite ubundi bwo guharanira ko uyu mutwe w’iterabwoba udakomeza kubangamira umutekano w’u Rwanda. Ati “ Nzakora ibishoboka byose mu bushobozi bwanjye mparanire ko ibijyanye na FDLR na Jenoside abantu bakerensa bitazongera kutugenderera ukundi. Ibindi ikibazo twakomeza kugica iruhande, ntabwo nzi icyo nabikoraho.”

Umukuru w’Igihugu yagarutse kuri Raporo z’Impuguke za Loni, yibaza impamvu zitajya zibaza igituma ikibazo cya FDLR kidakemuka ndetse hakaba hari imvugo z’urwango zikomeje gutuma benshi bicwa.Yakomeje ati “Nibwira ko ubwo butumwa bwari bukwiriye kuba bwarageze mu matwi y’abantu, niba koko ari abayobozi babereye abaturage.”

Umutwe wa FDLR umaze imyaka isaga 20 ukorera ku butaka bwa Leta ya Congo Kinshasa, ukaba ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ndetse ukaba warashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.Nyamara kuva mu mwaka wa 2003 kugeza mu wa 2014, Loni yafashe ibyenmezo birenga 10 bisaba amahanga guha akato FDLR no gufatanya kuyirandura, ariko kugeza ubu ibi ntibirakorwa.

Raporo zitandukanye n’ubuhamya bw’abaturage bimaze kugaragaza ko FDLR ifitanye imikoranire n’Ingabo za Congo ku buryo n’aho zigiye mu mirwano, bakorana.

2023-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Ubwanditsi 03 Jun 2021
Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Ubwanditsi 21 Dec 2019
Umugande  Andrew Mwenda,  yemeza ko  Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup
Amakuru

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019
Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona
IMIKINO

Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona

Ubwanditsi 15 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru