• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU» Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

Ubwanditsi 19 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Amakuru ikinyamakuru Rushyashya gikesha bimwe mu bitangazamakuru mu Burundi byanditse ko mu  gihe meya w’umujyi wa Mont-Saint-Hilaire Yves Corriveau yamaze mu Burundi cyaranzwe no kutavuga rumwe ndetse no guterana amagambo.

Uwo muyobozi wakiriwe na Perezida Pierre Nkurunziza, ubutegetsi bwe bushinjwa ibyaha byibasiye inyoko muntu, hakiyongeraho no gukorerwaho iperereza n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha.

Uwo mubano wabaye hagati ya Perezida w’u Burundi na Yves Corriveau meya w’umujyi wa Mont-Saint-Hilaire, wibanze mu gutunga agatoki abarundi batuye muri Canada, kudashyigikirwa n’abashinzwe umutekano bigenga bo mu Mujyi wa Montérégienne.

Uwo muyobozi wari uturutse muri Canada, yashoje e uruzindo rwe rw’akazi mu gihe cy’icyumweru, uwo muyobozi kandi yasinye amasezerano y’ubufatanye hagati y’uwo mujyi ayoboye na Bujumbura icyicaro cy’igihugu.

Mu gihe yamaze  mu Burundi, Meya Yves Corriveau  yakiriwe na Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza  n’umugore we Denise Bucumi

Abo bayobozi muri icyo gihe bamaranye, Meya wa Mont-Saint-Hilaire, wari ufite intego yo kumenya byimbitse ubutegetsi n’iperereza ku bijyanye n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku byaha byibasiye inyokomuntu, ubwicanyi, itotezwa, gufata ku ingufu no kubura irengero ry’abantu batandukanye.

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ruhamya ko hari ibimenyetso simusiga ko abakozi ba Leta y’u Burundi bakoze ‘‘ibitero hirya no hino mu bihe n’ahantu hatandukanye mu baturage b’abasivile bo mu Burundi’’.

Uhereye ku wa 26 Mata 2015, ubwo hatangazwaga kwiyamamaza kwa kandida perezida Nkurunziza, kuri manda ya gatatu, no ku wa 26 Ukwakira 2017, italiki yo kwiyonkora ku Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha bita CPI.

Muri icyo gihe, amagana y’abantu ngo barishwe, ibihumbi na byo bafatwa bugwate mu gihe abarenga ibihumbi 400 bahungiye mu bihugu by’amahanga, ayo makuru yemejwe n’imiryango itandukanye mpuzamahanga.

Urwo ruzinduko rw’uwo muyobozi wo  muri Canada byabaye imbarutso yo kwamamaza ko ari umunyagitugu aho Pierre Nkurunziza yakoranye ikiganiro n’igitangazamakuru cya Charles Makaza, umuvugizi w’ihuriro ry’Abarundi muri Canada (ABC), iryo ni huriro riharanira uburenganzira bwa Muntu mu Burundi, rikaba rifite intego yo gufasha impunzi z’abarundi bimukiye muri Canada.

Charles Makaza, umuvugizi w’ihuriro ry’Abarundi muri Canada (ABC) yagize ati ‘‘icyo tuzi ni uko, ni ryari uwo mubonano uzakoreshwa, ngo utange ishusho y’imitegekere y’ubutegetsi’’.

Charles Makaza,mu kiganiro yakoranye n’itangazamakuru i Bujumbura na Yves Corriveau, yavuze ko atigeze yiyumvamo ko yabaye igikoresho.

Ahubwo, Yves Corriveau, avuga ko intego y’uruzindo rwe kwari kubonana na Meya wa Bujumbura ariko ngo atungurwa no kubonana na perezida wenyine, kuko ngo yari aherekejwe n’aba ambasaderi bari mu Burundi bo muri Québec, ari we François-Xavier Pinte, pilote ushinzwe inzira z’ikirere, ufite inkomoko y’ububirigi akaba atuye Mont-Saint-Hilaire.

Ku mbuga nkoranyambaga twitter, mu biro bya perezida bahamya ko Yves Corriveau bakoranye umushyikirano na Pierre Nkurunziza, Perezida w’u Burundi.

‘‘Nta mpamvu n’imwe yatumaga ajyayo’’

Umujyanama wigenga ushinzwe umutekano wenyine (municipal indépendant) w’Umujyi wa Mont-Saint-Hilaire, Louis Toner, ahamya ko iminsi meya Corriveau yamaze mu Burundi ntabwo cyari igitekerezo cyiza, kuko ngo ‘‘bitari ngombwa kujya yo’’.

‘‘U Burundi bufite ubutegetsi  bushidikanywaho, sinshidikanya byukuri ko nta mpamvu yari gutuma ajyayo, kuko yabibwiye itangazamakuru, iyo njya kubimenya nari gutanga inama yo gusubika urwo rugendo, hakiyongeraho n’ikibazo cy’umutekano muke’’.

Louis Toner, ahamya ko uwo muyobozi w’umujyi yasigaranye na ambasaderi mu Burundi kugira ngo amuhe amakuru nyayo afatika.

‘‘uwo muyobozi w’umujyi wa Mont-Saint-Hillaire, afite uruhande rumwe rubogamye, kuko yabivuze, ndatekereza neza ko atari azi neza byukuri ni iki yinjiramo mu ruhande rwa politiki, yari akwiriye kubanza gukurura amakuru’’.

Yves Corriveau yabwiye itangazamakuru ko atabashije kubonana no kuganira n’abayobozi ba sosiyete sivile n’itsinda ry’abatavuga rumwe na Leta muri politiki.

‘‘Canada ihangayikishijwe n’uburyo bw’uburenganzira bwa muntu n’ ikiremwa muntu uburyo gifashwe mu Burundi, aho ibiro  bya komisariya y’Umuryango w’Abibumbye mu Bujumbura wasabye ko bafunga ibiro byabo muri icyo gihugu’’.ibyo bikaba byaratangajwe na Barbara Harvey, umuvugizi w’ibikorwa ku isi muri Canada.

Nubwo guverinoma y’abanya Canada ishishikariza inshuti zayo kwirinda ‘‘ingendo mu Burundi’’, ‘‘bitewe n’ikibazo cy’umutekano muke, isubiranamo ry’abasivile n’ishimuta ryitwaje intwaro’’.

Yves Corriveau yagize ati ‘‘nta cyari kimpangayikishije’’, nta cyo nigeze mbona cyanteye ubwoba, ariko mu gihe nari kumwe na mugenzi wanjye wa Bujumbura yari kumfasha mpuye n’ikibazo’’ ariko Charles Makaza ati ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’.

‘‘nyuma yo gutsikamirwa gukomeye hariho gucecekeshwa, abari mu igihugu, baratotezwa, babonye uburyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi ishyano babonye’’.

Yongeyeho ko Imbonerakure, ijisho ry’urubyiruko ry’ishyaka riri ku butegetsi, umuryango w’abibumbye barwita inyeshyamba (milice) kuko baba barereta ku misozi, ngo bazanye ituze.

Corriveau, asubiza ibibazo by’abatavuga rumwe na Leta batuye mu mahanga b’Abarundi ati ‘‘iyo uhunze igihugu, hashobora kuba hari impamvu’’ ahamya ko ‘‘Abo bantu ntibavuga rumwe n’ubutegetsi ariko njye n’umuyobozi w’umujyi naje kureba’’.

Meya wa Bujumbura ntabwo yatowe, ahubwo yashyizweho na perezida, kuko itegeko ry’Abarundi riteganya ku miyoborere ya komini.

2019-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Inzozi za Museveni ku Rwanda

Inzozi za Museveni ku Rwanda

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 27 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa
HIRYA NO HINO

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Ubwanditsi 18 May 2018
Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup
Amakuru

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Ubwanditsi 15 Aug 2022
Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Ubwanditsi 13 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru