• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Ubwanditsi 17 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko ibibazo u Rwanda rwanyuzemo mu myaka ibiri ishize birimo no kwangwa n’Abanya-Uganda byatumye igihugu gikomeza gutera imbere mu gihe umuturanyi washoje intambara yabihombeyemo.

Yabigarutseho kuri uyu wa 16 Gashyantare 2020, atangiza Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

Mu mpanuro ze, Umukuru w’Igihugu yabwiye abayobozi mu nzego za Leta, abikorera n’abandi ko ibibazo bahura nabyo by’imikorere idahwitse kandi yisubiramo bikwiye kugira iherezo.

Yagaragaje ko mu 2018-2019, u Rwanda rwagize amahirwe mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu kandi mu 2020 biteganyijwe gutumbagira.

Ati ‘‘Kubona byaragenze neza bitewe n’ibibazo twagize, ndashaka ko mubyumva neza. Hari ibintu twagiye tunyuramo mu 2018-2019 na n’ubu tukinyuramo by’ibibazo ariko byaduhaye gukora neza no gutera intambwe kuko twarakangutse turabibona.’’

Mu kumvisha abayobozi ko hari amakosa bakora buri gihe, yabahaye urugero rw’uburyo Uganda ihora ishaka kuyobora u Rwanda nyamara ari inzozi zidashobora kuba impamo.

Ati ‘‘Abanya-Uganda bahora bashaka ko tuba uko babishaka, ngo bategeke Uganda, bategeke n’u Rwanda. Nabo ntibumva ni nkamwe. Iyaba bumvaga bari bakwiye kumva ko ibyo bidashoboka. Turaziranye, baratuzi, turabazi. Bazi ko bidashoboka. Bafasha abaza gutera igihugu, ubu turabafite, mujya mubabona bajya mu nkiko. Bamwe bari mu nkiko, abandi ntibagize amahirwe yo kugera mu nkiko, urubanza rwaciriwe aho bari bari.’’

U Rwanda rushinja Uganda gushimuta Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, gukorana n’imitwe y’iterabwoba irwanya ubutegetsi bwarwo irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa no kubangamira ubucuruzi bwarwo.

Mu ntangiriro za 2019, u Rwanda rwasabye abaturage barwo guhagarika kujya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo ari naho iki gihugu gihera kivuga ko rwafunze imipaka.

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko nubwo Abanya-Uganda basaba u Rwanda gufungura imipaka, ngo nibo bayifunze ubwabo.

Ati “Igihe buri Munyarwanda wese wambuka umupaka, azafatwa agakubitwa, akicwa, […] kuko twageze aho tubwira Abanyarwanda bati uko mufatwa muri Uganda, ntitwabwira Abanya-Uganda uko bafata Abanyarwanda muri Uganda. Nagiyeyo kenshi, namwe mbibabwiye kenshi.’’

Yongeyeho ko icyo adafite ari uburenganzira bwo gutegeka Abanya-Uganda uko bagenza Abanyarwanda ariko ashobora kubwira Abanyarwanda kureka kujya muri Uganda.

Ati “Abantu babanga, batabashaka murajya he? Mwe mwicaye aha hari abari barishwe n’agahinda ko batagishobora kujya muri Uganda. Kwicwa n’agahinda ko kutajya aho batagushaka, ako gahinda ni bwoko ki?’’

Perezida Kagame yavuze ko iki kibazo cyatumye abayobozi bakanguka batangira guhaza ibyifuzo by’Abanyarwanda ngo babone serivisi z’uburezi, ubuvuzi no guhaha muri Uganda n’i Burundi.

Ati “Aho abantu bakangukiye, mbese Abanya-Uganda batangira kuvuga ngo aba Banyarwanda bihaye kutaza hano kandi twari tubatunze, nimubahe amezi abiri gusa baraba barize batakambye, baza kudupfukamira barira kuko baraza gusonza.’’

“Mu 2019 nibwo ubukungu bwakuze kuruta ubusanzwe. Uyu mwaka tuzagera hejuru ya 10%. Kuki se kandi dufite ibibazo ku mipaka, ni gute wabisobanura? Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye kuko iyo urebye mu kinyuranyo mu bicuruzwa, igihugu cy’igituranyi cyahombye hagati ya miliyoni 200-300 z’amadolari. Muri ayo amwe niyo yagarutse iwacu, aho akwiriye kuba ari. Hari abikorera, abakozi ba leta bari baribagiwe abaturage n’isoko turaza kubishyiramo umwete.’’

Yabwiye abayobozi ko bitari bikwiye ko ibikorwaremezo bitinda kwegerezwa abaturage kandi hari n’ibyari mu ngengo y’imari. Yavuze ko byabaye ngombwa ko abantu bari baratawe bongera kwegerwa bituma ibirimo ibicuruzwa byongera gutwarwa ku mipaka n’ibindi.

Yashimangiye ko bidakwiye ko umuntu ahaha icyo ashobora kwiha, cyane ko aba anizigamira.

Mu mpera za Mutarama 2020, Perezida Kagame ubwo yakiraga ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda, anabifuriza umwaka mushya wa 2020, yavuze ko Uganda yamusabye kubwira Abanyarwanda kongera gutemberera muri icyo gihugu, akabyanga.

Ni ubusabe bwakurikiye irekurwa ry’Abanyarwanda icyenda bari bafungiye muri Uganda.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko mu gihe udashaka ko umuturanyi wawe agera iwawe, uba wamaze gushyiraho umupaka ubatandukanya.

Ku wa 14 Gashyantare 2020, Intumwa z’u Rwanda na Uganda zemeranyije ku myanzuro itandatu igamije kwihutisha gukemura ibibazo hagati y’ibihugu byombi, mbere y’uko Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni bahurira mu nama ku wa 21 Gashyantare 2020, izabera ku mupaka wa Gatuna.

2020-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Ubwanditsi 17 Feb 2024
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23  yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023
Amakuru

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23 yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi
POLITIKI

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru