• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Ubwanditsi 17 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Jean-Pierre Lacroix ni Umufaransa wagirango yazanywe ku isi no kubangamira u Rwanda, dore ko ahorana imigambi yo kuruteza akaga, ariko buri gihe Imana ikamwereka ko yirirwa ahandi igataha i Rwanda.

Mbere, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi na nyuma yayo, Jean-Pierre Lacroix yari umujyanama mu biro bya Minisitiri w’Intebe w’Ubufaransa, Edouard Balladur, akaba no mu byegera bya Perezida François Mitterrand byari bifite umukoro wo gufasha ubutegetsi bwa Habyarimana kurwanya FPR-INKOTANYI, gutegura no gushyira mu bikorwa iyo Jenoside.

Nk’uko bigaragara muri “Raporo Duclert”, yerekana bidasubirwaho uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu Jean-Pierre Lacroix ni umwe mu bateguye icyiswe”Opération Turquoise”, cyari kigamije gufasha abajenosideri kurangiza neza umugambi wabo, no kubahungisha mu ituze, ingabo za RPF-INKOTANYI zitabafatiye mu cyuho.

Gutorokesha leta y’abiyise “Abatabazi” byagezweho, ndetse aho abajenosideri bagereye muri Zayire(Kongo y’uyu munsi), Jean-Pierre Lacroix na bagenzi be bakomeza kubaba hafI, babakorera ubuvugizi, babaha intwaro n’ibindi bya ngombwa byagombaga kubafasha kwisubiza ubutegetsi mu Rwanda, bagasoza umugambi wa Jenoside batarangije uko babyifuza. Ibi byo ntibyabahiriye kuko uwo mugambi wakomwe mu nkokora n’isenywa ry’inkambi zo muri Zayire, zitwaga iz’impunzi z’Abanyarwanda, kandi mu by’ukuri zari iza gisirikari n’indiri z’Interahamwe

Jean-Pierre Lacroix ntiyashizwe. Yakomeje kuba umwe mu banyapolitiki b’Abafaransa bakingira ikibaba abajenosideri ngo badashyikirizwa inkiko, ndetse ahubwo bakomeza ibikorwa byo kugambanira uRwanda ngo rusubire mu icuraburindi.

Ubu rero Jean-Pierre Lacroix ni Umunyamabanga Mukuru wa Loni ushinzwe ibikorwa by’Amahoro, by’umwihariko muri Kongo-Kinshasa. Ni umwanya yifuza gukoresha abangamira inyungu z’uRwanda, cyane cyane afasha Kongo mu kugereka ibibazo byayo ku Rwanda.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gashyantare bwo yarushijeho kwiyambika ubusa. Ubwo yari muri Kongo yaratinyutse atangaza ko Loni igiye guha intwaro abarwana ku ruhande rwa Leta ya Kongo, atitaye ko barimo abajenosideri bo muri FDLR.

Jean-Pierre Lacroix kandi ntacyo bimubwiye kuba Leta ya Kongo n’abayishyigikiye agiye guha intwaro, bazwiho guhohotera Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi. Ubu ni ubufatanyacyaha muri jenoside Loni igiye kwishoramo.

Mu ibaruwa Leta y’uRwanda yashyikirije Umuyobozi w’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi, yagaragaje ko uwo mugambi wo guha intwaro uruhande rumwe mu zihanganye muri Kongo, uzatuma ibintu birushaho kudogera, intambara ihitana abantu abandi bakava mu byabo ikarushaho gukaza umurego.

Iyo baruwa isaba ko Loni yakwisubiraho, aho kongera ibitwaro mu gace gasanzwe karabaye umuyonga, igashishikariza impande zihanganye kuyoboka inzira y’ibiganiro. Keretse niba ari bya bindi ngo”usenya urwe umutiza umuhoro”, kandi si Loni yakabikoze!

Jean-Pierre Lacroix arateganya guha intwaro uruhande rwa Tshisekedi mu gihe we n’abamushyigikiye, nka FDLR na Perezida Evariste Ndayishimiye w’uBurundi, bivugira ku mugaragaro ko bazashoza intambara ku Rwanda. Ibi bisobanuye rero ko Loni, ibinyujije mu Munyamabanga Mukuru wayo Wungirije, ishyigikiye ko intambara iyogoza aka karere kose k’ibiyaga bigari.

Uretse urwango Jean-Pierre Lacroix n’abo basangiye imyumvire bafitiye uRwanda gusa, arabizi neza ko ikibazo cya kongo kitazigera kirangizwa n’imbunda.

Ntayobewe ko Kongo itigeze ibura intwaro n’abarwanyi. Ubu muri Kivu y’Amajyaruguru honyine hari ibihumbi utabara by’abasirikari: Ingabo za Kongo(FARDC), FDLR n’indi mitwe yiyise”Wazalendo”, ingabo z’uBurundi, iza Malawi, iza Tanzaniya, iz’Afrika y’Epfo, abacancuro bo mu bihugu byinshi nka Rumaniya n’Uburusiya, n’abandi bazwi n’abatazwi. Aba bose barwanisha imbunda zigezweho ndetse n’ indege kabuhariwe z’intambara.

Nyamara se bibuza M23 gukomeza kwigarura uduce twinshi cyane. Ubu n’umujyi wa Goma uragerwa amajanja!

Icyo ubutegetsi bwa Tshisekedi bwabuze ni ubushishozi bwo kumva ko umuti w’ iyi ntambara ari inzira ya politiki. Bukeneye kuva ku izima, bukayoboka ibiganiro hagati y’Abanyekongo ubwabo, kuko kwigira”ndigabo” kwa Tshisekedi no kwiringira inama z’abamuroha bizarushaho kumubyarira amazi nk’ibisusa.

Naho Jean-Pierre Lacroix yari akwiye kumva ko imigambi yo guhemukira uRwanda kuva kera itamuhiriye, agasubiza amerwe munisaho. Azabaze n’abandi bagerageje kubera u Rwanda “ihwa mu kirenge”, bakozwe n’ikimwaro izuba riva!

2024-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Ubwanditsi 17 May 2018
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzikazi Lilian Mbabazi wabyaranye na Nyakwigendera Mowzey Radio arikoma abavuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzikazi Lilian Mbabazi wabyaranye na Nyakwigendera Mowzey Radio arikoma abavuga ko atwite

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Abakozi ba Leta bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse – Kampayana
Mu Rwanda

Abakozi ba Leta bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse – Kampayana

Ubwanditsi 01 May 2017
RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti
POLITIKI

RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti

Ubwanditsi 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru