• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Ubwanditsi 24 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2016, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, herekanywe Abarundikazi batatu bafashwe bagiye gucuruzwa mu muhanga, nyuma yo kwizezwa ibitangaza bakanafashwa kubona ibyangombwa by’inzira.

Aba barundikazi batangarije abanyamakuru ko hari umurundikazi mugenzi wabo wababwiye ko ashaka kubarangira akazi ko mu rugo mu gihugu cya Saudi Arabia, aho yabizezaga ko bazajya babasha guhembwa amafaranga y’amarundi ibihumbi magana atanu (500.000) buri kwezi.

Uwo murundikazi mugenzi wabo bavuga ko yitwa Rehema bakunda kwita Mama Sandra, bemeza ko yabijeje ibitangaza ariko n’ubwo baziranye buri umwe akaba yaramuvugishaga ukwe akanamubwira kubigira ibanga. Buri umwe yamushakiye ibyangombwa by’inzira anamupimisha indwara zose zirimo diyabete, umwijima, SIDA n’izindi, ababwira ko ashaka kureba niba bazabasha gukora akazi neza bafite imbaraga n’ubuzima bwiza.

Igihe cyarageze ababwira ko bazafata imodoka ya Yahoo Express ibazana mu Rwanda, hanyuma abizeza ko nibagera ku mupaka bazabona umuntu ubazi uzabafasha kugera muri Saudi Arabia. Ibyangombwa n’amafaranga y’urugendo byose byakorwaga nta mafaranga bishyuye. Bageze ku mupaka babajijwe n’abapolisi aho bagiye, bavuga ko bagiye muri Saudi Arabia ariko babajijwe uwo bagiye kureba birabayobera, biza gutuma abashinzwe umutekano babagiraho amakenga.

Hagati aho hari umunyakenya witwa Macharia Asman Wachira byaje kugaragara ko nawe bari kumwe, ndetse ko bari baturukanye i Burundi mu modoka imwe ariko batamuzi. Uyu yaje kujya abacira isiri ku mupaka, ngo bavuge ko bagiye i Kampala n’ibindi byo gushaka uko bahikura, ndetse akaba yarabanje no kubavuganira yemera ko bari kumwe, nyuma yabona bikomeye akabihakana nk’uko Polisi ibihamya.

Nyuma yo gukora iperereza, Polisi y’u Rwanda yabonye ko aba barundikazi bari bagiye gucuruzwa mu mahanga aho bashobora kugirwa abacakara, gukurwamo zimwe mu ngingo z’umubiri, gukoreshwa ubusambanyi n’ibindi bibi bitandukanye, ihita ita muri yombi uwo munyakenya bigaragara ko abifitemo uruhare.

-3383.jpg

Aba barundikazi bavuga ko babashutse nabo batazi ibyo aribyo

-3382.jpg

Umutekamutwe

Macharia Asman Wachira, yageze imbere y’abanyamakuru afite amashagaga no kwikanyiza mu buryo busekeje, avuga ko babanza kumuha amazi akabona kuvuga, asaba abapolisi bakuru kumuha abapolisi bamuherekeza n’ibindi bisekeje cyane. Yahakanye ibyo akurikiranyweho, avuga ko we afite ikompanyi iwabo muri Kenya ishakira abantu ibyangombwa bakajya gukora mu mahanga ariko yihakanye abo barundikazi avuga ko ntaho ahuriye nabo atanabazi, n’ubwo bo bemeza ko ari we wanabaguriye ibiryo ubwo bari bafatiwe ku mupaka.

2016-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Gicumbi: Umuganga witeguraga kurongora yasanzwe muri hoteli yapfuye

Gicumbi: Umuganga witeguraga kurongora yasanzwe muri hoteli yapfuye

Ubwanditsi 06 Aug 2016
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Ubwanditsi 03 Mar 2022
 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

Ubwanditsi 19 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)
ITOHOZA

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)

Ubwanditsi 09 Oct 2018
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo
POLITIKI

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru