• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Ubwanditsi 24 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2016, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, herekanywe Abarundikazi batatu bafashwe bagiye gucuruzwa mu muhanga, nyuma yo kwizezwa ibitangaza bakanafashwa kubona ibyangombwa by’inzira.

Aba barundikazi batangarije abanyamakuru ko hari umurundikazi mugenzi wabo wababwiye ko ashaka kubarangira akazi ko mu rugo mu gihugu cya Saudi Arabia, aho yabizezaga ko bazajya babasha guhembwa amafaranga y’amarundi ibihumbi magana atanu (500.000) buri kwezi.

Uwo murundikazi mugenzi wabo bavuga ko yitwa Rehema bakunda kwita Mama Sandra, bemeza ko yabijeje ibitangaza ariko n’ubwo baziranye buri umwe akaba yaramuvugishaga ukwe akanamubwira kubigira ibanga. Buri umwe yamushakiye ibyangombwa by’inzira anamupimisha indwara zose zirimo diyabete, umwijima, SIDA n’izindi, ababwira ko ashaka kureba niba bazabasha gukora akazi neza bafite imbaraga n’ubuzima bwiza.

Igihe cyarageze ababwira ko bazafata imodoka ya Yahoo Express ibazana mu Rwanda, hanyuma abizeza ko nibagera ku mupaka bazabona umuntu ubazi uzabafasha kugera muri Saudi Arabia. Ibyangombwa n’amafaranga y’urugendo byose byakorwaga nta mafaranga bishyuye. Bageze ku mupaka babajijwe n’abapolisi aho bagiye, bavuga ko bagiye muri Saudi Arabia ariko babajijwe uwo bagiye kureba birabayobera, biza gutuma abashinzwe umutekano babagiraho amakenga.

Hagati aho hari umunyakenya witwa Macharia Asman Wachira byaje kugaragara ko nawe bari kumwe, ndetse ko bari baturukanye i Burundi mu modoka imwe ariko batamuzi. Uyu yaje kujya abacira isiri ku mupaka, ngo bavuge ko bagiye i Kampala n’ibindi byo gushaka uko bahikura, ndetse akaba yarabanje no kubavuganira yemera ko bari kumwe, nyuma yabona bikomeye akabihakana nk’uko Polisi ibihamya.

Nyuma yo gukora iperereza, Polisi y’u Rwanda yabonye ko aba barundikazi bari bagiye gucuruzwa mu mahanga aho bashobora kugirwa abacakara, gukurwamo zimwe mu ngingo z’umubiri, gukoreshwa ubusambanyi n’ibindi bibi bitandukanye, ihita ita muri yombi uwo munyakenya bigaragara ko abifitemo uruhare.

-3383.jpg

Aba barundikazi bavuga ko babashutse nabo batazi ibyo aribyo

-3382.jpg

Umutekamutwe

Macharia Asman Wachira, yageze imbere y’abanyamakuru afite amashagaga no kwikanyiza mu buryo busekeje, avuga ko babanza kumuha amazi akabona kuvuga, asaba abapolisi bakuru kumuha abapolisi bamuherekeza n’ibindi bisekeje cyane. Yahakanye ibyo akurikiranyweho, avuga ko we afite ikompanyi iwabo muri Kenya ishakira abantu ibyangombwa bakajya gukora mu mahanga ariko yihakanye abo barundikazi avuga ko ntaho ahuriye nabo atanabazi, n’ubwo bo bemeza ko ari we wanabaguriye ibiryo ubwo bari bafatiwe ku mupaka.

2016-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023
Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 13 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “
INKURU NYAMUKURU

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze
Amakuru

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Ubwanditsi 22 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru