• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Ubwanditsi 24 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2016, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, herekanywe Abarundikazi batatu bafashwe bagiye gucuruzwa mu muhanga, nyuma yo kwizezwa ibitangaza bakanafashwa kubona ibyangombwa by’inzira.

Aba barundikazi batangarije abanyamakuru ko hari umurundikazi mugenzi wabo wababwiye ko ashaka kubarangira akazi ko mu rugo mu gihugu cya Saudi Arabia, aho yabizezaga ko bazajya babasha guhembwa amafaranga y’amarundi ibihumbi magana atanu (500.000) buri kwezi.

Uwo murundikazi mugenzi wabo bavuga ko yitwa Rehema bakunda kwita Mama Sandra, bemeza ko yabijeje ibitangaza ariko n’ubwo baziranye buri umwe akaba yaramuvugishaga ukwe akanamubwira kubigira ibanga. Buri umwe yamushakiye ibyangombwa by’inzira anamupimisha indwara zose zirimo diyabete, umwijima, SIDA n’izindi, ababwira ko ashaka kureba niba bazabasha gukora akazi neza bafite imbaraga n’ubuzima bwiza.

Igihe cyarageze ababwira ko bazafata imodoka ya Yahoo Express ibazana mu Rwanda, hanyuma abizeza ko nibagera ku mupaka bazabona umuntu ubazi uzabafasha kugera muri Saudi Arabia. Ibyangombwa n’amafaranga y’urugendo byose byakorwaga nta mafaranga bishyuye. Bageze ku mupaka babajijwe n’abapolisi aho bagiye, bavuga ko bagiye muri Saudi Arabia ariko babajijwe uwo bagiye kureba birabayobera, biza gutuma abashinzwe umutekano babagiraho amakenga.

Hagati aho hari umunyakenya witwa Macharia Asman Wachira byaje kugaragara ko nawe bari kumwe, ndetse ko bari baturukanye i Burundi mu modoka imwe ariko batamuzi. Uyu yaje kujya abacira isiri ku mupaka, ngo bavuge ko bagiye i Kampala n’ibindi byo gushaka uko bahikura, ndetse akaba yarabanje no kubavuganira yemera ko bari kumwe, nyuma yabona bikomeye akabihakana nk’uko Polisi ibihamya.

Nyuma yo gukora iperereza, Polisi y’u Rwanda yabonye ko aba barundikazi bari bagiye gucuruzwa mu mahanga aho bashobora kugirwa abacakara, gukurwamo zimwe mu ngingo z’umubiri, gukoreshwa ubusambanyi n’ibindi bibi bitandukanye, ihita ita muri yombi uwo munyakenya bigaragara ko abifitemo uruhare.

-3383.jpg

Aba barundikazi bavuga ko babashutse nabo batazi ibyo aribyo

-3382.jpg

Umutekamutwe

Macharia Asman Wachira, yageze imbere y’abanyamakuru afite amashagaga no kwikanyiza mu buryo busekeje, avuga ko babanza kumuha amazi akabona kuvuga, asaba abapolisi bakuru kumuha abapolisi bamuherekeza n’ibindi bisekeje cyane. Yahakanye ibyo akurikiranyweho, avuga ko we afite ikompanyi iwabo muri Kenya ishakira abantu ibyangombwa bakajya gukora mu mahanga ariko yihakanye abo barundikazi avuga ko ntaho ahuriye nabo atanabazi, n’ubwo bo bemeza ko ari we wanabaguriye ibiryo ubwo bari bafatiwe ku mupaka.

2016-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora

Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwasuye abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwasuye abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubwanditsi 12 Jan 2016
Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Ubwanditsi 10 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye
Mu Rwanda

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Ubwanditsi 17 Apr 2017
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina
INKURU NYAMUKURU

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Ubwanditsi 30 Nov 2019
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura
ITOHOZA

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru