• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 17 Dec 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’ igihugu yo kurwanya jenoside CNLG n’ umuryango IBUKA uharanira inyungu z’ abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bamaganye umwanzuro wa MICT wo kurekura Ferdinand Nahimana na Padiri Emmanuel Rukundo.

Muri iki cyumweru dusoza nibwo umucamanza mu Urwego rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(MICT) rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko rwa Arusha ( ICTR), Theodor Meron yatangaje ifungurwa rya Nahimana na Rukundo.

Aba bombi icyahoze ari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ku Rwanda ICTR cyabahamije ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi. Kuri ubu bari bafungiye mu gihugu cya Mali.

Mu kiganiro yatanze kuwa 16 Ukuboza 2016, mu nama ya 14 y’ Umushyikirano, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene yakomoje ku irekurwa rya Rukundo na Nahimana avuga ko byakozwe mu buryo bunyuranyije n’ amategeko.

Nahimana yakatiwe gufungwa imyaka 30 naho Padiri Rukundo akatirwa gufungwa imyaka 23. Umucamanza Meron watangaje ko bagiye kurekurwa ngo yabishingiye ku kuba buri umwe amaze 2/3 by’ igifungo bakatiwe.

Dr Bizimana yavuze ko hari ibintu bitatu bigomba kwitabwaho mbere yo kurekura umugororwa birimo ‘Uburemere bw’ icyaha yakoze, Kureba niba yarihannye, no kugisha inama guverinoma y’ igihugu aturukamo’

Dr Bizimana yavuze ko irekurwa ry’ abagororwa bahamijwe ibyaha bikomeye ari ikibazo gikomeye.

IBUKA nayo yamaganye irekurwa rya Nahimana na Padiri Rukundo

Prof Jean Pierre Dusingizemungu uyobora IBUKA yavuze ko irekurwa ry’ aba bagabo ritumvikana ndetse ngo ni uguhakana jenoside .

Yagize ati” Ni gute birengagiza ko jenoside ari icyaha gikomeye cyibasiye inyokomuntu? Ni gute babarekura ngo bagaragaje ibimenyetso byo kwikosora? Bigeze se byibuze bicuza ibyaha bakoze? Bafashije se ubucamanza kubona amakuru ajyanye na Jenoside?”

Yakomeje agira ati “Abo bagabo se wenda beretse Isi ko biyemeje kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside? Ibikorwa by’umucamanza Theodore Meron na bagenzi be ntibyumvikana rwose. Ku bwacu ni uguhakana jenoside yakorewe Abatutsi.”

-158.png

Dr Bizimana Jean Damascene na Prof Jean Pierre Dusingizemungu uyobora IBUKA

Imvaho nshya yanditse ko Abantu icumi muri 61 bafatwa nka ba ruharwa bateguye bakanakora Jenoside bakatiwe na ICTR bamaze kurekurwa igihe bakatiwe kitaragera.

Nahimana yahoze ari umwarimu w’amateka muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, ndetse ni we washinzwe radiyo, RTLM, ifatwa kabuhariwe mu kubiba urwango mu banyarwanda, yakanguriraga Abahutu kwica Abatutsi mu gihe cya Jenoside.

Yafashwe mu 1996, muri 2003 ICTR yamuhamije byaha bya Jenoside, ubugambanyi mu gukora Jenoside, gukangurira rubanda gukora jenoside, gutoteza no gutsemba imbaga.

Naho Rukundo, wafashwe mu 2001 yahamijwe ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi no gutsemba imbaga muri Gashyantare 2009.

2016-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Ebola iravuza ubuhuha  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ubwanditsi 09 May 2018
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi
Mu Rwanda

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru